Liverpool itsinze Manchester United yuzuza imikino 39 ya Premier league idatsindwa
Umukino w’umunsi wa 23 wa shampiyona y’Abongereza wahuza Liverpool na Manchester United yari yayisuye, warangiye Liverpool itsinze ibitego 2-0 ikomeza kuyobora iyi shampiyona ya mbere ikunzwe ku isi. Wari umukino ufunguye warimo n’imbaraga ku mpande zombi. Liverpool yakiniraga imbere y’abafana bayo yihariye igice kinini cy’uyu mukino inarema uburyo bwinshi kurusha mukeba, gusa abasore ba Manchester […]
Borneo: Umugore n’umugabo ntibemerewe kujya mu bwiherero no koga mu minsi itatu bamaze gushakana
Borneo ni ikirwa kiri muri Malaysia gihuriweho na leta za Sabah, Sarawak hiyongeyeho Kalimantan ya Indonesia na Brunei. Iki kirwa bagira umuco wihariye ujyanye no gushakana hagati y’umugabo n’umugore, cyane mu bwoko bwa Tidong. Umusore n’umukobwa bashyingirwa mu buryo busanzwe muri iki gihugu ariko nyuma yaho, ntawemerewe kujya kwituma mu byiherero cyangwa se ngo ajye […]
RDC: Bivugwa ko komanda wa FLN, Gen. Irategeka n’abandi 100 baguye mu mutego wa ‘Special Force’
Hari amakuru avuga ko abarwanyi 100 b’umutwe wa FLN urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda baguye mu mutego w’umutwe udasanzwe w’igisirikare kidasanzwe cy’ingabo z’igihugu witwa Hibou Special Force muri teritwari ya Luindi iherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Aya makuru avuga ko aba barwanyi bahanganye na Hibou amasaha agera kuri ane, mu rusaku rw’amasasu y’imbunda ziremereye tariki […]
Haaland wirengagijwe na Man United yatsinze Hat-trick mu minota 20 ya mbere yakiniye Dortmund
Umunya-Norvege, Erling Braut Haaland uheruka gutera umugongo Manchester United akerekeza muri Borussia Dortmund yo mu Budage, yaraye atsinze ibitego bitatu mu minota 20 y’umukino wa mbere yakiniye Dortmund. Mu kwezi gushize ni bwo uyu musore w’imyaka 19 y’amavuko yerekeje muri iyi kipe yo mu Budage, nyuma yo kumugura angana na miliyoni 17 n’ibihumbi 100 by’amapawundi. […]
Abandi barwanyi ba CNRD/FDLR bafatiwe muri Congo bagejejwe mu Rwanda
Abari abarwanyi b’umutwe wa CNRD/FDLR 10 baherutse gufatirwa muri Teritwari ya Mwenga mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo bivugwa ko baba barashyikirijwe u Rwanda tariki ya 17 Mutarama 2020, biyongera ku boherejwe n’imiryango yabo barenga 300 mu mpera z’umwaka ushize . Aya makuru yemezwa n’urwego rw’ubutasi mu karere ka gisirikare ka 33 gaherereye mu ntara ya […]
Aba-Taliban n’Abanyamerika bagiye gusinyana amasezerano y’amahoro
Inyeshyamba z’Aba-Taliban muri Afghanistan na leta zunze ubumwe z’Amerika, bemeranyije gusinya amasezerano yo kurangiza burundu intambara imaze igihe hagati y’impande zombi, akazasinywa bitarenze uku kwezi kwa Mutarama 2020. Ni amakuru yahawe umugisha Suhail Shaheen uvugira aba-Taliban, mu itangazo yahaye ikinyamakuru cyo muri Pakistan cyitwa Dawn, nk’uko ibiro ntaramakuru by’Abafaransa (AFP) byabitangaje. Ni itangazo rigira riti: […]