Abayobozi bakuru bose bigomwe umushahara w’uku kwezi kubera Coronavirus

img-20200405-wa0044.jpg

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe mu Rwanda kuri uyu wa 5 Mata 2020 byatangaje ko abayobozi bakuru bose bigomwe umushahara w’uku kwezi kwa Mata 2020 mu rwego rwo gukomeza kurwanya indwara y’icyorezo ya Coronavirus. Aba bayobozi ni: Abagize guverinoma bose. Abanyamabanga bahoraho. Abayobozi b’ibigo bya leta. Abandi bayobozi bakuru mu nzego z’igihugu. Aba bayobozi bigomwe uyu […]

Rwanda: Habonetse abandi barwayi ba Coronavirus babiri

eu29kfyxgaenl9z.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 5 Mata 2020 yatangaje ko hagaragaye abandi barwayi ba Coronavirus babiri, bamaze kugaragara muri rusange baba 104. Aba bombi ni abatahuwe bahuye n’abagaragayeho iki cyorezo mu Rwanda. Mu bagaragayeho iki cyorezo bose, hasigaye abantu 100 bakirwaye kuko kuri uyu wa 5 Mata, bane bakize basezerewe bataha iwabo mu […]

Apôtre Liliane yatawe muri yombi nyuma yo kubeshya abapolisi

Polisi y’Igihugu yataye muri yombi Umushumba w’Itorero Umusozi w’Ibyiringiro, Apôtre Mukabadege Liliane azira kubeshya abapolisi ko agiye kuri radiyo kandi agiye ku rusengero. Mu itangazo polisi imaze gushyira hanze, ivuze ko Apôtre Liliane bamukurikiranye, basanga yari agiye ku rusengero muri Kimisagara. Uretse no gutabwa muri yombi kandi, imodoka y’uyu mushumba nayo yafatiriwe. Muri iki gihe […]

Chad: Perezida Deby yayoboye igitero cyafatiwemo intwaro nyinshi za Boko Haram-AMAFOTO

Perezida Deby mu myambaro ya gisirikare na ndembo mu kiganza

Perezida wa Chad, Idris Deby, yayoboye ingabo z’igihugu cye mu gitero cyafatiwemo intwaro nyinshi z’umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram. Iki gitero cyiswe Operation Boma Anger” cyagabwe ku wa 02 Mata, amakuru yacyo amenyekana nyuma y’iminsi ibiri kibaye. Ni igitero cyabereye hafi y’ikiyaga cya Chad. Icyorezo gitero cyari kigamije kwihorera nyuma y’icyo Boko Haram yagabye ku […]

Rwamagana: Hari utubari tw’ibigage n’inzagwa tugikora, utundi twimukiye mu ngo

Bamwe utubari batwimuriye mu ngo zabo

Abaturage batuye mu Kagari ka Bwiza mu murenge wa Kigabiro bavuga batewe impungenge n’uko utubari twakomeje gukora kandi Leta yarashyizeho amabwiriza aduhagarika. Mu Midugudu ya Rutonde na Nyakabande ni ho abaturage babwiye umunyamakuru wa Bwiza.com ko ubucuruzi bw’inzoga ziganjemo urwagwa ari ikibazo gishobora kubateza ibyago muri iki gihe basabwe kwirinda icyorezo cya Covid 19. Umunyamakuru […]

Burundi:Umupolisikazi yatwitse umwana wa mukeba we

Umupolisikazi Mukeshima Médiatrice ,ukorera muri komine Buganda ho mu ntara ya Kibitoki,yatwitse umwana wa mukeba we w’imyaka ibiri amusutseho amazi ashyushye. Iri bara ryabaye kuwa 3 Mata 2020, Aho uyu mupolisikazi ku mugoroba w’uwo munsi yari yatonganye na mukeba we bapfa umugabo wabo bivugwa ko ari mu ‘ntwazangabo’ muri iki gihugu. Mukeshimana ngo yinjiye mu […]

Abantu ba mbere bakize Coronavirus mu Rwanda basezerewe mu bitaro

Kuri iki cyumweru tariki ya 5 Mata 2020, abantu bane bagaragayeho bwa mbere icyorezo cya Virusi ya Corona mu Rwanda basezerewe mu bitaro, nyuma y’igihe bari bamaze barwariye ku kigo nderabuzima cya Kanyinya mu karere ka Nyarugenge. Abasezerewe barimo batatu b’Abanyarwanda n’umwe ukomoka mu gihugu cy’u Burundi. Ni nyuma yo gutangariza ikigo cy’igihugu cy’Itangazamakuru, RBA, […]

Dj Miller Yitabye Imana

mill.jpg

Ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki 05 Mata 2020 ni bwo hasakaye inkuru ku mbuga nkoranyambaga ivuga ko umwe mu ba Deejays (abavanga imiziki) wari ukunzwe n’abatari bake hano mu Rwanda, DJ Miller yitabye Imana mu masaha ashize, aguye mu bitaro byitiriwe umwami Faisal. Kugeza magingo aya, amakuru arambuye ku bijyanye n’urupfu rwe ntarajya […]

Ngenzi na Barahira: Abahohotewe batezwe imitego y’ikinyoma

Imyaka 26 irashize, Barahira Tito na Ngenzi Octavien, bigeze gusimburanwa ku buyobozi bwa Komini Kabarondo mu Burasirazuba, bagabye ku batutsi ibitero byo kubarimbura. Hashize hafi imyaka 2 Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris rwemeje burundu uruhare rwabo runabahanisha igifungo cya burundu. Ku bahohotewe, urugendo rugana ku butabera rwaranzwe n’ukuri guke, ndetse n’ibinyoma ku bakabarengeye. Kuva i […]

COVID_19: Amerika yagaragayemo abarwayi barenga 34,000 n’abapfuye barenga 1300 ku munsi

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kuri uyu wa 4 Mata 2020 zagaragayemo abantu bashya banduye icyorezo cya Coronavirus (COVID_19) barenga 34,000, abapfuye bo barenga 1300. N’ubwo Isi yose itewe impungenge n’iki cyorezo, Abanyamerika basa n’abatorohewe bitewe n’imibare iri hejuru cyane y’abanduye iki cyorezo iri kugaragarayo kuva mu mpera za Werurwe kugeza ubu ngubu. Tariki ya 2 […]