Rwanda: Abamaze gukira Covid-19 bageze kuri 49

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 14 Mata 2020 yatangaje ko abandi bantu 7 bakize indwara y’icyorezo ya Covid-19, abamaze gukira bose hamwe bageze kuri 49. Ni mu gihe iyi Minisiteri yatangaje kandi ko habonetse abandi barwayi b’iki cyorezo 7, biyongera ku bandi 127 bari bamaze kugaragara mbere yaho. Aba barwayi bashya baonetse mu […]
Goma/Bukavu: Abayoboke ba Kamerhe mu myigaragambyo ikomeye batitaye kuri Coronavirus

Mu mijyi ya Goma na Bukavu muri Kivu zombi, mu burasirazuba bwa Congo, kuri uyu wa Kabiri, itariki 14 Mata hadutse imyigaragambyo y’abayoboke b’ishyaka rya UNC basabaga gufungura byihuse umuyobozi wabo, Vital Kamerhe, kuri ubu ufunze arimo gukorwaho iperereza ku ikoreshwa ry’amafaranga yari agenewe “Gahunda y’Iminsi 100” ya Perezida Felix Tshisekedi yo guhangana n’icyorezo cya […]
Museveni yongereye guma mu rugo, mu Rwanda na ho hari ibyago by’uko yakongerwa
Perezida Yoweri Kaguta Museveni yongereye igihe cya gahunda yo kuguma mu rugo ku baturage ba Uganda, mu gihe Abanyarwanda na bo bafite ibyago byinshi by’uko Guverinoma ishobora kongera iki gihe. Perezida Museveni mu ijambo yagejeje ku Banya-Uganda ku manywa yo kuri uyu wa kabiri, yababwiye ko gahunda ya guma mu rugo yongeweho ibyumweru bitatu, uhereye […]
Idini, ukuboko kw’iburyo k’ubukoloni
Mu Rwanda umubare munini w’abaturage barwo ni abayoboke b’amadini, yaje mu Rwanda avuga ko aje kwigisha inkuru nziza ya Yezu Kristu, kwigisha urukundo no kuzana urumuri n’umucyo mu bantu. N’ubwo avuga ko ari icyo cyayazanye ariko iyo urebye umusaruro wayo mu mibereho, imigirire n’imibanire y’abantu usanga mu myaka isaga 120 ayo madini amaze mu Rwanda […]
Musanze: Hasanzwe umusaraba mu isambu y’uwarokotse jenoside
Mu isambu ya Nizeyimana Jacques warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, iri mu Mudugudu wa Rugeshi mu Kagari ka Bukinanyana, Umurenge wa Cyuve ho mu Karere ka Musanze, mu gitondo cyo kuwa 12 Mata 2020, hasanzwe Umusaraba ndetse n’ibihingwa birimo insina n’amasaka byaranduwe. Abaturage bo mu gace byabereyemo baganiriye na TV1 bavuga ko ” Iki […]
Gasabo: Umukobwa arakekwaho kubyara umwana akamuta mu musarani
Umukobwa witwa Devota Useguwenimana wakoraga akazi ko mu rugo mu Mudugudu wa Gisasa, Akagari ka Ngara mu Murenge wa Bumbogo, arakekwaho kubyara umwana akamuta mu musarani. Umwe mu baturage bo muri uyu mudugudu yatangarije Bwiza.com ko Useguwenimana bikekwa ko yataye uwo mwana w’umuhungu mu musarani mu ijoro ryakeye kuko abakoresha be babimenye mu gitondo. Uyu […]
Umurinzi wa Perezida Kenyatta yatawe muri yombi azira gusuzugura General
Mu ijoro ryo ku cyumweru ku wa 12 Mata, umwe mu barinzi ba Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya, yatawe muri yombi na Polisi ya kiriya gihugu nyuma yo gushwanira ku muhanda n’umwe mu basirikare bakomeye. Amakuru avuga ko uwo musirikare yatawe muri yombi akanamburwa imbunda yari afite, ariko ntafungwe igihe kirekire nyuma y’amabwiriza yatanzwe n’umuyobozi […]
RBC yasubije abibaza niba raporo ya Covid-19 itabamo amabanga
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), Dr. Nsanzimana Sabin kuri uyu wa 13 Mata 2020 , yasubije abibaza kuri raporo zitangwa na Minisiteri y’Ubuzima zivuga ku mibare mishya ku cyorezo cya Covid-19 abaturage bavuze ko ishobora kuba ibamo ibanga ryashyira ubuzima bwabo mu kaga. Kuva umurwayi wa mbere wa Covid-19 yemezwa mu Rwanda tariki ya 14 […]
Hon. Sebaba: Covid-19 izahangura ingoma z’ubutegetsi
Iki cyorezo kiyogoje Isi kitigeze kibaho kuva yaremwa kimaze kugarika ingogo ku buryo kitazasiga n’ingoma z’ubutegetsi. Ubu twandika iyi nkuru, umubare w’abamaze guhitanwa nacyo umaze kurenga 119,000. Isi yose iri mu marira, abahanga, abashakashatsi, abaganga, abakomeye n’abihaye Imana bose barashobewe bakiburiye igisubizo. Abategetsi hose ibintu byarabarenze birirwa ku ma radiyo n’amatelevisiyo bavuga ubutumwa bumwe ku […]
Gen. Tumukunde yangiwe kuburana yidegembya
Uwahoze ari Minisitiri w’Umutekano wa Uganda Rtd. Lt. Gen. Henry Tumukunde, yangiwe kuburana ari hanze ku bw’impamvu ebyiri zatangajwe n’umucamanza. Televiziyo ya NTV itangaza ko izi mpamvu ari ukuba ” Hari amabwiriza yo kudakora ingendo muri ibi bihe bya Coronavirus ndetse no kuba yatanze abishingizi bakwizerwa.” Ni urubanza kuri ubu rukomeje kubera mu Rukiko rwa […]