Hon. Sebaba aratanga ingamba yarimbura burundu COVID-19
Bakunzi banjye dusangiye ibibazo, ntimugire ngo maze igihe nicariye ubusa kuva iri shyano ngo ni Corona ryagwirira isi. Abaganga, abakomeye, abanyabwenge, bose ubu ntawe uryama, nta n’ugiheka. Baba bo nanjye ntisize, turabaza Imana, tukabaza ubwonko, tukabaza n’umutima ku cyakorwa ngo tuve mu bihe bibi turimo. Ubwo ari mwe mugiye kumbaza muti: Ese noneho Sebaba uteye […]
Tanzania yatangaje abarwayi bashya ba Coronavirus 35 mu munsi umwe
Minisiteri y’Ubuzima muri Tanzania yatangaje ukwiyongera gukabije kw’abantu bagaragaye icyorezo cya Coronavirus (Covid-19), aho ibipimo byafashwe tariki ya 14 n’iya 15 Mata 2020 byagaragaje abarwayi bashya 35. Imibare iheruka yagaragaje ko iki gihugu cyari kimaze kugaragaramo abanduye 53. Imibare dukomora mu itangazo ry’iyi Minisiteri igaragaza ko aba barwayi bashya bose bafite ubwenegihugu bwa Tanzania, 26 […]
Mu Rwanda hagaragaye abantu babiri banduye COVID-19 uyu munsi
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda iratangaza ko wa gatatu tariki 15 Mata 2020 hagaragaye abandi bantu 2 barwaye Coronavirus, mu bipimo 923 byafashwe mu masaha 24 ashize. Ibi byatumye umubare w’abagaragayeho Coronavirus mu Rwanda ugera kuri 136 (muri aba 54 bakaba barakize, barimo 6 bakize mu masaha 24 ashize). Minisante ivuga ko abo byatahuwe ko bahuye […]
Kenya: Uzafatwa atambaye agapfukamunwa azafungwa amezi 6
Umuyobozi Mukuru w’Igipolisi cya Kenya, IGP Hillary Mutyambai kuri uyu wa 15 Mata 2020 yatangaje ko umuntu uzafatirwa mu ruhame atambaye agapfukamunwa muri ibi bihe byo kwirinda icyorezo cya Covid-19, azakatirwa ibihano birimo igifungo cy’amezi atandatu. Iri ni itegeko ryemejwe n’Umushinjacyaha Mukuru tariki ya 6 Mata 2020. Rivuga ko uza umuntu wese uzafatwa atambaye agapfukamunwa […]
Imibare igaragaza icyuho gikomeye mu gihe Amerika yahagarika inkunga n’umusanzu wayo muri WHO

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump yategetse ko inkunga n’umusanzu iki gihugu gishyira mu Muryango Mpuzamahanga wita ku buzima (WHO/OMS) bihagarara. Ibi byatera impagarara ku bihugu bituye Isi cyane cyane ibikennye n’ibyugarijwe n’ibyago bitewe n’uko iki gihangange mu bihugu gisa n’aho ari cyo gihatse uyu muryango. Guhagarika iyi nkunga [bibanza kwemezwa cyangwa bikavuguruzwa […]
Operasiyo El Dorado Canyon: Col. Kadhafi yohererejwe indege 45 zo kumurimburana n’abe, zibundikira ubusa

Tariki ya 15 Mata 1986 ni bwo Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zakoze Operasiyo yari kwitwa simusiga ku ibwiriza rya Ronald Reagan wari Umukuru w’Igihugu, zohereza indege 45 muri Libya ngo zirimbure Col. Muammar Kadhafi n’umuryango we ariko zibundikira ubusa. Col. Kadhafi yari yarafashwe nk’icyigomeke ku bihugu bikomeye ku Isi, rimwe na rimwe ashinjwa kohereza ibyihebe […]
Uyu munsi : Umunyafurika yemerewe gukina umukino wa mbere muri Baseball
Umunyafurika wa mbere wabaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Jackie Robinson, kuwa 15 Mata 1947 ni bwo yemerewe gukina umukino wa mbere wa Baseball muri shampiyona nkuru nyuma y’imyaka 50 abirabura batemerewe gukandagira mu kibuga. Robinson wari ufite imyaka 28 icyo gihe, yakanadagiye mu kibuga cya Ebbets muri Brooklyn mu mukino wahuje ikipe ye […]
Hon. Sebaba ni muntu ki? Bimwe mu byo wamumenyaho
Ku bakunzi n’ abanzi kuko burya bombi babaho mu buzima, Hon. Sebaba agiye kwivuga ariko bitari kinyamwuga kuko burya umwuga utabimwemerera. Muramwihanganire akore ikosa kandi agiye kurikora arizi kuko akiri ku ntebe y’ishuli bamubwiye ko kizira kwiyandikaho no kwivugaho mu nkuru, ibyo bita kwiyicaza mu nkuru, n’ubwo mu muco nyarwanda byemewe kwivuga. Si ngiye gutandukira […]
Musenyeri Gérald Mulumba wari se wabo wa Tshisekedi yitabye Imana
Musenyeri Gérard Mulumba wari ukuriye abarinda urugo rwa Perezida wa Repibulika iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi akaba na se wabo, yitabye Imana kuri uyu wa gatatu. Amakuru avuga ko Mulumba usanzwe ari umuvandimwe wa nyakwigendera Étienne Tshisekedi yaguye i Kinshasa, akaba yari arwaye Coronavirus. Inkuru y’urupfu rwe yemejwe n’abagize umuryango we.Musenyeri Mulumba witabye […]
Uganda: Leta yahagaritse guha abaturage ibiribwa kubera ibura ry’ibishyimbo
Leta ya Uganda yanzuye ko igiye kuba ihagaritse gutanga ibyo kurya ku baturage bari muri gahunda ya Guma mu Rugo mu Mujyi wa Kampala kuko ibishyimbo byabaye bike. Iki cyemezo gifashwe mu gihe abatuye muri diviziyo eshanu zigize Umujyi wa Kampala ndetse no mu nkenegero zawo bari baherutse gutangaza ko ibiribwa byatinze kubageraho. Ni gahunda […]