Rwanda: Nta murwayi wa Coronavirus wagaragaye, abakize biyongereye

img-20200420-wa0035.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 20 Mata 2020 yatangaje ko nta murwayi mushya w’icyorezo cya Coronavirus (Covid-19) wagaragaye. Yatangaje kandi ko hakize abandi bantu bane, abamaze gukira bose hamwe baba 80. Mu bagaragayeho iki cyorezo bose uko ari 147, basigaye 67 kandi bari koroherwa gusa ngo harimo umwe uri kongererwa umwuka kugira ngo […]

Uganda ni nk’uruziramire rusinziriye: Perezida Museveni

Umuriro urugomero rw'uruzi rwa Nalubaale rwagaburaga wari warabuze bitewe n'ibi byatsi

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni kuri uyu wa 19 Mata 2020 yagereranyije igihugu cye n’uruziramire rusinziriye rukanguka iyo hari ikirusagarariye mu gushaka kugaragaza uburyo bihutira guhangana n’ibibazo bigaragaye. Ubu butumwa bwari mu ijambo yageneye Abagande kuri uwo munsi, avuga ku buryo abahanga bo muri Minisiteri y’Imirimo ndetse n’ingabo z’igihugu zashoboye gukura ibyatsi byavuye ku kirwa […]

Rubavu: Bamwe mu baturage ntibakozwa ibyo kubabuza kugurisha imitungo yabo

Bamwe mu baturage mu Karere ka Rubavu bavuga ko umutungo utimukanwa w’umuntu ari wo umugoboka igihe bibaye ngombwa bityo ko batemeranya n’ubuyobozi bw’Akarere bubuza ushaka kuwugurisha ngo arengere abe muri ibi bihe bya guma mu rugo hirindwa Coronavirus. Bwiza.com kuwa 19 Mata yabagajejeho inkuru ifitwe ugira uti ” Rubavu: Nta wemerewe kugurisha imitungo ye muri […]

Gicumbi: Abantu batandatu bishwe n’inkangu

Imvura yaguye ku cyumweru tariki ya 19 Mata, yateye inkangu zahitanye abantu batandatu bo mu karere ka Gicumbi. Ni amakuru yemejwe na Ndayambaje Felix uyobora akarere ka Gicumbi, mu kiganiro na The New Times. Ndayambaje yagize ati” Akarere ka Gicumbi kababajwe no gutangaza urupfu rw’abaturage batandatu bako bishwe n’inkangu zatewe n’imvura nyinshi yaguye mu bice […]

Perezida wa Brasil yagiye mu myigaragambyo ya guma mu rugo

2020_04_20_93200_1587345102._large.jpg

Perezida w’igihugu cya Brasil, Jair Bolsonaro yiyunze ku magana y’abaturage bigaragambya bamagana umwanzuro wafahswe na ba guverineri b’uduce tugize iki gihugu wo kuguma mu rugo hirindwa Coronavirus. Perezida Bolsonaro ku Cyumweru tariki 19 Mata 2020, yari mu bigarambya ari kumwe n’abamurinda. Yabwiye abaturage ko ” Ari kumwe nabo kuko yemera ibitekerezo batanga ku kibazo cyo […]

Nigeria: Bamwe mu baturage batangiye kurya imbeba kubera Coronavirus

Umuyobozi w’abaturage gakondo ba Biafra muri Nigeria, Nnamdi Okwu Kanu avuga ko bamwe mu baturage bo mu bwoko bw’Abayoruba batangiye kurya imbeba kubera kuguma mu rugo birinda kwandura Coronavirus ariko bakabura ibiribwa. Iyi mpirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu ivuga ko Abayoruba batangiye kurya imbeba kubera inzara. Uyu mugabo w’imyaka 52 ati ” Uko twaryaga imbeba mu […]

Ubumwe bw’Abanyarwanda mbere y’umwaduko w’amadini

umwami.jpg

Mu nyandiko za Bibiliya mu gitabo cy’Intangiriro umutwe wa 11 umurongo wa mbere kugeza ku murongo wa munani, havuga iby’igitekerezo cy’umunara w’ibaberi bavuga ko hari abantu bari batuye hamwe bavuga ururimi rumwe basangiye intego n’icyerekezo cyabo, nyuma ngo baje kugira igitekerezo cyo kubaka umunara muremure ugera ku bicu kugira ngo babashe kumenyekana ku Isi yose […]

Madagascar: Umukuru w’Igihugu yatangaje ko bagiye kumurika umuti wa COVID-19 bakoze

Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina, yatangaje ko igihugu cye cyateye intambwe y’ibanze mu rugamba rwo gushaka umuti w’icyorezo cya Virusi ya Corona. Ni amakuru Perezida Rajoelina yemeje abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, aho yavuze ko uyu muti ukoze mu bimera gakondo byo muri kiriya gihugu uza kumurikwa kuri uyu wa mbere. Perezida Rajoelina yagize […]

Imirwano yubuye hagati ya Gen. Haftar na Leta ya Libya

Imirwano hagati ya Gen. Khalifa Haftar na Leta ya Libya yemewe n’Umuryango Mpuzamahanga (GNA) yarubuye mu minsi ibiri ishize mu gace ka Tarhouna mu bilometero 88 uvuye mu majyepfo y’Umujyi wa Tripoli. Imirwano yatangiye kuwa Gatandatu tariki 18 Mata ubwo Ingabo za Leta zagabaga igitero zigamije kwisubiza Umujyi wa Tarhouna wari mu maboko y’abarwanyi ba […]