Rwanda: Habonetse abarwayi bashya ba Covid-19 batatu, abakize biyongereye

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 21 Mata 2020 yatangaje ko hagaragaye abandi barwayi bashya ba Coronavirus (Covid-19) batatu mu bipimo 1449 byafashwe. Habonetse abantu bashya bakize bane, abamaze gukira muri rusange baba 84. Iyi mibare mishya yatumye abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu bagera ku 150. Abasigaye batarakira ni 66, harimo umwe […]
Inama ya Commonwealth (CHOGM 2020) yari kuzabera mu Rwanda yasubitswe
Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) kuri uyu wa 21 Mata 2020 bwatangaje ko inama yawo ihuza abakuru b’ibihugu na guverinoma yari kuzabera mu Rwanda yasubitswe kubera icyorezo cya Coronavirus (Covid-19). Umunyamabanga mukuru, Hon. Patricia Scotland yavuze ko ibi ari ibihe bikomeye, aho abantu bapfuye, ubukungu bugahungabana ndetse n’ubuzima bukarushaho kuba bubi. Umwanzuro […]
Meddie Kagere arifuzwa na Levante yo muri Espagne
Gakumba Patrick ukurikirana inyungu za rutahizamu Meddie Kagere ukinira Simba SC yo muri Tanzania ndetse n’ikipe y’igihugu Amavubi, yatangaje ko uyu rutahizamu yifuzwa n’ikipe ya Levante yo mu kiciro cya mbere muri Espagne. Gakumba Abanyarwanda bazi nka Super Manager, yavuze ko Levante yabengutse Kagere ubwo yakinaga umukino wa gicuti wahuje Simba SC na Sevilla FC […]
Umuhungu yaranyanze ngo mama asa nabi-Umukobwa w’i Muhanga
Umukobwa Charlotte Mukamana (amazina yahinduwe nk’uko yabisabye) avuga ko yanzwe n’umusore bakundanaga ubwo yakubitaga amaso nyina umubyara. Muakamana yanditse ubutumwa bwe kuri info@bwiza.com avuga ko atuye muri umwe mu mirenge yo mu Karere ka Muhanga. Avuga ko ” Yakundanye n’umusore uvuka mu Ruhango kuko na we ari ho yakoreraga. Baje gutandukana bitewe n’umwanda wa nyina […]
Burundi:Abandi bantu batanu basanganywe Coronavirus
Minisiteri y’Ubuzima mu Burundi kuri uyu wa Kabiri yatangaje ko hari abandi bantu batanu bagaragaweho covid-19, mu bipimo 198 byafashwe ku bantu bari bamaranye iminsi n’abandi batanu bari baherutse gusanganwa iyi virusi. Muri iri tangazo uru rwego rw’ubushakashatsi rukomeje kudatangaza amazina y’abasanganwe ubu bwandu, ruvuga ko hazakomezwa gushakishwa abantu baba barahuye n’abanduye, mu rwego rwo […]
Amakipe atanu ni yo yonyine agihemba abakinnyi bayo mu Rwanda
Icyorezo cya Virusi ya Corona gikomeje gushegesha isi, cyatumye amakipe menshi muri shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda ahagarika by’agateganyo amasezerano y’abakozi bayo guhera mu ntangiriro za Mata. Amakipe arimo Musanze FC, Espoir FC, Rayon Sports na Bugesera ni yo yamaze gutangaza ku mugaragaro ko yahagaritse by’agateganyo amasezerano y’abakozi bayo. Ni nyuma yo gusanga abo […]
Nyamasheke: Umugabo yicishije umugore we icyuma arangije arimanika
Umugabo witwa Harelimana Eric, w’imyaka 37 wari utuye mu kagari ka Gakenke mu murenge wa Rangiro mu karere ka Nyamasheke , aravugwaho kwica umugore we witwa Nyirahabimana Immaculée w’imyaka 25 y’amavuko, yamwishe amuteraguye ibyuma yarangiza na we akimanikisha igitenge. Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Gakenke Uwamahoro Francine, yabwiye Bwiza.com ko byabereye mu mudugudu wa Rwasa , […]
Nigeria: Hadutse agatsiko kitwa One Million Gang kiba kakanafata abagore ku ngufu
Hadutse agatsiko k’abasore biyita ‘One Million Gang’ mu Mujyi wa Lagos ryiba, rikanafata abagore ku ngufu muri ibi bihe bya Coronavirus. Iri tsinda ryashinzwe hagamijwe gukora ibikorwa by’ubujura rigizwe n’abantu 20 mu gace ka Agejunle. Aba basanzwe biba i Lagos no mu duce tuhakikije. Muri ibi bihe bya Coronavirus, abagore baribasiwe muri Nigeria aho insoresore […]
Umuhanuzi TB Joshua yavuze ko atasengera abarwaye Covid-19
Icyamamare mu bahanuzi muri Nigeria, Temitope Balogun Joshua uzwi ku izina ry’impine nka TB Joshua yasobanuye impamvu adasengera abantu banduye indwara y’icyorezo ya Coronavirus (Covid-19) Isi. Ni kimwe mu bisubizo uyu muhanuzi yasubije mu kiganiro yagiriye kuri Emmanuel TV tariki ya 5 Mata cyagiye ahagaragara ejo tariki ya 20 Mata 2020. TB Joshua yasabwe kugira […]
‘Inyange Muhorakeye’, indirimbo Kayirebwa yatuye umwamikazi Rozaliya Gicanda
Umuririmbyi Cecile Kayirebwa uri kuruhembo mu njyana gakondo, afite indirimbo yise ‘Inyange Muhorakeye’ iha icyubahiro Rozaliya Gicanda, umwamikazi wa nyuma w’u Rwanda wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni indirimbo Kayirebwa avuga ko yahimbye afite imyaka 20 y’amavuko, gusa atangaza ku mugaragaro ku wa 20 Mata 2020 ubwo hibukwaga imyaka 26 ishize Umwamikazi Gicanda amaze yishwe. […]