Magufuli aribaza ku byuma bipima Covid-19 byagaragaje ko n’ipapayi yanduye iki cyorezo

Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli ntashira amakenga ibyuma byo muri laboratwari y’igihugu bipima abanduye indwara y’icyorezo ya Covid-19 mu gihe bakoze igenzura bagasanga n’ipapayi yaranduye, bitandukanye n’ubushakashatsi bwakozwe ndetse bukemezwa n’inzego zirimo Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima, WHO. Mu gihe gito, iki gihugu cyavuzwemo umubare munini w’abanduye Covid-19 aho ubu kimaze kugaragaramo 480 ndetse […]

Kubura uburere kwa bamwe ni wo muzi w’ibibazo bitwugarije

Muri iki gihe twumva kandi tubona ibikorwa n’imvugo binengwa na benshi , ni ibikorwa usanga binyuranye n’imigirire ikwiriye mu muryango mugari kandi ni ibikorwa bikorwa mu ngeri zose, muri iki gihe kandi u Rwanda rwugarijwe n’ibibazo bitandukanye nk’inda ziterwa abangavu, uburara no kunywa ibiyobyabwenge cyane mu rubyiruko, imikorere mibi y’abakozi n’abakoresha mu nzego za leta […]

Inzoga y’abagabo, imfukamo n’icyiru: Amagambo yakoreshwaga mu Rwanda rwo ha mbere

Bwiza.com imaze iminsi ibagezaho zimwe mu nkuru zigaruka ku muco w’abakurambere bacu, wabayeho ubu ukaba ukendera bitewe n’impamvu zitandukanye zirimo iterambere muri rusange, amadini n’amategeko y’igihugu. Muri iyi nkuru ho turagaruka ku magambo agaragara ku mutwe wayo nibisobanuro byaryo. Turabanza kwisegura aho bitaza gusobanurwa neza bishingiye ku buryo aho uherereye, aho wavukiye n’aho wakuriye kuko […]

Magufuli yatangaje ko yasabye Madagascar ku muti wa Covid-19 yakoze

Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli, yatangaje ko ateganya kohereza muri Madagascar indege yo kwikorera umuti wa Covid-Organics Perezida Andry Rajoelina yemeje ko uvura icyorezo cya Covid-19. Perezida Magufuli yabitangaje kuri iki cyumweru tariki ya 03 Mata, ubwo yari ayoboye umuhango w’irahira rya Dr Mwigulu Nchemba uheruka kugirwa Minisitiri ushinzwe itegeko nshinga n’andi mategeko. […]

Ubwisanzure bw’itangazamakuru mu Rwanda; ingingo itavugwaho rumwe

Tariki ya 3 Gicurasi ni umunsi Isi yose yahariye Ubwisanzure bw’Itangazamakuru, kuva mu bihe bya mbere, u Rwanda ruza mu myanya y’inyuma ku rutonde rw’ibihugu byubahiriza ihame ry’ubwisanzure bw’itangazamakuru rusohorwa n’umuryango w’abanyamakuru batagira umupaka, RSF (Reporteurs Sans Frontières) buri mwaka, iyi ngingo igateza impaka mu gihugu ; inzego nka RMC (Rwanda Media Commission), MHC (Media High […]

Perezida Nkurunziza ntiyemeranya n’abavuga ko kwirinda kwegerana birinda Covid-19

Ubwo yizihizaga Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo n’Abarundi, Perezida Pierre Nkurunziza yavuze ko abavuga ko kwirinda kwegerana birinda icyorezo cya Coronavirus (Covid-19) babeshya kuko Imana itabirimo, byose ntacyo byamara. Ni ubutumwa yatanze ubwo yafataga ijambo, amaze guha ishimwe umukobwa we muto, Nkurunziza Dorcas [w’imyaka 12 y’amavuko] nk’urugero rw’uko ushaka gushimira abakoze neza wahera mu muryango. Amaze kumuhemba, […]

Rubavu: Yagiye mu bitaro nyuma yo gutema umwe mu bo yagurishije inka

91e22806-16cf-42d7-af5b-8e77344ee345_-_copy.jpg

Umugabo wo mu Murenge wa Nyakiriba witwa Sebarabona Theoneste yatemye mu mutwe mugenzi we, Ndayambaje Kazungu yari yaragurishije inka ndetse na we arikomeretsa bituma bombi bajyanwa mu bitaro. Sebarabona w’imyaka 40 watemye Ndayambaje w’imyaka 43, nk’uko umwe mu baturage yatangarije Bwiza.com ko ibi byaturutse ku mvururu zo kuba yari yaragurishije inka abantu babiri batandukanye ndetse […]

Musanze: Umunyamafaranga yakubise agira intere abaturage batatu yaketse ko bamwise “sha”

Abagabo batatu; Marcel Twagirayezu, Jean de Dieu Zirunguye na Gasaza batuye mu Kinigi mu Karere ka Musanze, bavuga ko bakubiswe n’uwo bita umunyamafaranga, Marcel Twizerimana wari uketse ko bamwise “sha” ikintu ngo afata nko kumusuzugura. Aba baturage baherutse gutangariza TV1 ko Twizerimana yabategeye mu nzira akabahondagura afatanyije n’abakozi be, nyuma y’uko yari aketse ko bamwise […]