Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse abanduye 11 n’abakize 6

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 19 Gicurasi 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 11 banduye Covid-19 mu bipimo 1217 byafashwe. Abakize iki cyorezo bageze kuri 209 barimo 6 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 308, abantu 99 ni bo bakirwaye.
Perezida Trump amaze ibyumweru bibiri anywa imiti ya Malaria mu kwikingira Covid-19
Perezida Donald Trump yatangaje ko amaze ibyumweru bibiri anywa imiti ivura malaria mu rwego rwo kwikingira icyorezo cya Covid-19. Ibi yabibwiye itangazamakuru mu ngoro ye ya White House aho yavuze ko umuti wa Hydroxychloroquine usanzwe uzwiho kuvura indwara ya Malaria ari wo umufasha kwikingira iki cyorezo. Ni mu gihe ikigo gishinzwe iby’imiti n’imirire muri Leta […]
Amagambo n’ibikorwa abakobwa b’ubu bifashisha bareshya abahungu
Nk’uko bisanzwe bivugwa hanze aha ngo umuco wo kureshya abagabo bikozwe n’igitsina gore si ibintu by’i Rwanda, nyamara benshi mu rubyiruko rw’ubu, rwagaragaje ko ahubwo ari bimwe mu bitanga amahirwe yo kubona inshuti ikwiyumvamo nawe uyiyumvamo. Bwiza.com yagerageje kubakusanyiriza bimwe mu bikorwa ndetse n’amagambo akunze kwifashishwa n’abakobwa mu kureshya abagabo. Kwiyitaho ku mubiri Ibi ntibivuze […]
Tanzania yongeye kwanga kwitabira inama ya EAC ivuga kuri Covid-19
Igihugu cya Tanzania kuri uyu wa kabiri, cyongeye kwanga kwitabira inama y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yiga kuri Covid-19, nyuma yo kutagaragara no mu yindi nka yo iheruka guhuza abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango. Mu cyumweru gishize ni bwo abakuru b’ibihugu bya EAC barimo Paul Kagame w’u Rwanda, Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Uhuru Kenyatta wa […]
Kabuga yagejejwe imbere y’ubushinjacyaha acungiwe umutekano udasanzwe

Kuri uyu wa kabiri umunyemari Kabuga Felicien ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yagejejwe imbere y’ubushinjacyaha bw’Ubufaransa nyuma y’iminsi itatu afatiwe muri iki gihugu. Amwe mu mafoto yafashwe yerekana imodoka yari itwaye Kabuga ubwo yerekezaga ku rukiko, icungiwe umutekano udasanzwe na Polisi y’Ubufaransa. Ni na ko byagenze akigezwa ku rukiko, kuko hose hari hazengurutswe […]
Lesotho: Minisitiri w’Intebe ushinjwa kwica umugore we yeguye ku mirimo ye
Minisitiri w’intebe wa Lesotho, Thomas Thabane ushinjwa kwica uwari umugore we, yatangaje ko yeguye ku mirimo ye nyuma y’igihe yari amaze ku gitutu cy’abamusabaga kwegura. Mu ijambo yagejeje ku baturage ba Lesotho ryatambutse kuri Televiziyo y’igihugu, yavuze ko igihe cye cyo gusezera burundu muri Politiki kigeze, nyuma y’imyaka myinshi yari amaze ari umuyobozi muri kiriya […]
Rwamagana: Cyamunara y’urusengero yateje impaka hafi yo kurwana

Ni cyamunara yabereye mu MUdugudu wa Nyirabuhene, AKagari ka Gishore mu Murenge wa Nyakariro mu Karere ka Rwamagana, aho umuhesha w’Inkiko w’Umwuga, Ingabire Uwayo Lambert yatezaga mu Cyamunara umutungo w’Itorero Agape Sanctuary Church ariko haza kugaragara rwiyemezamirimo, Ndagijimana Jean wavugaga ko uyu mutungo uri mu maboko ye. Ku wa Gatanu tariki ya 15 Gicurasi 2020 […]
Amerika yahaye OMS igihe ntarengwa cyo guhindura imikorere cyangwa ikayisezeramo
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yoherereje ibaruwa umuyobozi wa OMS, Dr Tedros Adhanom Gyebreyesus amubwira ko uyu muryango nudahindura imikorere mu gihe cy’iminsi 30, Amerika izahagarika burundu inkunga yawuhaga ndetse igahita yivanamo nk’umunyamuryango. Perezida Trump yakunze kunenga imikorere y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) kuva watangira kuyoborwa na Dr Tedros […]
Israël: Umugezi wose wahindutse amaraso-Amafoto

Umuryango wigenga ushinzwe kubungabunga ibidukikije muri Israël wagaragaje impungenge utewe n’umugezi nyaburanga wa Nahal Alexander ukomeje guhinduka amaraso. Hashize igihe abafotozi bakorera ibitangazamakuru bitandukanye muri iki gihugu bashyira hanze amafoto y’uyu mugezi. Bitekerezwa ko wanduzwa n’ibikorwa by’ububazi bikorerwa ku butaka bwa Palestine; igihugu gihanganye na Israël igihe kirekire. Igitangazamakuru Times of Israel kiti: “Amaraso, amababa […]
Sudani y’Epfo:Riek Machar n’umugore we basanzwemo coronavirus
Amakuru yamenyekanye ejo kuwa 18 Gicuransi 2020 avuga ko Visi Perezida wa Sudani y’Epfo Riek Machar n’umugore we Angelina Teny ibipimo byagaragaje ko bamaze kwandura virusi ya covid-19. Riek Machar ibi yabitangaje kuwa Mbere yemeza ko we n’umugore we na we uri muri Minisiteri y’Umutekano bombi basanganywe coronavirus bakaba barayandujwe n’abakozi b’urwego rukuru rushinzwe guhashya […]