Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse abanduye 6 n’abakize 7

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 20 Gicurasi 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 6 banduye Covid-19 mu bipimo 982 byafashwe. Abakize iki cyorezo bageze kuri 216 barimo 7 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 314 abantu 98 ni bo bakirwaye.

Samson Babuwa yerekeje muri Kiyovu Sports

Umunya Nigeria Samson Babuwa wakiniraga ikipe ya Sunrise yo mu karere ka Nyagatare, yamaze gutandukana na yo burundu yerekeza muri Kiyovu Sports. Uyu mugabo ukina asatira izamu yari yaramaze gusezera abayobozi n’abakunzi ba Sunrise yari amaze imyaka ine akinira, icyari gisigaye kikaba cyari kumenya ikipe nshya agomba kwerekezamo. Amakuru avuga Babuwa yasinyanye na Kiyovu Sports […]

Nyaruguru: Mu byumweru 2 gusa hafashwe abagoronome batatu bakekwaho kunyereza imbuto n’ifumbire

Kuri uyu wa 19 Gicurasi mu ijoro, hafashwe Nyandwi Joseph, agoronome w’umurenge wa Kivu, mu karere ka Nyaruguru, ahita ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB. Abaye agoronome w’umurenge wa 3 ukurikiranyweho icyo cyaha nyuma y’uwa Nyabimata wafashwe kuwa 16 n’uwa Ruheru wafashwe kuwa 6 Gicurasi. Umuyobozi w’akarere ka Nyaruguru, Francois Habitegeko yemeye ibyaya makuru y’itabwa muri […]

Mu rugo kwa Ali Kiba haravugwa umwuka uca amarenga ya gatanya

Umugore w’isezerano w’umuhanzi Ali Kiba, Amina Khaleef, yariye karungu nyuma y’imyitwarire idasanzwe ari kubona ku mugabo we ndetse n’ibimaze iminsi bimuvugwaho birimo gukururana n’abandi bagore nka Mobetto, Diva the boss n’abandi. Amina Khaleef ni umwe mu bizungerezi binyeganyeza imbuga nkoranyambaga nka Instagram, bisa n’aho umugabo we afite abandi bagore bamuraje ishinga nta mwanya afite wo […]

Bisi ya Rayon Sports yafatiriwe kubera kunanirwa kwishyura umwenda wayo

Kuri uyu wa Gatatu Kompanyi ya Akagera Business Group yari yagurishije imodoka ya Rayon Sports yayifatiriye nyuma y’uko iyi kipe inaniwe kwishyura amafaranga arenga miliyoni 36 z’amafaranga y’u Rwanda yari yasigayemo nk’umwenda wayo. Iyi bisi ya Rayon Sports yo mu bwoko bwa Foton AUV, yari yayiguze akayabo k’agera kuri miliyoni 100 mu Ugushyingo 2018 ku […]

Nasanze umukobwa dukundana ari gusomana n’undi musore- Nkore iki?

Yatwanditse yifuza ko wamufasha kumugira inama nyuma y’ibibazo yahuye nabyo mu rukundo ndetse ahamya adashidikanya ko inama zanyu zizagira icyo zimufasha. Aragira ati” Nitwa Kalisa (amazina yahinduwe). Nakundanye n’umukobwa hashize imyaka 2 dukundana tukajya tuganira bisanzwe , biza gukomera ndetse nza kumusaba urukundo nawe ntiyatinda aranyemerera ahubwo ambwira ko nari naramutindiye ko nawe yari yarankunze.” […]

Ibiciro abashyirwa mu kato bazajya bishyura bigiye gushyirwa ahagaragara

Nyuma y’aho Guverinoma y’u Rwanda itangarije ko abantu bashyirwa mu kato by’umwihariko abaturuka hanze bazajya biyishyurira amacumbi n’ibindi bibagendaho, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko bitewe n’uko abantu baba mu byiciro bitandukanye by’ubushobozi n’ahacumbikirwa abari mu kato ka Covid-19 naho hazaba hatandukanye. Iyi Minisiteri yavuze ko igiye gutangaza ibiciro kugira ngo abajya gutegura ingendo ziva hanze bajye […]

Idris Sultan wangije ifoto ya perezida Magufuli yongeye gutabwa muri yombi

Idris Sultan, umunyarwenya wabigize umwuga muri Tanzania yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha byifashishije ikoranabuhanga. Tariki 19 Gicurasi 2020 ni bwo yatawe muri yombi na Polisi yo mujyi wa Dar es Salaam. Igitangazamakuru Global Publishers cyavuzeko uyu mugabo akurikiranyweho ibyaha yakoreye kuri murandasi gusa polisi ntiyabisobanuye mu buryo burambuye. Mu Kwakira 2019 nabwo yatawe muri yombi […]

Amakipe y’i Kigali yatangiye kugura abakinnyi ba Mukura VS yugarijwe n’ubukene

Ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs ikomeje kuvugwamo ibibazo by’ubukene, yatangiye gutakaza bamwe mu bakinnyi bayo b’inkingi za mwamba berekeza mu makipe yo mu mujyi wa Kigali. Amakuru avuga ko iyi kipe yo mu karere ka Huye imaze amezi arindwi idahemba abakinnyi bayo kubera ubukene, bwanatumye Nizeyimana Olivier wari perezida wayo yegura ku mirimo […]