Perezida Kagame yahagaritse Guverineri Gasana na Gatabazi ku mirimo yabo

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri uyu wa 25 Gicurasi 2020 yabaye ahagaritse ku murimo Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Gasana Emmanuel n’uw’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney kubera ibyo bagomba kubazwa bakurikiranweho. Byemejwe mu itangazo riturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe. Gasana Emmanuel yari ayoboye Intara y’Amajyepfo kuva mu 2018. Icyo gihe yasimbuye Mureshyankwano Marie Rose.Gatabazi […]
Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse abanduye 9 n’uwakize umwe

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 25 Gicurasi 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 9 banduye Covid-19 mu bipimo 892 byafashwe. Abakize iki cyorezo bageze kuri 223 barimo 1 w’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 330 abantu 98 ni bo bakirwaye.
Kenya: Hari abari guha abaturage ibiribwa bihumanyije bakabyitirira Visi Perezida w’igihugu

Abaturage bo mu duce twa Kiambu na Kikuyu muri Kenya batangaje ko hari abantu batari bamenyekana bari gukwirakwiza ibiribwa bihumanyije babyitiriye Visi Perezida w’iki gihugu, William Ruto ubu bamwe mu babiriye bakaba bajyanwe mu bitaro nyuma yo kumererwa nabi. Imwe mu miryango ituye mu duce twa Kikuyu na Kiambu ivuga ko guhera ejo ku Cyumweru […]
Munyakazi Sadate na Komite yari ayoboye birukanwe muri Rayon Sports
Ubuyobozi bw’umuryango wa Rayon Sports, bwatangaje ko bwamaze guhagarika ku mirimo ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports isanzwe ari igikorwa cyawo muryango, nyuma yo gusanga hari amakosa akomeye komite y’iyi kipe yakoze. Ni icyemezo nyobozi y’umuryango wa Rayon Sports yafashe, nyuma y’inama yahuje abayigize ku wa gatandatu tariki ya 23 Gicurasi 2020. Nta makosa yakozwe na […]
Kim Kardashian yizihije isabukuru y’imyaka 6 ishize ashyingiranwe na Kanye West
Umunyamidelikazi Kimberly Noel Kardashian West (Kim Kardashian), w’imyaka 39 yizihije isabukuru y’imyaka 6 ishize akoze ubukwe n’umuraperi Kanye Omari West , nyuma y’amagambo menshi yagiye avugwa mu rukundo rw’aba bombi haba mu binyamakuru ndetse no mu bindi biganiro bitandukanye by’imyidagaduro. Ku rukuta rwe rwa Instagram, Kim Kardashian yanditse ati” Imyaka itandatu irashize,’ashyiraho amafoto abiri yafashe […]
Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi bari mu rugamba rwo kubeshya ko bacitse ku icumu
Mu gihe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bigikomeje ndetse Isi ikaba ikomeje gushakisha bamwe mu bayiteguye bakanashyira mu bikorwa, Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) iravuga ko hari udutsiko dupfobya kandi duhakana Jenoside gushyira imbaraga ku mbuga nkoranyambaga mu gukwirakwiza ibinyoma. CNLG ivuga ko kimwe mu bikorwa bihakana Jenoside yakorewe Abatutsi cyatambutse kuri izo mbuga ari […]
Burna Boy yatawe muri yombi azira gucuranga ‘Volume’ ndende akabangamira abaturanyi
Umuhanzi w’icyamamare mu muziki wa Nigeria no muri Afurika,Damini Ebunoluwa Ogulu,wamenyekanye cyane nka Burna Boy yatawe muri yombi na Polisi y’iki gihugu nyuma y’aho yashinjwaga n’abaturanyi be gutera urusaku mu gace batuyemo kubera uburyo arekuramo umuziki. Ikinyamakuru Pulse gikorera kuri murandasi cyo muri iki gihugu, cyatangaje ko abaturanyi ba Burna Boy baje mu rugo bahururanye […]
Burundi: Gen. Ndayishimiye yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu

Gen. Maj. Evariste Ndayishimiye uzwi nka ‘Gen. Neva’ wari uhagarariye ishyaka rya CNDD-FDD riri ku butegetsi ni we umaze kwegukana amatora y’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi mu buryo bw’agateganyo. Ibi byemejwe na Dr. Pierre Claver Kazihise uyoboye Komisiyo yigenga ishinzwe amatora muri iki gihugu, CENI, mu muhango wabaye ku gicamunsi cy’uyu wa 25 Gicurasi 2020, muri […]
Burundi: Amafoto y’ahatangarijwe uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu

Komisiyo yigenga ishinzwe amatora mu Burundi, CENI imaze gutangaza uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu yo ku itariki ya 20 Gicurasi 2020 mu buryo bw’agateganyo. Aya ni amafoto yo muri Hôtel du Lac Tanganyika, ubwo abantu bari mu nzego zitandukanye bari biteguye kumenya uwegukanye insinzi.
Rayon Sports yiyambaje Perezida Kagame ngo ayifashe gukemura ibibazo biyirimo

Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports, bwandikiye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, bumusaba kubufasha ibibazo uruhuri byugarije iyi kipe. Mu ibaruwa y’amapaji and Munyakazi Sadate uyobora iyi kipe yandikiye Perezida Kagame, yamubwiye ko muri Rayon Sports harimo itsinda ry’abantu bamurwanya kubera ko ayishakira ibyiza, gusa ko ibi byose bikaba byaratangiye ubwo yavumburaga amakosa bagiye bakora anashaka […]