Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse abanduye 3 n’abakize 6

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 26 Gicurasi 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 3 banduye Covid-19 mu bipimo 1074 byafashwe. Abakize iki cyorezo bageze kuri 244 barimo 6 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 339 b’abantu 95 ni bo bakirwaye.
Jabo Paul wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo yirukanwe ku mirimo
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yirukanye ku mirimo JABO Paul wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’amajyepfo “kubera ibyo agomba kubazwa akurikiranweho”. Itangazo ryatanzwe n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe, rivuga ko Jabo hari ibyo agomba kubazwa akurikiranweho, n’ubwo bitigeze bitangazwa. Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasohoye irindi tangazo rimenyesha Gakire Bob wakoraga mu rwego rw’igihugu rw’imiyoborere (RGB) ko ari […]
Umuvunyi Mukuru yagaragaje abahamwe n’ibyaha bya ruswa harimo n’uwazize 2000 FRW
Kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Gicurasi, Umuvunyi Mukuru, Murekezi Anastase yashyize ahagaragara amazina y’abantu 57 bahamwe n’ibyaha bya ruswa no kunyereza umutungo guhera mu Kwakira 2019 kugeza muri Mutarama 2020 bakaba barahamijwe ibyaha n’inkiko. Uru rutonde rwiganjemo abatse n’abakiriye indonke z’amafaranga n’abazitanze, abanyereje ibikoresho by’ubwubatsi ndetse n’umushumba wo mu karere ka Nyagatare wanyereje ihene […]
Menya uko wajya impaka n’umukoresha wawe, ntubigenderemo
Umurimo uwo ari wo wose ugira umukozi n’umukoresha, umwe akagira ububasha buke ugereranyije n’undi. Birumvikana neza ko umukozi akora ibyo umukoresha amusaba, na we agategereza ibihembo cyangwa umushahara hashize igihe runaka. Umukozi akwiriye guca bugufi imbere y’umukoresha we ariko hari uburenganzira afite ku murimo, bwatuma yatura akavuga akamuri ku mutima; ibyifuzo se cyangwa akavuga ikimubangamiye […]
U Rwanda rwabimburiye ibihugu by’Afurika mu gutangaza umusanzu warwo mu kugabanya ibyuka bihumanya ikirere
Mu masezerano ya Paris yo mu 2016 yo kugabanya ibyuka byoherezwa mu kirere, ku isi yose ibihugu 11 ni byo bimaze gutangaza umusanzu byiyemeje mu kugabanya ibyo byuka (Nationally Determined Contributions (NDCs). Leta y’u Rwanda ivuga ko yiyemeje kugabanya imyuka igihugu cyohereza mu kirere ku kigero cya 38% bitarenze mu 2030 nk’uko yabitangaje mu cyumweru […]
U Rwanda ntirwemeranya na Amerika n’Ubwongereza ku bijyanye no kwibuka Abahutu
Leta y’u Rwanda ntivuga rumwe n’ibihugu bya Leta zunze ubumwe za Amerika n’Ubwongereza, ku cyifuzo cyabyo cy’uko Abahutu bishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bajya bibukwa. Muri 2018, Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye yemeje ko tariki ya 7 Mata iba umunsi mpuzamahanga wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Kwemeza iyi tariki byari bigamije “gukosora […]
Burundi: Hari ababona ko Agathon Rwasa ashobora gukama ikimasa mu rukiko
Nyuma yo gutorwa kwa Evariste Ndayishimiye abari bahataniye umwanya w’umukuru w’igihugu n’amashyaka atandukanye ntibavuga rumwe ku byavuye mu matora, abandi bavuga ko gutanga ikirego kwa Agathon Rwasa ari ukwiruhiriza ubusa nkuko bamwe mu barundi babivuga. Evariste Ndayishimiye watsinze amatora avuga ko amatora yo kuwa 20 Gicurasi yerekanye ko abarundi batakigishwa Demokarasi ko ahubwo bari ku […]
Perezida Duterte avuga ko ntagufungura amashuri hataraboneka urukingo rwa covid-19
Perezida wa Phillipines Rodrigo Duterte yavuze ko amashuri adashobora gufungura mu gihugu cye n’isi btaravumbura urukingo rw’icyorezo cya coronavirus. Muri iki gihugu byari byitezwe ko abanyeshuri bazasubira ku bigo byabo mu mpera za Kanama 2020. Perezida Duterte yavuze ko we atiteguye kuba yakohereza abanyeshuri ku bigo byabo urukingo rwa covid-19 rutaraboneka kabone n’ubwo ibindi bihugu […]
Ngoma: Umukecuru yasohowe mu nzu iri mu kibanza cya musaza we baheruka mu 1994

Umukecuru w’imyaka y’amavuko 57 witwa Musabyimana Therese utuye mu Mudugudu wa Nyakabanda, Akagari ka Nyagatugunda, Umurenge wa Zaza mu Karere ka Ngoma avuga ko tariki ya 22 Gicurasi 2020 yasohowe n’ubuyobozi mu nzu iri mu kibanza cya musaza we utaziwe irengero kuva mu 1994, bwifashishije abashinzwe umutekano kugeza ubu akaba akirara hanze. Uyu mukecuru avuga […]
Perezida Kagame yaba azinjira mu kinamico Rayon Sports isaba ko yinjiramo?
Kuva mu ntangiriro za 2020 izina Rayon Sports rikomeje kugaruka mu itangazamakuru no mu bakunzi b’umupira w’amaguru hano mu Rwanda, kubera isinzi ry’ibibazo bikomeje kuvugwa muri iyi kipe ifite igikundiro kurusha izindi hano mu Rwanda. Munyakazi Sadate uri mu bavugwa cyane muri ibi bibazo abigereranya n’Ikinamico. ku munsi wejo mu nyakazi yatangarije igihe ko ntawabuza […]