Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse abarwayi 13 n’abakize 2

img-20200603-wa0074.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 3 Kamena 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 13 banduye Covid-19 mu bipimo 1,033 byafashwe. Abarwayi bashya bagaragaye mu karere ka Rusizi. Bashyizwe mu kato n’abo bahuye bahise bakurikiranwa. Abakize iki cyorezo bageze kuri 271 barimo 2 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni […]

Kenya: Ibura ry’amazi ni kimwe mu biri gutuma ubwandu bw’icyorezo cya Covid 19 bwiyongera

Nyuma y’uko mu murwa mukuru wa Kenya, Nairobi habaye inkangu ikangiza amatiyo y’amazi, abaturage bamaze igihe kinini ntayo bafite bigatuma gahunda yo gukaraba intoki itubahirizwa kubera iki kibazo. Gahunda yo gukaraba intoki ni imwe mu ngamba ibihugu byinshi n’u Rwanda rurimo biri gukoreshwa mu rwego gukumira ko abantu bakomeza kwanduzanya icyorezo cya Covid 19. Kugeza […]

Malawi nta mafaranga ifite yo gukoresha mu matora ya Perezida abura ibyumweru bitatu ngo abe

Mu gihe habura ibyumweru bitatu byonyine ngo amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Malawi abe, Guverinoma itangaza ko nta mafaranga ahagije ifite yo kuzayakoreshamo kuko aho yakuraga ingengo y’imari yayo hakomwe mu nkokora n’icyorezo cya Coronavirus. Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi muri iki gihugu, Joseph Mwanamvekha wavuze ko hari impungenge z’uko aya matora ashobora kutazaba kuko […]

Perezida Kagame yasabye ko ibihano byafatiwe Sudani na Zimbabwe bikurwaho

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa gatatu yasabye ko ibihano byafatiwe ibihugu bya Repubulika ya Sudani na Zimbabwe bikurwaho, kugira ngo byombi bifashwe guhangana n’icyorezo cya Covid-19. Umukuru w’igihugu yabitangaje nyuma y’inama idasanzwe yitabiriye, yahuje abakuru n’abahagarariye za Guverinoma zo mu bihugu binyamuryango bya OACPS umuryango uhuriwemo n’ibihugu bya Afurika, ibirwa […]

Urukiko rw’i Paris rwategetse ko Kabuga Félicien yohererezwa urukiko rw’i Arusha

Uyu wa 3 Kamena 2020, Urukiko rw’Ubujurire rw’i Paris mu Bufaransa rwategetse ko Kabuga Félicien yohererezwa urwego rwa IRMCT rwasigaye rurangiza imirimo yasizwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, i Arusha muri Tanzania. Ni nyuma y’aho abanyamategeko babiri bunganira uyu musaza bifuzaga ko yakomeza kuburanishirizwa mu Bufaransa, kuko bizera ko ubutabera bw’iki gihugu bubifitiye ubushobozi. Gusa Umushinjacyaha Mukuru […]

Chelsea, Liverpool, Dortmund mu makipe akomeje guha icyubahiro George Floyd wishwe na Polisi

9c05a7b0-a41b-11ea-b6a6-4d12ba1d569e.jpg

Abakinnyi n’amakipe yo mu shampiyona akomeye ku isi nk’iyo mu bwongereza (Primier League), iyo mu Butaliyani, muri Espagne n’izindi ntibashyigikiye iyicwa rya Floyd wishwe n’abapolisi muri Amerika. Mu bwongereza abakinnyi b’amakipe nka Chelsea, Liverpool, Leicester na Newcastle bagaragaye bapfukamye mu rwego rwo guha icyubahiro George Floyd wishwe kuwa 25 Gicurasi 2020. Kuwa mbere w’iki cyumweru […]

Guinée Equatoriale yirukanye umurundikazi wari uhagarariye OMS

Leta ya Guinée Equatoriale yirukanye umukozi wari uhagarariye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) ku butaka bwayo imushinja gutangaza amakuru atari yo ku cyorezo cya coronavirus. Dr Triphonie Nkurunziza arashinjwa na Leta yakoreragamo gutanga imibare itari ukuri ku bijyanye n’uko icyorezo cya coronavirus gihagaze mu gihugu cya Guinée Equatoriale. Ibiro ntaramakuru by’abafaransa AFP dukesha […]

Kiyovu Sports yasinyishije uwahoze ari Kapiteni wa Police FC

Ikipe ya Kiyovu Sports kuri uyu wa gatatu, yasinyishije Ngendahimana Eric wigeze kuba Kapiteni wa Police FC yari amaze imyaka itandatu akinira. Uyu musore ukina hagati mu kibuga yasinye imyaka ibiri yo gukinira Kiyovu Sports. Kiyovu Sports ibinyujije kuri Twitter yayo yemeje aya makuru igira iti”Eric Ngendahimana wakinaga mu kibuga hagati muri Police FC yadusinyiye […]

Ntera akabariro ari uko nabonye amafaranga yo guhonga umugore-Umugabo w’i Gasabo

Mu butumwa yatwandikiye kuri E-mail ya info@bwiza.com, umugabo utuye mu Karere ka Gasabo wasabye ko amazina ye atatangazwa, yavuze ko arambiwe uburyo umugore we akunda amafaranga ku buryo badashobora gutera akabariro atamusabye amafaranga. Uyu mugabo avuga ko yatangiye kujya ayamuha yumva nta kibazo bimuteye, icyo gihe ngo yari afite akazi kamuhemba neza. Amafaranga 2000 rwf […]

Amashusho ya Tiffah araca amarenga y’umubano mwiza wa Diamond na Zari

Diamond Platnumz uri mu bakomeye mu muziki muri Afurika, yagaragaje umubano udasanzwe afitanye na Zari n’abana be nyuma y’amashusho yashyize ku rubuga rwe rwa Instagram. Nyuma y’inkuru zagiye zijya hanze zivuga uburyo uyu muryango utabanye neza akenshi Diamond yashinjaga Zari kutamuha abana be ngo baganire ndetse akora ibishoboka byose ngo amwangishe abana, kuri ubu bisa […]