Abanyarwanda bose Uganda yari yemeye gufungura bamaze kugera mu Rwanda

img_20200609_212626.jpg

Kuri uyu wa Kabiri ikindi cyiciro cy’Abanyarwanda 53 bari basigaye muri Uganda cyamaze kugera mu Rwanda, aba bakaba ari bo bari basigaye gushyikirizwa u Rwanda mu bo Guverinoma ya Uganda iherutse gutangaza ko izafungura nyuma yo kumara imyaka igera kuri ibiri bafungiwe muri gereza zitandukanye zo muri iki gihugu. Aba Banyarwanda 53 bageze mu Rwanda […]

Nyaruguru: Hamaze kugaragara umwe wanduye Covid-19 mu bipimo bisaga 200 byafashwe

Ibitaro bya Munini byashyikirijwe imbangukiragutabara (ibumoso: Dr. Muvunyi, Iburyo: V/Meya Kayitesi)

Kuva umurwayi wa COVID-19 umwe yaboneka mu kagari ka Kiyonza, mu murenge wa Ngoma, ku wa 30 Gicurasi, mu bipimo bisaga 200 bimaze gufatwa, nta wundi muntu urabonekaho icyorezo cya COVID-19 mu karere ka Nyaruguru. Ibyo byemejwe n’umuyobozi w’akarere ka Nyaruguru wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Colette Kayitesi, Binashimangirwa na Dr Bienvenu Muvunyi, umuyobozi mukuru […]

Rusizi na Rusumo hagaragaye abantu 12 banduye Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 9 Kamena 2020 yatangaje muri Rusizi na Rusumo hagaragaye abantu 12 banduye icyorezo cya Covi-19 mu bipimo 1870 byafashwe. Abakize iki cyorezo bageze kuri 300 barimo 3 b’uyu munsi. Abarwayi banduye bashyizwe mu kato n’abo bahuye bahise bakurikiranwe. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni […]

Burundi: Pascal Nyabenda ni we ugomba gusimbura Pierre Nkurunziza mu nzibacyuho

Pascal Nyabenda wari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi ndetse akanaba uw’inama nkuru y’iki gihugu, ni we ugomba gusimbura Pierre Nkurunziza witabye Imana ku wa mbere tariki ya 8 Kamena nka Perezida w’inzibacyuho. Ku gicamunsi cy’ejo ku wa kabiri ni bwo Guverinoma y’u Burundi yasohoye itangazo ribika Pierre Nkurunziza wari umaze imyaka 15 ayobora icyo […]

Huye: Umugabo arakekwaho kwica umugore umwe muri babiri yatahanye mu ijoro

Gitifu w'umurenge wa Mukura, Ngabo Fidele yari yaje guhumuriza abaturage

Mu karere ka Huye , umurenge wa Mukura , akagari ka Bukomeye umugabo witwa Alexandre Hatungimana ari mu maboko y’ubugenzacyaha aho akekwaho kwica umugore mu ijoro ryakeye tariki ya 8 Kamena, umwe muri babiri bivugwa ko bari basangiye akabacyura iwe mu rugo. Abaturanyi batabaye umwe mu bagore bari basangiye ngo harimo uwo bagiye kuryamana n’undi […]

Burundi: Perezida Pierre Nkurunziza yapfuye

Pierre Nkurunziza wari Perezida w’u Burundi yitabye Imana ku itariki 08 Kamena 2020 azize indwara y’umutima nk’uko bimaze gutangazwa na Guverinoma y’u Burundi. Pierre Nkurunziza ku myaka 56, yari yakiriwe mu Bitaro bya Karusi guhera ku cyumweru, aho ubuzima bwe bwari mu kaga nk’uko amakuru yizewe agera ku rubuga SOS Medias Burundi yemeza ko n’umuryango […]

Gicumbi FC na Heroes zigiye kurega FERWAFA muri TAS

Ubuyobozi bw’amakipe ya Gicumbi FC na Heroes FC, bwatangaje bugiye kujyana ikirego mu rukiko rwa Siporo rukorera mu Busuwisi (TAS), nyuma y’uko ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru hano mu Rwanda Ferwafa riteye utwatsi ubujurire bwayo ryemeza ko agomba kumanuka mu kiciro cya kabiri. Iby’aya makipe na Ferwafa byatangiye Ku wa 22 Gicurasi, ubwo iyi nzu iyobora ruhago […]

Abanyamakuru 4 bari bakunzwe cyane kuri Radio/TV10 birukanwe

img_20200609_135133.jpg

Abanyamakuru bari bakunzwe cyane kuri Radio/TV10 bamaze kwirukanwa n’ubuyobozi bw’iki gitangazamakuru, aho bivugwa ko bashinjwa gukorera mu kwaha kwa David Bayingana na Jado Castar bahoze bakorera iki gitangazamakuru na bo bakahava birukanwe. Mu banyamakuru bivugwa ko birukanwe harimo Jean Luc Imfurayacu, Benjamin Hegenimana wamenyekanye nka Gicumbi, Fuadi Uwihanganye ndetse na Gakwavu. Ubuyobozi bwa Radio/TV10 bwashimangiye […]

Uburyo bukaze Guverinoma ya Kambanda yemeje bwo gukomeza kwihutisha “auto-defense civile”

Kimwe mu bintu bikomeye byaranze ukwezi kwa Kamena 1994 ku ruhande rwa Leta yakoraga Jenoside ni ugushakisha uburyo bwo kwinjiza abaturage benshi mu bwicanyi muri gahunda yiswe “auto-defense civile”. Iyi gahunda yatanzwemo intwaro ndetse n’amafranga kugira ngo kwica Abatutsi byihutishwe bityo aho FPR izajya igera hose ijye isanga Abatutsi barashize. Nibyo byasuzumwe mu nama ya […]

Kenya: Abaturage bakoze imyigaragambyo bamagana polisi y’igihugu ikomeje kubica ibarashe

Nyuma y’uko abaturage ba Kenya bamaze iminsi bashinja polisi y’iki gihugu gukoresha imbaraga z’umurengera mu guhana abarenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19, kuri uyu wa Mbere bagiye mu mihanda mu myigaragambyo yamagana iki gipolisi kimaze kwica abantu bagera kuri 20 kibahora kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19. Abigaragambya babarirwa mu magana biganjemo […]