Rusizi: SACCO yafunze imiryango nyuma yo kubonekamo uwanduye COVID-19
Kuva ku wa Gatatu tariki 17 Kamena, imiryango ya SACCO Tea Shagasha yakoreraga mu murenge wa Giheke mu karere ka Rusizi irafunze nyuma y’uko hagaragaye umwe mu banyamuryango bayo waje kuhahemberwa yaranduye COVID-19, hakaba hikangwa ko abo yaba yarahasanze n’abakozi bayo yaba yarabanduje na bo bakagenda banduza abandi. Umwe mu banyamuryango 5000 b’iyi SACCO y’abahinzi […]
Rwanda: Habonetse abantu 7 banduye Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 18 Kamena 2020 yatangaje ko hagaragaye abandi bantu 7 banduye Covid-19 biganjemo abo mu Karere ka Rusizi, mu bipimo 2547 byafashwe. Abamaze gukira iki cyorezo bagumye kuri 350 barimo 3 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 646, abantu 294 ni bo bakirwaye. […]
Ikiguzi cyo guhererekanya amafaranga hakoresheje ikoranabuhanga kigiye gusubiraho
Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR yatangaje ko ikiguzi cyo guhererekanya amafaranga kuri telefoni, kuyakura kuri telefoni uyohereza kuri konti ya banki, cyangwa kuyakura kuri konti ya banki uyashyira kuri telefoni (Mobile Banking) kigiye gusubizwaho nyuma y’amezi atatu byari bimaze byaragizwe ubuntu. Iki kiguzi cyari cyakuweho na BNR mu itangazo ryo kuwa 18 Werurwe 2020 mu […]
Rwamagana: Abatuye mu mujyi barinubira abana b’inzererezi babiba
Abatuye mu kagari ka Cyanya mu murenge wa Kigabiro mu mujyi wa Rwamagana barinubira abana b’inzererezi babajujubya basabiriza, abandi bakabiba kugira ngo babone ibibatunga. Mu mujyi wa Rwamagana hagaragara abana benshi b’inzererezi birirwa bazenguruka basaba amafaranga ndetse bamwe mu baturage bagahamya ko bamwe baniba . Ndagijimana Pierre ni umwe mu bakora ubucuruzi mu mujyi wa […]
Abanyamategeko bo muri Canada basabye ICC gutangiza iperereza kuri Joseph Kabila
Itsinda ry’abanyamategeko bo mu gihugu cya Canada, bandikiye Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (CPI/ICC), barusaba gutangiza iperereza kuri Joseph Kabila wahoze ayobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abahoze ari ibyegera bye ngo hamenyekane uruhare rwabo mu byaha byibasiye inyokomuntu byakozwe mu gihe cy’ubutegetsi bwe. Mu ibaruwa abo banyamategeko bandikiye umushinjacyaha mukuru wa ICC, Fatou Bensouda, bagaragaje ko […]
Ivugururwa ry’ibya Kisilamu: Igice cya 6
Muri iki gice cya gatandatu turakomeza kubereka uburyo abamenyi batavuga rumwe mu bijyanye n’amateka n’amategeko yitwa ko agize sharia bavuga ko iva ku Mana. Aha rero havuka ikibazo igihe abamenyi b’idini bazaba batavuga rumwe. Ni nde uzabakiranura ku rwego rwa Leta nta bubasha bafite ? Umuturage azaba uwa nde? Igihe bakibyibaza, ibyiswe ‘printemps arabe’ biba […]
Musanze: Hoteli eshatu zari mu kato zafunguwe
Hoteli eshatu ziri mu mujyi wa Musanze zari zarashyizwe mu kato bitewe n’abantu batanu bazigezemo batanduye Covid-19, guhera kuri uyu wa 17 Kamena 2020 zirafunguye. Aya makuru yemejwe na Visi Meya w’Akarere ka Musanze ushinzwe ubukungu, Andrew Rucyahanampuwe mu kiganiro amaze kugirana na bwiza.com, asobanura ko gufungurwa kw’izi hoteli kwatewe no kuba nta mukozi nlumwe […]
Nyamagabe: Abagizi ba nabi bishe abantu 2, bakomeretsa abandi bikomeye
Habimana Samuel w’imyaka 23 y’amavuko na Turikunkiko Vincent w’imyaka 60 y’amavuko bishwe n’abagizi ba nabi b’abambuzi mu mudugudu wa Gatigita, Akagari ka Gahira, Umurenge wa Uwinkingi mu Karere ka Nyamagabe ku mugoroba w’uyu wa 17 Kamena 2020, bakomeretsa bikomeye abandi 2 bakoresheje ibyuma bya ‘ferabeto’ (Fer à beteau). Ni ubugizi bwa nabi bukomeje gukorerwa muri […]
Gen. Maj Evariste Ndayishimiye yarahiriye kuyobora u Burundi
Kuri uyu wa kane tariki ya 18 Kamena, Gen. Maj Ndayishimiye Evariste uheruka gutorerwa kuyobora igihugu cy’u Burundi, yarahiriye kukiyobora ahabwa ibirango bwacyo n’urukiko rushinzwe kurinda itegekonshinga. Ni umuhango wabereye muri Stade Ingoma iherereye mu mujyi wa Gitega usigaye warahindutse umurwa mukuru mushya w’u Burundi. Ku wa 20 Gicurasi ni bwo Abarundi babyukiye mu matora […]
Musore/Mugabo uziko hari ibikorwa byoroheje biryoshya urukundo rugakomera?
Ntihagomba ibintu bihambaye cyane cyangwa se ibya Mirenge kugira ngo umukobwa amenye ko umuhungu amukunda. Hari ibintu byoroheje bigira igisobanuro gikomeye mu rukundo ndetse bigatuma umukobwa yumva nta wundi yarutisha uwo bakundana, kabone nubwo haza ufite akayabo. Bwiza.com twifashishije urubuga sheknows.com, rugira inama abakundana, tugiye kurebera hamwa bimwe mu bimenyetso bito ariko bigira ibisobanuro binini […]