Depite Habineza ntashyigikiye itegeko riha Perezida wa Repubulika ububasha ku bigo bya Leta
Depite Frank Habineza uhagarariye ishyaka Riharanira Demokorasi no Kurengera Ibidukikije Green Party ( DGPR) , rifite imyanya mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda atangaza ko adashyigikiye umushinga w’itegeko riherutse gutorwa mu Nteko riha Perezida wa Repubulika ububasha bwo gushyiraho cyangwa gusesa ibigo bya Leta bikora ubucuruzi n’ibitabukora. Itegeko riha Perezida wa Repubulika ububasha bwo gushyiraho […]
Perezida Kagame yagaragaje ko ibikoresho byo guhangana na Covid-19 bikiri imbogamizi ikomeye ku Rwanda
Perezida Paul Kagame mu ijambo yavugiye kuri uyu wa kabiri tariki 23 Kamena 2020, yagaragaje ko mu Rwanda ndetse no muri Afurika muri rusange hakiri imbogamizi z’ibikoresho bidahagije mu kwirinda icyorezo cya covid-19. Ibi yabitangarije mu nama y’iminsi 4 ihuza abayobozi yitabiriye, iri kwiga ku bucuruzi buhuza Afurika na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu bihe […]
Ubudage bwasubijeho ‘Guma mu Rugo’ nyuma yo kuboneka k’ubwandu bushya 1500
Nyuma y’ukwezi Guverinoma y’u Budage yoroheje ingamba zo gukumira icyorezo cya Coronavirus, ubu iki gihugu cyongeye gusubizaho gahunda ya Guma mu Rugo nyuma y’uko hongeye kugaragara ubwandu bw’abantu barenga 1500 bose baranduye iki cyorezo. Aba bantu bose banduye ni abakozi b’uruganda rwitwa Tonnies rusanzwe rutunganya inyama rukazifunga mu mapaki, ruherereye muri Leta ya North Rhine-Westphalia […]
Rwanda: Habonetse abantu 11 banduye Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 23 Kamena 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 11 banduye Covid-19 mu bipimo 4568 byafashwe. Mu karere ka Kirehe habonetse abarwayi 2, muri Rusizi ni 8, naho muri Kigali ni 1. Abamaze gukira iki cyorezo bagumye kuri 371 barimo 1 w’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri […]
Nyaruguru: Biyemeje gutanga umuganda wa buri munsi mu kubaka amashuri

Bitewe n’uko muri iki gihe cy’impeshyi imirimo y’ubuhinzi ari micye, abaturage batuye mu masibo abiri yo mu karere ka Nyaruguru, bari gusimburana buri munsi, bakora umuganda wo kubaka amashuri kugira ngo ibyumba bishya 600 bizabe byuzuye mbere ya Nzeri 2020. Sinigenga Desire ni umuyobozi w’umudugudu wa Banga, mu kagari ka Mpanda, mu murenge wa Kibeho. […]
Gasogi United yasinyishije Umukongomani wifuzwaga na Rayon Sports
Ikipe ya Gasogi United ikomeje kwiyubaka, yamaze gusinyisha rutahizamu Emmanuel Bola Lobota ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wifuzwaga n’ikipe ya Rayon Sports. Uyu rutahizamu usanzwe ukinira ikipe y’igihugu cye, yasinye imyaka ibiri muri Gasogi United nk’uko iyi kipe yabyemeje. Gasogi United ibinyujije kuri Twitter yagize iti”Birabaye birabaye! Misile Mpuzamahanga kirimbuzi akaba ari Bola […]
Perezida Museveni yunamiye Pierre Nkurunziza uherutse gupfa

Perezida Yoweri Kaguta Museveni kuri uyu wa Kabiri, muri Ambasade y’u Burundi iri i Kampala yunamiye uwari umuyobozi w’u Burundi, Pierre Nkurunziza uherutse gupfa azize guhagarara k’umutima. Yagize ati: “Njye n’umufasha wanjye, Janet Museveni twasuye Ambasade y’u Burundi i Kampala, nunamiye Perezida Nkurunziza witabye Imana ku wa 08 Kamena 2020 ndetse nifatanya n’umuryango we n’Abarundi […]
Umukinnyi wa mbere ku Isi wa Tennis yanduye Covid-19
Umunya Serbia, Novak Djokovic ufatwa nk’umukinnyi wa mbere ku Isi ukina umukino wa Tennis, yatangaje ko yamaze kwandura icyorezo cya Covid-19. Ni amakuru uyu mugabo yahishuye nyuma y’uko abarimo Grigor Dimitrov, Borna Coric na Viktor Troicki na bo bakina Tennis batangaje ko banduye kiriya cyorezo, nyuma yo kwitabira irushanwa ryitwa Adria Tour competition ryateguwe na […]
Gisagara: Arashinja Gitifu kumufunga no kumuroha mu Kanyaru
Umuturage witwa Niyomuhoza Joselyne ucumbitse mu karere ka Gisagara mu murenge wa Mugombwa, arashinja Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukindo, Jean Félix Rutaganda kumufunga amurenganya no kumuroha mu mugezi w’Akanyaru byashoboraga kumuviramo n’urupfu. Uyu muturage ufite inkomoko mu gihugu cy’u Burundi, avuga ko ibi byabaye nyuma y’amakimbirane yagiranye n’umugabo bashakanye w’umunyarwanda babanaga mu murenge wa Mukindo. […]
Bujumbura: Covid-19 iri gutuma bagura imiti irimo inturusu n’umuravumba
Abantu benshi batuye mu mujyi wa Bujumbura mu Burundi bari kugura imiti irimo inturusu, umuravumba, tangawizi n’ibindi, kubera ko bizera ko yabarinda icyorezo cya Covid-19. Iyi miti iri gucuruzwa n’urubyiruko mu duce dutandukanye tw’uyu mujyi, ku mifungo. Umufungo umwe w’inturusu cyangwa umuravumba uri kugurwa hagati y’amafaranga y’u Burundi 1500 n’2000. Ibitangazamakuru UBM News na Buja […]