Inama y’Abaminisitiri yakuye Akarere ka Rubavu muri Guma mu Rugo

img-20200630-wa0024.jpg

Kuri uyu wa 30 Kamena 2020, hateranye Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yari iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ifata ibyemezo birimo gukura Akarere ka Rubavu muri Gahunda ya Guma mu Rugo. Mu bindi byemezo Inama y’Abaminisitiri yafashe harimo ko: ingendo mu Karere ka Rusizi zirabujijwe usibye amakamyo atwara ibicuruzwa, uduce two muri Rusizi no mu […]

KNC yasubije umuvugizi wa Rayon Sports wagereranyije ikipe ye n’igare

Umuyobozi w’ikipe ya Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles uzwi nka KNC, yise Rayon Sports “Rumoroki yagonze moteri yanaturitse amapine”, mu rwego rwo gusubiza umuvugizi wayo, Nkurunziza Jean Paul wagereranyije Gasogi United n’igare. Mu busanzwe, intambara y’amagambo hagati ya Rayon Sports na Gasogi United si ubwa mbere ibayeho, dore ko yadutse mu mwaka ushize ubwo Gasogi […]

Habonetse abantu 24 banduye Covid-19

img-20200630-wa0021.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 30 Kamena 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 24 banduye Covid-19 mu bipimo 3694 byafashwe. Muri Kigali habonetse 7, muri Rusizi haboneka 13, muri Ngoma habonetse 2, Nyagatare ni 1 na Rutsiro ni 1. Abamaze gukira iki cyorezo bagumye kuri 447 barimo 4 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho […]

Kaminuza ya Kibungo ihagaritswe burundu

Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda kuri uyu wa 30 Kamena 2020 yatangaje ko ihagaritse burundu Kaminuza ya Kibungo izwi nka UNIK cyangwa INATEK, guhera kuri uyu wa 1 Nyakanga. Nk’uto itangazo ryaturutse muri MINEDUC ribivuga, uyu mwanzuro wafashwe nyuma y’inama zitandukanye ubuyobozi bwa HEC, iyi Minisiteri ndetse n’ubuyobozi bwa kaminuza bagiranye, ziga ku bibazo bitera uburezi […]

Burundi: Perezida Ndayishimiye yahamagariye impunzi z’Abarundi gutahuka

Perezida w’u Burundi, Gen. Maj. Evariste Ndayishimiye yahamagariye impunzi z’Abarundi zahunze igihugu gutahuka, kugira ngo zifatanye n’abandi baturage kubaka igihugu, yemeza ko gikeneye abaturage bacyo bose. Yabitangaje kuri uyu wa kabiri ku wa 30 Kamena, ubwo yagezaga ku banyagihugu ijambo rirebana n’isabukuru y’imyaka 58 u Burundi bumaze bwigobotoye abakoloni. Abarundi umukuru w’igihugu yahamagariye gutahuka mu […]

Umushoferi ashinja Guverineri kumwirukana amuziza gusurira mu modoka

Umushoferi watwaraga uwahoze ari Guverineri wa Kirinyanga muri Kenya, Anne Waiguru, ashinja uyu muyobozi kumwirukana ku kazi ko kumutwara amuziza gusurira mu modoka. Ibi byahishuwe n’akanama k’abadepite 8 baherutse guterana biga ku mikorere ya Guverineri Waiguru, yaranzwe no gukoresha ububasha yahawe mu buryo budakwiye. Umushoferi yavuze ko mbere y’uko yirukanwa, Guverineri Waiguru yinjiye mu modoka, […]

Perezida Ndayishimiye yatangaje amagambo aremereye mbere y’umunsi w’ubwigenge

Habura umunsi umwe ngo Repubulika y’u Burundi yizihize umwaka wa 58 w’ubwigenge imaze yigobotoye ubukoloni bw’Ababiligi, Perezida Evariste Ndayishimiye yatangaje amagambo aremereye yiganjemo imigani y’imigenurano, agenewe abenegihugu ndetse n’inshuti z’igihugu. Ibuye riserutse ntiryica isuka, Umugabo atinya ingwe, ntatinya iyamwinjiranye, Urera nabi ugatukwa n’abakwe, Amaso y’ibikere ntabuza abavoma, Umwana w’uwundi yimba aguhisha ivu, Agafuni kabagara ubumwe […]

Rusizi: Isoko rimaze ukwezi rifunze ryatumye abaturage babura aho bahahira

Abaturage b’Umurenge wa Nyakarenzo mu Karere ka Rusizi barema isoko rya Bambiro muri uyu murenge baravuga ko ukwezi kose gushize rifunze barabuze aho bahahira, bakavuga ko kuba nta kiribwa gituruka mu baturage ngo kibagereho bakirye cyangwa bagicuruze bibatera inzara n’ibihombo bikomeye, bagasaba ko ryakongera gukora bidatinze na gahunda zo kwirinda COVID-19 zigakomeza. Bavuga ko uyu […]

Uganda: Umugabo w’imyaka 29 akurikiranweho gufata nyina ku ngufu

Umugabo w’imyaka 29 y’amavuko w’i Kabale muri Uganda, yatawe muri yombi na Polisi y’icyo gihugu ashinjwa gusambanya ku ngufu nyina umubyara w’imyaka 77 y’amavuko. Elly Maate, Umuvugizi wa Polisi ya Uganda mu gace ka Kigezi, yavuze ko uwatawe muri yombi ari uwitwa Justus Byamukama wo mu mudugudu wa Kashenyi, muri Komini ya Kamuganguzi ho mu […]

Raporo ya René Degni-Segui yemeje ko Abatutsi bakorerwaga Jenoside mu Rwanda

Mu gihe Guverinoma y’abicanyi yakomezaga gushishikariza no guha abaturage amabwiriza yo gutsemba Abatutsi, Umuryango w’Abibumbye (ONU) wakomeje kwirengagiza ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi. Guhera tariki ya 25 Gicurasi ni bwo Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu ya ONU yateraniye byihutirwa i Geneve, mu nama yari ihamagajwe na Canada. Jenoside yakorewe Abatutsi yaje kwemerwa ku mugaragaro ubwa mbere muri raporo […]