Kigali yabonetsemo abantu 47 banduye Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 20 Nyakanga 2020 yatangaje ko Umujyi wa Kigali wabonetsemo abantu 47 banduye icyorezo cya Covid-19 mu bipimo 3764 byafashwe. Aba barwayi bari mu gace kari kwitabwaho by’umwiharik, ahapimwa abantu benshi. Abamaze gukira iki cyorezo bageze kuri 838 barimo 4 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo mu […]
Haracyari kare ngo utubari dufungurwe- Minisitiri Ngamije
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel atangaza ko hakiri kare ngo utubari tube twafungurwa kimwe n’iyindi mirimo yose yakomorewe mu koroshya ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid-19. Kuva icyorezo cya Covid-19 cyagera mu Rwanda utubari ni bimwe mu bikorwa byahise bifungwa ku ikubitiro, bivuze ko amezi ane ashize tudakora. Nyuma y’uko gahunda ya ‘Guma mu rugo’ […]
Kirehe: Uwiyitaga umucamanza yafatiwe mu cyuho yakira ruswa y’ibihumbi 170
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, ruremeza ko kuri uyu wa Mbere rwataye muri yombi uwitwa Mbonyumugenzi Jean Pierre wo mu kagari ka Rubirizi, umurenge wa Nasho ho mu karere ka Kirehe, wafatiwe mu cyuho yakira ruswa y’ibihimbi 170 mu bihumbi 300 yari yaciye umuturage ngo amufashe yiyitirira umucamanza. Umuvugizi wa RIB w’umusigire, Bahorera Dominique, yabwiye Bwiza.com […]
Nick Minaj yatangarije abakunzi be ko atwite

Umuraperikazi Onika Tanya Maraj, wamamaye cyane nka Nick Minaj, abinyujije ku mbuga ze nkoranyambaga kuri uyu wa Mbere, yatangarije isi ko atwite imfura ye. Nick Minaj w’imyaka 37, mu kwezi k’Ukwakira 2019, yari yashyize ubutumwa ku rukuta rwe rwa Instagram avuga ko ari mu rukundo na Kenneth Petty w’imyaka 40, ari na we uramutswa umwana […]
Nta Ballon d’Or izatangwa muri uyu mwaka
Ikinyamakuru France Football cyo mu Bufaransa gitanga igihembo cya Ballon d’Or, cyatangaje ko icy’uyu mwaka kitazatangwa kubera uruhare icyorezo cya Covid-19 cyagize mu guhungabanya amarushanwa atandukanye. Igihembo cya Ballon d’Or buri mwaka gihabwa umukinnyi wahize abandi ku Isi mu mupira w’amaguru binyuze mu matora. Ni ubwa mbere iki gihembo kigiye kudatangwa kuva mu mwaka wa […]
Minisiteri y’Ubuzima yashyizeho ibiciro byo kwipimisha coronavirus ku bakora ingendo zijya mu mahanga
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko yamaze kugena ahantu n’amafaranga abifuza kujya mu mahanga bavuye mu Rwanda bazajya bishyura, kugirango basuzumwe coronavirus mbere y’uko bafata urugendo. Ibi Minisitiri w’Ubuzima yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru, asobanura ko ahantu ibipimo bizajya bifatirwa ndetse n’amafaranga abapimwa bazishyura byamaze kwemezwa. Yagize ati ” Abifuza gukora ingendo zijya mu mahanga bazajya babanza […]
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa mbere yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru nyuma y’uko umukobwa we, Ingabire Ange Kagame n’umugabo we, Bertrand Ndengeyingoma bibarutse imfura yabo. Umukuru w’Igihugu yatangaje iyo nkuru nziza umuryango we wakiriye abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter. Perezida Kagame yagize ati: “Guhera ejo hashize twishimiye kuba ba sogokuru […]
Ni umunsi w’amateka: Musenyeri Karemera avuga ku ifungurwa ry’insengero mu mujyi wa Rusizi

Amezi yarengaga 4 insengero zifunze mu Rwanda hose kubera icyorezo cya COVID-19,ifungurwa ryazo kuri uyu wa 19 Nyakanga ryakuruye amarangamutima menshi mu bayoboke b’amadini n’amatorero bazisengeramo, mu karere ka Rusizi bagaragaje ibyishimo bidasanzwe, Musenyeri wa Diyoseze ya Cyangugu mu itorero ry’Abangilikani,Karemera Francis awita uw’amateka. Insengero zafunguye imiryango ku ikubitiro zose ni izo mu murenge wa […]
Hakizimana Muhadjiri agiye kwerekanwa nk’umukinnyi mushya wa Rayon Sports
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kumvikana na rutahizamu Hakizimana Muhadjiri, mbere yo kumwereka abafana bayo nk’umukinnyi wayo mushya. Radio/TV10 dukesha iyi nkuru yavuze ko Hakizimana Muhadjiri azerekanwa nk’umukinnyi mushya wa Rayon Sports ku wa kabiri tariki ya 21 Nyakanga 2020. Hari hashize igihe uyu musore ukomoka i Rubavu ari mu biganiro na Rayon Sports byakagombye […]
Visi-perezida wa Kiyovu Sports yavuze ko yababajwe n’imyitwarire ya APR FC
Narindwa Theodore, umuvugizi akaba na Visi-perezida w’Ikipe ya Kiyovu Sports, yavuze ko yababajwe cyane no kuba APR FC yita Nsanzimfura Keddy umukinnyi wayo nyamara afite amasezerano ya Kiyovu Sports, akemeza ko bazakiranurwa na Ferwafa. Ku cyumweru tariki ya 19 Nyakanga, Nsanzimfura Keddy wahoze akina hagati mu kibuga mu kipe ya Kiyovu Sports yeretswe itangazamakuru nk’umukinnyi […]