Perezida Kagame yifatanyije n’abandi bafana ba Arsenal kwishimira insinzi ya FA Cup

screenshot_20200801-222030_2_.png

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 1 Kanama 2020 yifatanyije n’abafana bose b’ikipe ya Arsenal mu byishimo batewe n’uko imaze kwegukana igikombe cya FA Cup. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu ni bwo hari umukino wahuje amakipe abiri y’ubukombe mu Bwongereza no ku Isi, Chelsea na Arsenal […]

Kigali, Rusizi, Rubavu na Nyamasheke habonetse abantu 20 banduye Covid-19

img_20200801_224119.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 1 Kanama 2020 yatangaje ko umubare w’abanduye Covid-19 wiyongereyeho abantu 20. Aba ni 12 babonetse mu Mujyi wa Kigali, bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, harimo 3 b’i Rusizi, 3 b’i Rubavu na 2 b’i Nyamasheke. Abamaze gukira muri rusange ni 1119 barimo 13 b’uyu munsi. Abanduye bose bamaze […]

Uwafashe abakobwa bane amashusho y’urukozasoni yarashwe ashaka gutoroka

Umukongomani w’imyaka 25 y’amavuko witwa Shukuru Mbuyi wari ukurikiranweho gufata amashusho y’ubwambure bw’abakobwa bane akayasakaza, yarashwe arapfa ubwo yashakaga gutoroka kasho ya Polisi iherereye mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro. Aya makuru yemejwe na RIB, ikaba ari nayo yeretse itangazamakuru aba bakobwa kuri uyu wa 31 Nyakanga 2020. Aba bakobwa bavuze ko baguriwe […]

Abize ishami ry’Insimburangingo n’Inyunganirangingo muri Kaminuza y’u Rwanda bavuga ko birengagijwe

Abize Ubuvuzi mu bijyanye n’Insimburangingo n’Iyunganirangingo muri Kaminuza y’u Rwanda, bavuga ko birengagijwe n’inzego zakabarengeye haba ku isoko ry’umurimo ndetse no muri Minisiteri y’Ubuzima ibareberera. Kaminuza y’u Rwanda yasohoye abize aya masomo bwa mbere mu 2014. Kuva icyo gihe, Kaminuza yakomeje kwigisha no gusohora abarangije kwiga iby’Insimburangingo n’Inyunganirangingo ndetse bakanakora ikizamini kizwi nka ‘Council’ kibashyira […]

Nyaruguru: Nyuma y’ubuvugizi Bwiza yakoze, akarere kateye inkunga umunyonzi uherutse kwibaruka abana 3

whatsapp_image_2020-07-30_at_14.30.52.jpg

Akarere ka Nyaruguru kateye inkuga ifite agaciro ka miliyoni y’Amanyarwanda (1,000,000 FRW), umuryango utishoboye uherutse kwibaruka impanga z’abana batatu, wa Nduwayo Janvier, wakoraga akazi k’ubunyonzi mu mudugudu wa Gasave, akagari ka Raranzige, umurenge wa Rusenge, akarere ka Nyaruguru. Ni nyuma yuko Bwiza.com ikoze inkuru imutabariza tariki ya 14 Gicurasi 2020 isaa 12:53 , ubwo uyu […]

Umuhanzikazi Joy Key yashyize hanze indirimbo ikangurira abantu kumenya ubukungu nyabwo

whatsapp_image_2020-08-01_at_13.39.49.jpg

Uwizeye Joyce uzwi nka Joy Key, ni umunyarwandakazi ukorera umuziki we mu gihugu cya Australia, uyu muhanzi akaba ari we washinze Itorero Ndangamuco ry’urubyiruko ryitwa Igihozo rikorera aho atuye mu mujyi wa Queensland mu gihugu cya Australia , byongeye akaba yarihebeye injyana gakondo. Tariki 29/ Nyakanga/ 2020, Uwizeye Joyce (Joy Key) yashyize hanze indirimbo yise […]

SACCO zose zo mu gihugu zigiye guhuzwa zivemo Banki imwe

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yatangaje ko igiye gutangira guhuza imirenge SACCO yose yo mu gihugu, hakazavamo Banki imwe izaba yitwa ‘Banki y’Amakoperative’. Byatangajwe na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Hakuziyaremye Soraya, kuri uyu wa 30 Nyakanga, ubwo yagezaga ku Nteko ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umutwe wa Sena ibisobanuro ku bibazo byagaragaye mu mikorere n’imicungire y’amakoperative mu Rwanda. Minisitiri […]

Ingabo za Zambia zasabye kongererwa iminsi yo kuva ku butaka bwa RDC

Ingabo za Zambia ziri mu duce twa Kibanga na Kalubamba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zasabye ko zakongererwa igihe cyo kuba zavuye kuri ubu butaka. Ni nyuma y’aho mu minsi ishize Umuryango w’Ibihugu byo mu Majyepfo y’Afurika, SADC, winjiye mu kibazo cy’ubu butaka bushyamiranyije impande zombi, ukemeza ko ubu butaka ari ubwa RDC. Amakuru […]

Uganda: Umugabo w’imyaka 48 afunzwe azira kwanduza abana 5 Virusi itera SIDA

Polisi y’akarere ka Masaka muri Uganda ifunze umugabo w’imyaka 48 ukekwaho gusambanya abana 5 akabanduza virusi itera SIDA. Uyu mugabo ubusanzwe bivugwako akora umwuga w’ububaji, iki cyaha akekwaho yagikoreye mu gace atuyemo ka Bwabikere gaherereye mu Mujyi wa Masaka. Aba bana uko ari batanu bivugwako yasambanyije bari hagati y’imyaka 8 na 13 nk’uko bitangazwa na […]

Abakobwa beretse rubanda ubwambure bwabo bari bazi ko mu Rwanda byemewe

Abakobwa bane Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rweretse itangazamakuru kuri uyu wa 31 Nyakanga 2020 kubera kwerekana ubwambure bwabo ku mbuga nkoranyambaga batangaje ko bari bazi ko mu Rwanda byemewe. Ubu buhamya bwatanzwe n’umwe muri bo wagize ati: “Ntabwo nari nzi ko mu Rwanda bitemewe, ntabwo byari ibyo kuryamana na we, ahubwo byari ukwambara ubusa gusa.” Uyu […]