Ruhango: Abasore batatu bafashwe bamaze kubaga imbwa

Abasore batatu bo mu murenge wa Ruhango, mu karere ka Ruhango, kuri uyu wa mbere batawe muri yombi n’inzego zishinzwe umutekano nyuma yo kubafatira mu cyuho bari kubaga imbwa. Byabaye mu ma saa yine y’igitondo cyo kuri uyu wa mbere, mu mudugudu wa Gikumba ho mu kagari ka Gikoma, muri ruhango. Abatawe muri yombi ni […]

Rwanda: Habonetse abantu 30 banduye Covid-19

img_20200803_232920.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 3 Kanama 2020 yatangaje ko habonetse abantu 30 banduye Covid-19 mu bipimo 3491 byafashwe. Aba barimo 13 bo mu mujyi wa Kigali, bapimwe mu midugudu iri mu kato, 11 bo muri Rubavu, bakaba ari Abaturarwanda batashye bahita bashyirwa mu kato. Rusizi yabonetsemo 5, Kayonza ibonekamo 1. Abamaze gukira […]

Ese ko Nzeri yegereje, abanyeshuri barasubira ku mashuri?

Iminsi ibarirwa ku ntoki ni yo ibura kugira ngo ukwezi kwa Nzeri kugere. Uku kwezi abenshi bari bitezemo isubukurwa ry’amasomo mu bigo by’amashuri nyuma y’aho icyorezo cya Covid-19 kiyakomye mu nkokora. Amashuri yafunze imiryango kuva muri Werurwe uyu mwaka, nyuma y’uko mu gihugu hari hamaze kugaragara umurwayi wa mbere w’icyorezo cya Virusi ya Corona. Gufunga […]

Harmonize yasinyishije icyamamare Young Skales muri ‘Konde Gang’

harmonize-skales.jpg

Umuhanzi wo mu gihugu cya Tanzania, Rajab Abdul Kahari wamamaye nka Harmonize, yasinyishije mu nzu ye ‘Konde Gang’, icyamamare Young Skales cyo muri Nigeria. Umuyobozi wa ‘Konde Gang Music label’, Harmonize, yatunguranye ubwo yasinyishaga umuhanzi Young Skales ufite izina rikomeye ndetse akaba yaranatangiye umuziki imyaka itari mike mbere y’uko Harmonize awuzamo. Ubufatanye bw’aba bahanzi n’amasezerano […]

Mu Rwanda umuturage yemerewe kwigaragambya_Tito Rutaremara

Senateri Tito Rutaremara yashimangiye ko mu Rwanda hari uburenganzira bw’umuntu mu kuvuga icyo atekereza, binashimangirwa n’uko amategeko y’u Rwanda yemerera umuturage ufite impamvu kwigaragambya. Mu kiganiro yagiranye n’igitangazamakuru The Real Talk Channel gikorera kuri murandasi, Senateri Tito Rutaremara yamaganye ibivugwa n’abatavugarumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda ko nta bwisanzure mu gutanga bitekerezo buba mu Rwanda. Senateri Rutaremara […]

Uganda: Umuntu wa gatanu yishwe na Covid-19 mu gihe kitageze ku byumweru bibiri

Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda, kuri uyu wa mbere yatangaje ko undi muntu muri icyo gihugu yapfuye azize icyorezo cya Covid-19, aba uwa gatanu uhitanwe n’icyo cyorezo mu gihe kitageze ku byumweru bibiri. Uwapfuye uyu munsi ni “Umugore w’imyaka 46 y’amavuko ufite inkomoko mu gihugu cy’Ubuhinde”, wari utuye mu gace ka Kibuli i Kampala mu murwa […]

Uganda: Abadepite 4 barimo 2 b’ishyaka riri ku butegetsi biyemeje gushyigikira Bobi Wine mu matora

Abadepite 4 mu nteko ishingamategeko ya Uganda, barimo 2 b’ishyaka NRM riri ku butegetsi biyemeje gushyigikira Bobi Wine mu matora yo muri Mutarama umwaka utaha. Patrick Nsamba uhagarariye akarere ka Kassanda na John Baptist Nambese uhagarariye Majinja ni bamwe mu badepite bahagarariye ishyaka rya National Resistance Movement(NRM) rya Perezida Museveni mu nteko ishinga Amategeko batangaje […]

Rusizi: Bujuje ibyo basabwe bategereza ibaruwa ibemerera gufungurirwa insengero baraheba

kuri_paruwasi_ya_katedarali_gatulika_ya_cyangugu_bashyize_arenga_miliyoni_3_ku_rukarabiro_n_ibindi_basabwaga_barabyuzuza_bategereje_ibaruwa_ibemerera_gusenga_baraheba._1596472915971.jpg

Abakirisitu ba kiliziya gatulika katedarali ya Cyangugu, ADEPR Kamembe n’itorero ry’Abangilikani, Paruwasi ya Kamembe n’abayobozi babo baravuga ko nyuma yo kurangiza ibyo bari basabwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi ngo bemererwe gusenga, n’ubuyobozi bw’umurenge bukabasura nk’uko amabwiriza ateganya bukababwira ko nta kibura ngo ku cyumweru tariki 2 Kanama basenge,hasigaye gusa ko ubuyobozi bw’Akarere bubyemeza bukanabizeza gukora […]

Sibomana Patrick Papy mu bakinnyi 14 birukanwe na Young Africans

Ikipe ya Young Africans yo mu gihugu cya Tanzania, yatangaje ko yamaze gutandukana n’abakinnyi 14 barimo Umunyarwanda, Sibomana Patrick bita Papy. Iyi kipe ikunzwe kurusha izindi muri Tanzania yemeje ayo makuru ibinyujije kuri application yayo. Sibomana Patrick Papy ari mu bakinnyi barindwi basheshe amasezeramo na Young Africans ku bwumvikane. Abandi ni Ali Mtoni, Issa Maundu, […]

Kagere na bagenzi be bakiriwe nk’abami i Dar es Salaam (Amafoto)

img-20200803-wa0038.jpg

Ikipe ya Simba SC yakiranwe ubwuzu budasanzwe n’abakunzi bayo, ubwo yasesekaraga i Dar es Salaam kuri uyu wa mbere ivuye mu mujyi wa Mbeya. Muri uwo mujyi wa Mbeya ni ho Simba Sports Club ikinamo Umunyarwanda, Meddie Kagere, yatwariye igikombe cya FA Cup ku munsi w’ejo, nyuma yo gutsinda ibitego 2-1 ku mukino wa nyuma […]