Abantu 9 bafatiwe kwa Miss Vivine wigeze kwandura Covid-19 bahagize akabari

Mu ijoro ry’uyu wa 9 Kanama 2020, abantu 9 bafatiwe mu rugo rwa Miss Vivine Uwizeye wigeze kwandura icyorezo cya Covid-19, mu Mudugudu wa Ihuriro, Akagari ka Gatenga, Umurenge wa Gatenga ho mu Karere ka Kicukiro barugize akabari. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gatenga, Mugisha Emmanuel yahamirije bwiza.com aya makuru, gusa avuga ko Miss Viviane we […]
Perezida Kagame yitabiriye umuhango wo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri ba Kaminuza ya UGHE

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri iki Cyumweru yitabiriye umuhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri 28 basoje amasomo y’ubuvuzi muri Kaminuza Mpuzamahanga y’Ubuvuzi (UGHE) iherereye mu Ntara y’Amajyaruguru, akarere ka Burera, nyuma y’umwaka umwe ayifunguye ku mugaragaro. Ni umuhango Umukuru w’Igihugu yitabiriye hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus cyugarije u Rwanda n’Isi muri […]
Rwanda: Umuntu wa 7 yishwe na Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 9 Kanama 2020 yatangaje ko umuntu wa karindwi yishwe n’icyorezo cya Covid-19. Uwapfuye ni umugabo w’imyaka 77 y’amavuko wapfiriye mu Mujyi wa Kigali nk’uko iyi Minisiteri yabitangaje mu butumwa bwihanganisha umuryango we wasigaye. Abagaragayeho iki cyorezo ni 6 bo mu mujyi wa Kigali gusa, bahuye n’abanduye. Aba babonetse […]
Burundi: Batatu baheruka gutera amabuye imodoka za Perezida Ndayishimiye bakatiwe imyaka 30
Ubutabera bw’u Burundi kuri iki cyumweru, bwakatiye igifungo cy’imyaka 30 nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gutera amabuye imodoka zari ziherekeje Perezida, Evariste Ndayishimiye, bagamije kumugirira nabi. Imodoka zari ziherekeje Perezida Ndayishimiye zaterewe amabuye ahitwa Musave, agace gaherereye muri Komini Kayanza ho mu ntara ya Kayanza. Byabaye ku wa gatatu tariki ya 05 Kanama, ubwo umukuru […]
Uganda: Abasirikare batandatu bahamijwe iyicarubozo
Urukiko rwa gisirikare muri Uganda, rwakatiye igifungo cy’amezi atandatu abasirikare batandatu b’icyo gihugu, nyuma yo guhamwa n’icyaha cy’iyicarubozo. Batandatu bahamijwe iyicarubozo barimo Lieutenant Denis Gumisiriza, Sergeant Francis Ethiano, Corporal Paul Mukyansi, Corporal Kolo Mwanze, Corporal Ismael Muchunguzi na Private Wefura Dickson. Umuvugizi wa Diviziyo ya kabiri y’igisirikare cya Uganda UPDF bariya basirikare babarizwagamo, Maj. Charles […]
U Buhinde: Ikigo kivurirwamo abarwayi ba COVID-19 cyibasiwe n’inkongi y’umuriro
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 9 Kanama 2020, inkongi y’umuriro yibasiye ikigo kivurirwamo abarwayi barwaye icyorezo cya Coronavirus mu gihugu cy’u Buhinde, 10 bahita bapfa naho abarenga 20 barakomereka. Iyi nkongi y’umuriro yibasiye Hoteli yitwa Swarna Palace iri kwifashishwa muri iyi minsi mu kwita ku barwayi ba Coronavirus, iherereye mu Mujyi wa […]
Ingabire Victoire yongeye guhura n’umukobwa we nyuma y’imyaka 10
Umuyobozi w’ishyaka rya DALFA-Umurinzi ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, Ingabire Victoire Umuhoza kuri uyu wa 9 Kanama 2020 yatangaje ko yongeye kubona umukobwa we, Raissa Ujeneza nyuma y’imyaka 10. Uyu munyapolitiki yatangarije ubu butumwa ku rubuga rwa Twitter, agira ati: “Nyuma y’imyaka 10 nishimiye cyane kongera kubona umukobwa wanjye Raissa waje kunsura ari kumwe n’abana […]
Gukurwaho kw’Inteko y’Ururimi n’Umuco byaba bishyira Ikinyarwanda mu marembera?
Itegeko No. 01/2010 ryo ku wa 29/01/2010 ni ryo ryashyizeho Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco (RALC), rigena inshingano, imiterere n’imikorere yayo nk’uko bigaragara mu igazeti ya leta y’u Rwanda yo ku wa 05/02/2010. Tariki ya 3 Kanama 2020, Inteko ishinga amategeko yatoye itegeko rikuraho iri tegeko, ryemejwe bidasubirwaho na Komisiyo ibishinzwe muri iyi nteko, byemezwa ko […]
Sepp Blatter yahishuye ko yirukanwe muri FIFA azira umugabane wa Afurika
Umusuwisi Sepp Blatter wahoze ayobora Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), yatangaje ko atabona umugabane wa Afurika wongera kwakira imikino y’Igikombe cy’Isi vuba, anahishura ko kuba yarahaye uyu mugabane kwakira igikombe cy’Isi muri 2010 biri mu byatumye yeguzwa muri FIFA. Blatter yayoboye FIFA imyaka 17 kugeza mu Kuboza mu 2015, ubwo yeguzwaga kubera ruswa yavugwaga […]
Abashoferi 87 bahaniwe gusuzugura amabwiriza ya polisi n’ayo kwirinda Covid-19
Mu igenzura ryakozwe na Polisi y’u Rwanda kuva tariki ya 27 Nyakanga 2020, ryagaragaje abashoferi 87 barenze ku mabwiriza ya Leta yo kurwanya no kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19. Mu mabwiriza yakunze kugonga aba bashoferi harimo iryo kutarenza isaha ya saa tatu bataragera aho bataha, gusuzugura amabwiriza bahabwa n’abapolisi iyo babahagaritse muri iryo joro no […]