Rusizi: 24 batawe muri yombi basengera mu mashyuza
Mu rukerera rwo kuwa 9 Kanama Polisi ikorera mu karere ka Rusizi mu murenge wa Nyakabuye yataye muri yombi abantu 24 bo mu madini atandukanye barimo gusengera mu mashyuza batubahirije amabwiriza yo kurwanya icyorezo cya COVID-19. Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko usibye ko n’ubusanzwe […]
Mahama: Impunzi ziravuga ko zashyizwe ku rutonde rw’abagomba gutahuka zitabizi
Zimwe mu mpunzi z’Abarundi zicumbikiwe mu nkambi ya Mahama iherereye mu karere ka Kirehe, ziravuga ko zashyizwe ku rutonde rw’impunzi zifuje gutahuka mu gihugu cyazo zitabimenyeshejwe, zigasaba kurukurwaho. Ku wa 26 Nyakanga ni bwo hasohotse urutonde rw’impunzi z’Abarundi zirenga 300 zandikiye Perezida Evariste Ndayishimiye, zimusaba kuganira na Leta y’u Rwanda ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita […]
Tariki ya 10 kanama 610: Mu mabonekerwa intumwa y’Imana Muhamad yatangiye kwakira ibitabo bigize Korowani
Uyu munsi ni kuwa Mbere tariki 10 Kanama 2020, ni umunsi wa 222 w’umwaka . Uyu mwaka urabura iminsi 143 ngo ugere ku musozo. Tariki ya 10 Kanama 610: Intumwa y’Imana Muhamad yatangiye amabonekerwa yo kwakira igitabo cya mbere mu bigize Korowani(Qu’an)ntagatifu. Abemera amahame y’idini ya Islam , ijoro ryo kuwa 10 Kanama baryita ijoro […]
M7 yasabye Abagande guhina akarenge kerekeza mu Rwanda, Abarundi bashaka gutaha barasubizwa- Inkuru zaranze icyumweru
Icyumweru gishize cyari icya 32 muri 53 bizagira umwaka w’2020. Cyatangiye tariki ya 3 kirangira ku ya 9 Kanama 2020. Ni cyo cyizihijwemo umunsi w’Umuganura tariki ya 7 Kanama, mu buryo butanenyerewe bitewe n’ingamba zafashwe zo kwirinda icyorezo cya Covid-19. Ntabwo habayeho ubusabane nk’uko byari bisanzwe ariko abarinzi b’umuco n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko […]
Shaddy Boo arasobanuza impamvu Polisi yinjira mu mazu y’abantu nta rupapuro rw’isaka ifite
Icyamamare mu gukoresha imbuga nkoranyambaga, cyane cyane urwa Instagram, Mbabazi Shadia uzwi nka ‘Shaddy Boo’ kuri iki cyumweru , uyu yabajije Polisi y’u Rwanda uburyo isigaye yinjira mu mazu y’abantu nta rupapuro rw’isaka ifite. “Muraho Rwanda Police Nshaka kubaza ese searching warrant (urupapuro rw’isaka) imaze iki niba polisi isigaye yinjira mu mazu y’abantu igasaka nta […]