Rwanda: Abantu 86 bakize Covid-19 mu masaha 24

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 11 Kanama 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 19 banduye icyorezo cya Covid-19, mu bipimo 5153 byafashwe. Abagaragayeho iki cyorezo ni 10 bo mu mujyi wa Kigali, bahuye n’abanduye n’abapimwe mu bibasiwe kurusha abandi. Hari kandi 6 babonetse mu Karere ka Rubavu, bakaba ari Abaturarwanda batashye bahita bashyirwa mu […]
Menya ibirambuye ku ngabo z’u Rwanda zirwanira mu kirere

Iteka rya Perezida No. 33/01 ryo ku wa 03/09/2012 rigena imiterere n’inshingano zihariye bya buri cyiciro kigize ingabo z’u Rwanda. Ingingo ya kabiri yaryo ivuga ko izi ngabo zibumbiye mu byiciro bitatu: Ingabo zo ku butaka (RLF: Rwanda Land Force) , izo mu kirere (RAF: Rwanda Airforce) n’Inkeragutabara (NRF: National Reserve Force). Iri teka rivuga […]
Urukiko rwategetse ko umunyemari Nkubiri Alfred akomeza gufungwa
Kuri uyu wa 11 Kanama, Urukiko rw’ibanze rwa Gasabo rwategetse ko umunyemari Nkubiri Alfred, uregwa ibyaha byo kunyereza umutungo wa Leta n’icyaha cy’ubuhemu akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo. Nkubiri Alfred usanzwe afite uruganda ENAS rutunganya ifumbire, ni umwe muri ba rwiyemezamirimo 9 Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, MINAGRI yari yarahaye isoko ryo kugeza ifumbire ku bahinzi, ariko […]
Ambasaderi Kamali Karegesa yapfuye
Umuryango wa RPF Inkotanyi watangaje ko Ambasaderi Kamali Karegesa yapfuye kuri uyu wa 11 Kanama 2020 azize uburwayi. Mu butumwa uyu muryango wanyujije ku rubuga rwa Twitter, wagize ati: “Mu izina ry’Umuryango RPF Inkotanyi, Umunyamabanga Mukuru Hon. François Ngarambe arihanganisha umuryango wa Ambasaderi Kamali Karegesa witabye Imana kuri uyu wa Kabiri azize uburwayi. Ambasaderi Kamali […]
Nyamasheke: Abana 2 bavukana barohamye mu kivu
Abana 2 bavukana bo mu mudugudu wa Butare,akagari ka Rugali mu murenge wa Macuba,mu karere ka Nyamasheke barohamye mu kivu ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 9 Kanama,kugeza n’ubu imirambo yabo iracyashakishwa,abaturage baravuga ko bayibuze. Nk’uko Bwiza.com yabihamirijwe na bamwe mu baturage b’umudugudu wa Butare bikanemezwa n’umukuru w’uyu mudugudu Mbarushimana Alfred, ngo abana barohamye ni […]
Inkumi iri mu byishimo by’imyaka 28 imaze irwaye SIDA
Doreen Moraa Moracha, umukobwa w’inkumi wo mu gihugu cya Kenya, yishimiye kwizihiza isabukuru y’imyaka 28 y’amavuko amaze abana n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA. Ni urugamba rutoroshye kubana na kiriya cyorezo, ibyatumye Doreen yishimira imyaka 28 amaze abana na kiriya cyorezo nk’uko yabigaragaje ku rubuga rwe rwa Facebook. Abinyujije kuri urwo rubuga yagize ati: “Kuva mu 1992 […]
Rubavu/Gisenyi: Abayobozi basabwe gusobanura ibya miliyoni 86 z’irondo zaburiwe irengero
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu, bwahamagaje abayobozi b’umurenge wa Gisenyi uri mu yigize ako karere ngo basobanure ibya miliyoni 86 z’Amafaranga y’u Rwanda y’imisanzu y’irondo yaburiwe irengero. Ku wa 04 Kanama ni bwo imyanzuro y’Inama njyanama y’akarere ka Rubavu yateranye muri Gicurasi uyu mwaka, yerekanye ko hari amafaranga abarirwa muri 86,000,000Rwf yari agenewe irondo mu murenge […]
Nigeria: Umuhanzi yakatiwe urwo gupfa azira gutuka intumwa y’Imana Muhamad
Urukiko rwa ki Islam rwo muri leta ya Kano mu majyaruguru ya Nigeria rwakatiye umuhanzi Yahaya Aminu Sharif igihano cy’urupfu, nyuma y’uko rumuhamije icyaha cyo gutuka intumwa y’Imana Muhammad. Urukiko rw’ikirenga rwa ki Iskam rw’umugi wa Kano rwahamije umuririmbyi w’icyamamare Aminu Yahaya urwo gupfa , nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gutuka no kwandagaza intumwa y’Imana […]
Bruce Melody na Shaddy Boo batawe muri yombi
Amakuru aturuka muri Polisi y’Igihugu avuga ko umuhanzi Bruce Melodie na Uwimbabazi Shadia uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga nka Shaddy Boo, batawe muri yombi bashinjwa kurenga ku mabwiriza yo kurwanya Coronavirus no gukwiza urusaku. Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera, yemeje aya makuru y’uko aba bombi bakurikiranyweho kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus […]
U Burusiya bwemeje ko bwabonye urukingo rwa Covid-19, rwageragerejwe ku mwana wa Perezida
Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin kuri uyu wa 11 Kanama 2020 yatangaje ko abashakashatsi b’iwabo bavumbuye urukingo rwa Covid-19, ndetse ko barugeragereje no ku mukobwa we, bigaragara ko rukora. Perezida Putin mu gitondo kuri televiziyo y’Igihugu, yagize ati: “Muri iki gitondo, urukingo rwa mbere rwa Coronavirus rwabonetse.” Yakomeje agira ati: “Umwe mu bakobwa banjye yakingiwe, […]