Isoko ryo “Kwa Mutangana” rigiye kongera gufungura imiryango
Nyuma y’igihe gikabakaba ukwezi isoko rya Nyabugogo rizwi nko “Kwa Mutangana” rifunzwe, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali kuri uyu wa 13 Nzeri 2020 bwatangaje ko rifungura ku wa Kabiri. Amaseta yongereweho atarasanzwe mu myubakire agomba kuvaho, abacururizaga mu nzira nabo basabwe kuhava, mu rwego rwo kugabanya ubucucike bw’abarikoreramo. Abacuruzi n’abaranguza imboga n’imbuto, ngo bazakomeza kubikorera ku […]
Abandi bantu 26 banduye Covid-19 mu Rwanda

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 13 Nzeri 2020 yatangaje ko abantu banduye Covid-19 biyongereyeho 26, mu bipimo 2722 byafashwe. Abanduye barimo 22 bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi i Kigaki, 2 babonetse mu Karere ka Musanze, 1 wabonetse i Nyanza n’undi wabonetse i Kirehe. Abamaze gukira iki cyorezo ni 2556 barimo 12 babonetse uyu […]
Imbeba yagiye kona urumogi, isinda ubutahivana_Amafoto

Umunya-Canada uhinga urumogi, Colin Sullivan yatunguwe no gusanga imbeba igaramye, yasinze bikomeye [hafi no gupfa] hari hashize iminsi ibiri ayibonye iri kumwonera. Iyi nkuru Sullivan yayisangije abamukurikira ku rubuga rwa Twitter tariki ya 1 Nzeri 2020, ashyiraho amafoto agaragaza ibihe bitandukanye iyi mbeba yanyuzemo, iri muri uru rumogi. Yagize ati: “Mu minsi ibiri yikurikiranya, nabonye […]
Suede: Gukora uburaya biremewe ariko kugura indaya birahanirwa
Itegeko ryashyizweho mu 1999 muri Suede, ryemerera abenegihugu gukora uburaya cyangwa se kwicuruza gusa ntibyemewe na gato kugura indaya muri iki gihugu, uwabirengaho akaba ashobora no gufungwa. Ingingo ya 6.11 y’itegeko iri mu gitabo kigena ibyaha n’ibihano nk’uko ryavuguruwe mu 2005, igira iti: “Umuntu ukora imibonano mpuzabitsina n’undi, agambiriye kumuha inyishyu, aba akoze icyaha. Uwo […]
Museveni uri mu bagombaga kwitabira inama y’i Goma, yagiye muri Tanzania_Amafoto

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni nk’umwe mu bagombaga kwitabira inama y’Abakuru b’ibihugu mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubu ari muri Tanzania mu ruzinduko rw’akazi. Perezida Museveni yageze muri Tanzania kuri uyu wa 13 Nzeri 2020, yakirwa na mugenzi we, Dr. John Pombe Magufuli, aho bagiranye ibiganiro ku bukungu n’ubuhahirane hagati […]
Menya umuhango wo ‘Gufukura amariba’ n’inzara zagiye zibasira u Rwanda
Imihango yo gufukura amariba yaberaga mu Bufundu, mu Kabagali, mu Nyantango, mu Kinyaga, ariko cyane cyane ku iriba rya Nzavu mu Bunyambiriri, kuko ariryo rya Maryohe, kandi rikaba ingarigari y’Abami b’Amatungo bafite umurwa wabo wa Suti ya Banege mu Bunyambiriri. Bafukuraga amariba mu miterekero yo guhosha ibyorezo by’indwara byakundaga gutera mu matungo. • Muryamo yateye […]
Hari icyo Victoire Ingabire avuga kuri Padiri Nahimana ubika Perezida
Umuyobozi w’ishyaka rya DALFA Umurinzi ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, Victoire Ingabire yagize icyo avuga kuri Padiri Nahimana Thomas umaze igihe abika Perezida wa Repubulika y’u Rwanda. Padiri Nahimana Thomas aba mu Bufaransa, aho yatangiriye politiki yo kurwanya ubutegetsi bw’u Rwanda mu 2005 akigerayo. Avuga ko Perezida wa Repubulika y’u Rwanda atakiriho, amashusho amugaragaza ari […]
Umuherwe Kanyamunyu yemeye ko yishe umuntu mu 2016, aha umuryango we inka 10
Umuherwe witwa Kanyamunyu Mathew ukomoka mu muryango wa Acholi muri Uganda yahaye umuryango wa Kenneth Akena Watmon yishe mu 2016 inka 10 n’ihene 3 nk’icyiru, abitegetswe n’abasaza bagendera ku muco gakondo. Tariki ya 12 Ukuboza 2016 ni bwo Kanyamunyu yarashe Akena wari impirimbanyi y’uburenganzira bw’umwana, amusanze mu modoka ye yari iparitse muri ‘Parking’ ya Lugogo […]
Uganda: Abasirikare 2 ba SFC barashinjwa kwica umuturage kubera amafaranga
Abasirikare babiri bo mu mutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu muri Uganda uzwi nka Special Force Command-SFC, Private Apiku Jackson na Olobo Sadiq, bivugwa ko bahawe akazi ko kwica umuturage wo muri Luweero batawe muri yombi. Bivugwa ko bahawe akazi na Richard Ssebina uzwi ku izina rya Sekitoleko, ko kwica murumuna we Musa Katinda Bisaso w’imyaka […]
Kinshasa: Abagizi ba nabi bateye ikigo nderabuzima bafata ku ngufu abarwayi n’abaganga
Mu ijoro ryo kuwa Gatanu rishyira kuwa Gatandatu, itariki 12 Nzeri, Ikigo Nderabuzima cya Kisenso, muri Kinshasa, cyibasiwe n’abagizi ba nabi bazwi nka Kuluna bitwaje imihoro, inyundo n’izindi ntwaro gakondo zakoreshejwe mu gutera ubwoba abaganga n’abarwayi, aho bivugwa ko abagera kuri 7 muri aba bafashwe ku ngufu. Kuri uyu wa Gatandatu, nibwo Imiryango itegamiye kuri […]