Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 45

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 28 Ukwakira 2020 yatangaje ko abantu banduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 45 mu bipimo 1619 byafashwe. Barimo 2 babonetse mu mujyi wa Kigali, uwabonetse i Huye, 2 babonetse i Nyagatare na 40 babonetse mu nkambi y’impunzi mu Karere ka Kirehe. Abamaze gukira iki cyorezo ni 4851, abakirwaye bo […]
Imodoka Idi Amin wayoboye Uganda yibye, yasubijwe nyirayo

Imodoka Perezida Idi Amin Dada wayoboye Uganda yari yaribye mu bwami bwa Buganda mu mwaka 1966 , Guverinoma ya Uganda yategetse ko isubizwa muri ubwo bwami nta yandi mananiza abayemo. Iyi modokoka yo mu bwoko bwa Rolls- Royce Phantom bivugwa ko yibwe na Idi Amin Dada mu mwaka w’1966 . Yibwa mu bwami bwa Buganda […]
Hamenyekanye amakipe azahurira n’Amavubi mato mu matsinda ya CECAFA
Kuri uyu wa 28 Ukwakira 2020, impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (CECAFA) yashyize hanze uko amakipe azahurira mu matsinda y’amarushanwa y’amakipe y’ibihugu, Amavubi yibona mu matsinda ya A. Amavubi y’abatarengeje imyaka 17 y’amavuko azahura na Tanzania, Somalia na Djibouti mu gihe ay’abatarengeje imyaka 20 y’amavuko azahura na Erithrea na Sudani y’Epfo. Uko […]
RDC: Abantu 8 barimo 6 bo mu muryango umwe bishwe n’abantu bataramenyekana
Abantu 8 barimo batandatu bo mu muryango umwe mu ijoro ryo kuwa Kabiri rishyira kuri uyu wa Gatatu, itariki 28 Ukwakira bishwe n’abantu bitwaje intwaro batamenyekanye , mu giturage cya Katoro, mu birometero nka 5 uvuye ahitwa Kiwanja, muri Teritwari ya Rutshuru, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. […]
RIB yataye muri yombi uwahoze ari Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko ruheruka gutata muri yombi Mutangana Jean Bosco wigeze kuba Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda ukurikiranweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano. Muri 2004 nibwo Mutangana yagizwe Umushinjacyaha ku rwego rw’Igihugu, aho yagiye ahagararira Ubushinjacyaha mu manza zitandukanye yaba mu Rukiko Rukuru ndetse no mu Rukiko rw’Ikirenga. Itabwa muri yombi rye ryemejewe […]
Umuvunyi yakiriye ibirego 640 by’akarengane muri 2019/2020
Mu mwaka wa 2019-2020 Urwego rw’Umuvunyi ruvuga ko rwakiriye mu nyandiko ibibazo by’akarengane 640, birimo ibyazanywe n’abagabo 377 n’ibyazanywe n’abagore 261 n’ibibazo 2 byatanzwe n’ibigo. Mu mwaka wa 2019- 2020 kandi, Urwego rw’Umuvunyi rwasesenguye kandi rugenzura imitungo yamenyekanishijwe n’abantu 1,245 muri bo 12 ntibashoboye gusobanura neza inkomoko y’umutungo wabo bityo bakorwaho iperereza. Abantu 3 dosiye […]
Ukena ufite itungo rikakugoboka- Abaturage b’i Rusizi
Bamwe mu baturage b’umurenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi bavuga ko nk’agace k’ubuhinzi n’ubworozi kugira itungo mu rugo ari iby’ingenzi cyane, aho ngo iyo ugize icyo ukenera urifite rikugoboka rikagukura mu kuguzaguza amafaranga ya buri kanya, bakishimira gahunda yo korozwa igeza ku itungo n’utari kuribona kubera ubukene. Babivuze mu kiganiro na Bwiza.com nyuma yo […]
Abagera kuri 80 bamaze kugaragaraho Covid-19 mu Nkambi ya Mahama
Mu byumweru bibiri bishize, Inkambi ya Mahama y’impunzi z’Abarundi mu karere ka Kirehe hafi y’umupaka w’u Rwanda na Tanzaniya imaze kugaragaramo abantu 14 bashya banduye COVID-19. Iyi nkambi icumbikiye impunzi zirenga 60.000 zihaba kuva mu 2015. Amakuru aturuka mu bayobozi b’inkambi ya Mahama yerekana ko kuva icyorezo cyatangira mu Rwanda hagati muri Werurwe, hamaze kugaragara […]
Gen. Muganga yasubije abashinje APR FC gusuzugura Amavubi
Ikipe ya APR FC kuri uyu wa Gatatu, yamenyesheje Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ ko abakinnyi bayo 11 yahamagaye bazaboneka ku wa 2 Ugushyingo barangije kuzuza gahunda y’imyitozo, inyomoza abayishinje gusuzugura Amavubi. Tariki ya 7 Ukwakira ni bwo Mashami Vincent utoza ‘Amavubi’ na bagenzi be, bahamagaye abakinnyi 37 bagomba kwitegura imikino ibiri yo mu itsinda F Amavubi […]
Abagore basatswe mu myanya y’ibanga bagiye guhabwa ubutabera
Qatar yatangaje ko yatangije iperereza ryimbitse ku karengane gaherutse gukorerwa abagore ku kibuga cy’indege cyo mu murwa mukuru Doha, bagasakwa mu myanya y’ibanga bakekwaho guta umwana. Inkuru ya BBC ivuga ko abagore bari bakatishije amatiki mu ngendo 10 z’indege ku kibuga cya Hamad Interantional Airport, basatswe bambaye ubusa hagamije gutahurwa niba umwe muri bo yaba […]