Ingabo zitagira ikinyabupfura ni nk’impeehe_Perezida Ndayishimiye
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yasabye ingabo z’igihugu cye kwimakaza ikinyabupfura no kwirinda abashobora kubashuka bagatezuka ku nshingano zabo, ngo kuko ‘ingabo zitagira ikinyabupfura zimeze nk’impehe’. Ndayishimiye yabigarutseho ku wa Gatanu, ubwo yahuraga n’abasirikare n’abapolisi b’u Burundi, mu muhango wo kubifuriza Noheli nziza n’umwaka mushya muhire. Uyu muhango wabereye ku Kicaro cya batayo ya 22 […]
Urunturuntu ku mupaka wa Ethiopia nyuma y’iyicwa ry’ingabo za Sudani zirimo umujenerali
Ku mupaka wa Ethiopia na Sudani haravugwa urunturuntu nyuma y’iyicwa ry’abasirikare ba Sudani barimo ufite ipeti rya Brig. General bishwe kuwa Kabiri ushize n’ingabo za Ethiopia zifatanyije n’inyeshyamba. Umwe mu bayobozi b’intara ya Sudani yegereye umupaka wa Ethiopia, Al-Qadarif, yabwiye Ikinyamakuru Russian Today (RT) ko ingabo za Sudani zarwaniye mu rugamba rukomeye ku mupaka wa […]
Buyoya azize COVID-19 yaba apfuye rwiza
Amakuru yakomeje gukwirakwira mu gitondo cyo kuwa 18 Ukuboza 2020 ni ay’urupfu rwa Maj. Pierre Buyoya wayoboye u Burundi, azize COVID-19 nk’uko bigenda bigarukwaho n’ibitangazamakuru. Hari n’abo bafitanye amasano babyemeza. Uyu mugabo waranzwe no kutubaha demukarasi, yageze ku butegetsi bwa mbere mu 1987 ubwo yari amaze guhirika Col. Jean Baptiste Bagaza mubyara we. Buyoya w’Umututsi […]
FLN iravugwaho kubeshya ko yaba yongeye gutera i Nyabimata
Kuva tariki 17 Ukuboza 2020,hatangiye kuzenguruka itangazo ry’umutwe wa FLN, ryigamba igitero i Nyabimata ahitwa Manyovu. Ayo matangazo akaba yakwirakwije ku mbuga za Whatsapp na Facebook. Nyuma yo gutambutsa iri tangazo, bamwe mu Banyarwanda baba ku mbuga nkoranyambaga za facebook cyane cyane abatuye muri ako gace bavuga ko ibi atari byo. Biragoye kwizera iby’aya makuru! […]
Kivu y’Amajyepfo: Barifuza Kabila mu rukiko mu rubanza ku iyicwa ry’umuturage

Ihuriro ry’imiryango ya sosiyete sivile n’umushinjacyaha wagize uruhare mu rubanza ruregwamo Sergeant Bwira Malira wari ushinzwe kurinda umutungo w’ubutaka w’umuryango wa Joseph Kabila, ukurikiranweho kwica umusivili ahitwa Mbobero, muri Kivu y’Amajyepfo, barasaba ko uyu wahoze ari perezida yitaba urukiko nawe agatanga ibisobanuro kuri ubwo bwicanyi. Imiryango itegamiye kuri leta yatanze ubusabe kuri uyu wa Gatanu, […]
Boeing yakoze amanyanga ngo indege zayo zamaze abantu zemererwe gusubira mu kazi
Abashakashatsi ba Sena ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika baravuga ko abayobozi ba Boeing “bakoresheje mu buryo budakwiye” abapilote bashinzwe gusuzuma indege kugirango indege zayo za 737 Max zemererwe kongera gukora. Izi ndege za Boeing zo mu bwoko bwa 737 Max zahagaritswe muri Werurwe 2019 nyuma y’impanuka ebyiri zahitanye abantu batari bacye. Abashinzwe iperereza bashinje […]
Bobi Wine avuga ko hari abasirikare bakuru bamushyigikiye
Umukandida w’ishyaka rya National Unity Platform (NUP), Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine avuga ko hari abasirikare bakuru muri Uganda bamushyigikiye mu mugambi we wo guhigika perezida Museveni. Bobi Wine avuga ko ibyo avuga Museveni abizi neza bityo akaba ari nayo mpamvu yakoze impinduka muri polisi no mu gisirikare. Ati ” Museveni aradutinya kuko bamwe […]
Umuhanzi Meddy yateye ivi
Umuhanzi Ngabo Medard Jobert uzwi mu muziki Nyarwanda nka ‘Meddy’, yateye ivi asaba Mimi Mehfira bamaze igihe bakundana ko yazamubera umugore. Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Ukuboza 2020 nibwo Meddy yasabye uyu mukobwa ukomoka muri Ethiopia ko yazamubera umugore, mu birori by’isabukuru y’amavuko ya Mimi Mehfira. Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, […]
Gen Vincent Gatama yagizwe Umugaba Mukuru wa EASF
Umunyarwanda, Brig Gen Vincent Gatama, yemejwe nk’Umugaba Mukuru w’umutwe w’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba zihora ziteguye gutabara aho rukomeye (EASF), mu nama ya 28 y’uriya mutwe yari imaze iminsi ibera i Kigali. Gen Gatama wari umuyobozi w’ingabo z’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, azayobora uriya mutwe mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere. Inama y’uriya mutwe yemeje ko […]
Museveni yavuze ko umupolisi utarinda abaturage, akwiye kujya korora ihene
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ubwo yaganiraga n’abayobozi mu ishyaka rya NRM mu gace ka Kibaale kuri uyu wa 18 Ukuboza 2020, yatangaje ko umupolisi udashobora kurinda abaturage, akwiye kuva ku kazi, akajya korora ihene. Nk’uko Nile Post yabitangaje, Museveni yakomozaga ku mpinduka aherutse gukora mu buyobozi bw’igisirikare n’igipolisi cya Uganda, aho nka Gen. […]