Abandi 4 bishwe na Covid-19, handura 154

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko abandi bantu bane bishwe n’icyorezo cya Covid-19 kuri uyu wa 11 Mutarama 2021, umubare w’amaze gupfa ugera ku 124. Bairmo abagore babiri b’imyaka 45 na 73 n’umusaza w’imyaka 73 bapfiriye mu mujyi wa Kigali, n’umusaza w’imyaka 86 wapfiriye muri Rulindo. Abanduye bo ni 154 barimo 88 babonetse i Kigali, […]
Uganda: Abakandida 2 b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bakuyemo akarenge
Abakandida babiri b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, biyamamarizaga imyanya mu Nteko Ishinga Amategeko, kuri uyu wa 10 Mutarama 2021 byamenyekanye ko bakuyemo akarenge. Aba ni Michael Musaalo wari umukandida w’ishyaka rya ANT (Alliance for National Transformation) rya Rtd. Maj. Gen. Mugisha Muntu, wiyamamazaga ahagarariye agace ka Mbale na Godfrey Mabonga wari umukandida w’ishyaka rya […]
Ubufaransa: Umukinnyi ukomoka muri Congo yapfiriye mu kibuga
Umufaransa ufite inkomoko muri Congo-Brazzavile, Christopher Maboulou wakiniye amakipe atandukanye yiganjemo ayo mu gihugu cy’Ubufaransa, yitabye Imana ejo ku Cyumweru aguye mu kibuga. Ibinyamakuru byo mu Bufaransa byavuze ko uyu mukinnyi wakinaga hagati mu kibuga yazize indwara y’umutima. Ikipe ya Bastia Maboulou yakiniye yemeje amakuru y’urupfu rwe mu butumwa yanditse kuri Twitter yayo. Christopher Maboulou […]
Kiyovu Sports yirukanye Ndanda imuziza guta akazi yari amaze igihe gito asinyiye
Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bumaze gutangaza ko bwatandukanye n’umutoza w’abazamu n’umuyobozi tekenike, Ndizeye Aime Desire uzwi ku izina rya Ndanda, nyuma yo guta akazi nta mpamvu atanze. Byatangarijwe ku rubuga rwa Twitter rw’iyi kipe aho, yagize iti: “Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports buramenyesha abakunzi bayo n’abandi muri rusange ko iyi kipe yafashe umwanzuro wo gutandukana na […]
REB ni rwo rwego rukora nabi mu gihugu kurusha izindi nzego za leta_Ingabire M. Immaculée
Umuyobozi w’Umuryango Mpuzamahanga Urwanya Ruswa n’Akarengane mu Rwanda, Ingabire Marie Immaculée, yanenze cyane Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi (REB), agaragaza ko kiza ku isonga mu gihugu mu gutanga serivisi mbi. Madamu Ingabire yabigarutseho, nyuma y’abenshi mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa Twitter bakomeje kunenga REB bayishinja kubakumira kuri urwo rubuga (block). Abo REB yabrotse kuri Twitter biganjemo abakundaga […]
Nyarugusu: Impunzi z’Abarundi zisaga 10 zifunze zizira gusohoka mu nkambi
Impunzi z’Abarundi 11 zibarizwa mu Nkambi ya Nyarugusu muri Tanzania, abagore umunani n’abagabo batatu zifungiwe muri kasho ya polisi kuva kuwa Gatanu ushize zizira gusohoka inkambi zitabiherewe uburenganzira, aho bagenzi bazo bavuga ko ifungwa ryabo rinyuranyije n’amategeko kandi riri mu mugambi wo kubahatira gutaha iwabo ku ngufu. Igipolisi cya Tanzania cyataye muri yombi zi mpunzi […]
HUYE: Abana biga Regina Pacis barataka kuriganywa amafaranga bizigamye bavuga ko yariwe n’ubuyobozi

Abanyeshuri biga muri Ecole Secondaire Regina Pacis de Tumba, baravuga ko bizigamiye amafaranga asaga ibihumbi ijana na mirongo itanu (150,000Frw) bagamije kwiteza imbere, aza kuburirwa irengero bagakeka ko yarigishijwe n’u buyobozi bw’ikigo. Aba banyeshuri babwiye bwiza.com ko ikibazo cyagaragaye, ubwo bari basubiye kwiga nyuma y’amezi 8 bari bamaze bari iwabo mu rugo, ku mpamvu zo […]
Byinshi ku buryo bune abarinzi bahagararamo barinze abanyacyubahiro
Kurinda abanyacyubahiro ahanini baba barimo abakuru b’ibihugu n’imiryango yabo ni zimwe mu nshingano zikomeye ku rwego rw’umutekano. Ibi bituma hari uburyo bune buzwi ababikora bahagararamo igihe uwo barinze ari mu bikorwa bye bya buri munsi nko mu birori, agenda n’amaguru, n’ibindi. Ibi nabyo ni amasomo mu yandi yo mu bitabo ndetse yiyongeraho imyitozo kabuhariwe. Inyandiko […]
Kampala: Umukandida-perezida yarekuwe mu gitondo yongera gufatwa uwo munsi
Umukandida ku mwanya w’umukuru w’igihugu, Patrick Oboi Amuriat yafatiwe mu Mujyi wa Kampala nyuma y’amasaha make afunguwe, aho yari yafatiwe mu Karere ka Mpigi aryozwa kugenda yicaye hejuru y’imodoka. Amuriat afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Katwe aho yafungiwe gusuzugura byatuma indwara ikwirakwira no guteza umuvundo mu muhanda wa Natete- Ndeeba nk’uko polisi ibitangaza. Kuva […]
Beni: Habyukiye imyigaragambyo isaba iyirukanwa rya MONUSCO
Mu Mujyi wa Beni uherereye mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Mbere, itariki 11 Mutarama 2021 habyukiye indi myigaragambyo yahagaritse ubuzima yateguwe n’imiryango nka Veranda Mutsaga na LUCHA isaba ko MONUSCO yava muri iki gihugu. Aba barashinja MONUSCO kunanirwa gushyira mu bikorwa inshingano zayo zo kurinda abaturage muri iki gice. […]