CHAN: Abakinnyi 12 ba RDC bamaze kwandura Covid-19, isigaranye umuzamu umwe
Ikipe y’umupira w’amaguru ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo yitabiriye irushanwa rya CHAN 2020, ikomeje kugaragaramo abakinnyi bandura icyorezo cya Covid-19, aho ubu isigaranye umuzamu umwe muri batatu yaserukanye. Aya makuru yamejwe kuri uyu wa 24 Mutarama 2021, avuga ko abarimo umuzamu Nathan Mabruki Tshumu, Rick Tulenge na William Likuta banduye iki cyorezo; igiteranyo cy’abamaze […]
Umupolisi wari ucungiye Ndayishimiye umutekano yuzuye umwuka, asaba abantu kwitegura Yesu
Umupolisi w’u Burundi wari ucunze umutekano ahari Perezida Evariste Ndayishimiye, yuzuye umwuka atangira kwigisha abantu abasaba kwihana ibyaha byabo, kugira ngo bazabashe kwakira ‘Yesu uri hafi kugaruka’. Ejo ku Cyumweru Perezida Ndayishimiye yari mu mujyi wa Gitega, aho yari yitabiriye umuhango wo kwimika uwari kumusimbura ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka CNDD-FDD. Réverien Ndikuriyo wahoze ari […]
Abahitanwa na COVID-19 ‘bazagabanyuka mu cyumweru gitaha’

Minisitiri w’ubuzima Dr. Daniel Ngamije avuga ko hari icyizere ko guhera muri iki cyumweru gitangiye kuri uyu wa Mbere umubare w’indembe n’uw’abahitanwa na COVID19 ushobora gutangira kugabanyuka bitewe n’ikoreshwa rya Favipiravir mu kubitaho. Muganga Ngamije mu kiganiro na RBA ati ” (…) Muri iki cyumweru gitangiyeturaza kubona uko imibare ihagaze muri rusange cyane igabanyuka ry’abari […]
Urukiko rwategetse abasirikare n’abapolisi kuva mu rugo rwa Bobi Wine
Urukiko Rukuru muri Uganda rwategetse abasirikare n’abapolisi bamaze iminsi bagose urugo rw’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) kuruvamo. Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi w’ishyaka NUP (National Unity Platform) Bobi Wine abereye umuyobozi, Joel Ssenyonyi kuri uyu wa 25 Mutarama 2021. Ssenyonyi ku rubuga rwa Twitter ati: “Amakuru mashya; Urukiko Rukuru rwatanze itegeko risaba Polisi n’abasirikare kuva mu […]
Centrafrica: Ingabo z’u Rwanda zirifashisha ‘drones’ mu guhiga inyeshyamba
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrica zirifashisha utudege duto tuzwi nka ‘drones’ mu guhiga imitwe yitwaje intwaro ikomeje guhungabanya umutekano w’abaturage. Nk’uko bizwi, utu tudege dusanzwe twifashishwa mu bikorwa bitandukanye birimo gushakisha amakuru mu buryo bw’amafoto n’amashusho, tukaba twoherezwa aho umuntu yagera bigoranye cyangwa se ntabe yanabasha kuhagera. Amakuru avuga […]
Gicumbi se ko wagira ngo urugomo n’ ubujura biremewe-Umuturage
Umuturage witwa Ingabire Eugenie yandikiye BWIZA avuga ko ibijyanye n’urugomo n’ubujura mu Karere ka Gicumbi bikabije ku buryo bisa nk’aho ibi bikorwa byemewe. BWIZA iherutse kubagezaho inkuru ko hari amazina abiri; Kanyundo na Nzamurambaho bo mu Murenge wa Manyagiro, yakuye imitima abahatuye kugeza no kubayobozi. Wasoma: http://bwiza.com/?Gicumbi-Manyagiro-Kuvuga-uwitwa-Kanyundo-na-Nzamurambaho-abaturage-bahita Mu gitekerezo kuri Facebook, Ingabire yagize ati ” […]
Perezida Trump yavuze ibinyoma 30,573 mu gihe yamaze ku butegetsi
Donald Trump mu gihe cy’imyaka ine nka Perezida wa 45 wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, yavuze ibinyoma 30,573 nk’uko byashyizwe ahagaragara n’ikinyamakuru The Washington Post. Iki gitangazamakuru kiri mu bikomeye ku Isi cyavuze ko ibinyoma bya Trump byatangiye kugaragara ku munsi we wa mbere muri White House, bigenda byiyongera umunsi ku wundi ku buryo […]
VIDEO: HARAVUGWA intambara y’ingabo z’u Rwanda na Uganda muri CAR\ Birashoboka ? – ISANZURE
Nabibonye ku mbuga nkoranyambaga- Cleophas Barore avuga kuri Tidjara Kabendera

Umunyamakuru wa RBA, pasiteri Cleophas Barore avuga ko iby’uko mugenzi we Tidjara Kabendera yasezeye mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Itangazamakuru yabibonye ku mbuga nkoranyambaga. Mu kiganiro The Choice ku Isibo TV, Barore avuga ko gusezera kwa Tidjara na we byamutunguye. Ati ” Nabibonye ku mbuga nkoranyambaga gusa byarantunguye. Nta byinshi nabivugaho kuko ni icyemezo cye gusa […]
Ibihe bidasanzwe muri Centrafrica, Gen. Kazura na Nzabamwita muri RDC mu nkuru zaranze icyumweru gishize
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 18 Mutarama 2021 cyaranzwe n’amakuru yihariye ku buzima, bijyanye n’icyorezo cya Covid19, aya politiki, umutekano ndetse n’ububanyi n’amahanga; akaba ari yo twahurije hamwe mu y’ingenzi yakiranze. Ni aya akurikira: Ibihe bidasanzwe muri Centrafrica Repubulika ya Centrafrica ku wa 22 Mutarama 2021 yashyizeho ibihe bidasanzwe by’iminsi 15 bitewe n’ibitero imitwe yitwaje […]