Perezida Kagame yohereje intumwa imuhagararira mu irahira rya Museveni
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, azahagararirwa n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Prof Nshuti Manasseh; mu muhango w’irahira rya Perezida Yoweri Museveni. Kuri uyu wa Gatatu Tariki ya 12 Gicurasi ni bwo Museveni arahirira kuyobora Uganda muri manda ya gatandatu yikurikiranya, mu muhango uzabera ku kibuga cya Kololo. Ni […]
APR FC na Gorilla FC zageze muri 1/4 cy’irangiza cya shampiyona y’u Rwanda
Imikino ya shampiyona mu tsinda A yabaye kuri uyu wa Kabiri, yasize APR FC na Gorilla FC zigeze muri 1/4 cy’irangiza, nyuma yo kwitwara neza imbere ya Bugesera na AS muhanga. APR FC yari yakiriye Bugesera kuri Stade ya Huye iyihatsindira ibitego 2-1, nyuma y’umukino ubanza yari yayitsindiyemo i Nyamata ibitego 3-0. Rutahizamu Bizimana Yannick […]
Umuhanzi Akon ategerejwe mu irahira rya Museveni, aherekejwe n’ibyamamare ‘12’
Umuhanzi w’Umunyamerika ukomoka muri Senegal, Aliaune Damala Badara wamamaye ku izina rya ‘Akon’ ategerejwe mu muhango w’irahira rya Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, aho bivugwa ko azaherekezwa n’ibindi byamamare bigera kuri 12. Nile Post yatangaje ko amakuru ikesha umujyanama wa Perezida mu bya ‘diaspora’ avuga ko Akon na bagenzi be bagera muri Uganda kuri uyu […]
Amafoto: Perezida Kiir wa Sudani y’Epfo yagejejwe muri Uganda n’indege ya RwandAir

Perezida wa Repubulika ya Sudani y’Epfo, Salva Kiir amaze kugera muri Uganda, aho yagiye kwitabira umuhango w’irahira rya mugenzi we, Yoweri Kaguta Museveni, uteganyijwe kuri uyu wa 12 Gicurasi 2021. Amashusho yatambutse mu buryo bw’aka kanya (live) kuri televiziyo ya UBC yo muri Uganda, agaragaza Perezida Kiir yururuka mu ndege y’ikigo cy’u Rwanda gishinzwe ubwikorezi […]
Rayon Sports yahagamwe na Rutsiro, Kiyovu Sports yandagaza Gasogi
Ikipe ya Rutsiro yahagamye Rayon Sports banganya igitego 1-1, mu mukino wa kane wo mu tsinda rya kabiri (B). Rayon Sports yari yakiriye Rutsiro mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Stade Amahoro, nyuma y’ubanza yari yayitsinzemo ibitego 2-0 kuri Stade Umuganda. Umukongomani Hértier Luvumbu ni we wafunguriye Rayon Sports amazamu ku munota wa 25 w’umukino, […]
Burundi: Abapfuye bazize igitero cy’abagizi ba nabi bageze kuri 13
Abapfuye bazize igitero cy’abagizi ba nabi bari bitwaje intwaro zirimo ‘grenades’ mu muhanda uva mu Ntara ya Muramvya ugana muri Bujumbura tariki ya 9 Gicurasi 2021, bivugwa ko bamaze kuba 13. Iki gitero cyagabwe ku modoka enye aba bantu barimo zirimo Toyota Probox n’itwara abagenzi y’ikigo cya Volcano, mu masaa moya y’umugoroba w’uwo munsi. Minisiteri […]
Ibitaro bya Ruhengeri byahishuye impamvu y’ubwiyongere bukabije bw’imfu z’impinja zagaragayemo
Ubuyobozi bw’ibitaro bikuru bya Ruhengeri kuri uyu wa 11 Gicurasi 2021 bwasobanuye icyishe impinja 19 zavutse zitagejeje igihe muri Werurwe. Inkuru y’izi mfu yashyizwe ahagaragara mu ntangiriro z’uku kwezi, na bamwe mu bakorera muri ibi bitaro batifuje ko Bwiza itabatangariza amazina ku bw’umutekano wabo mu kazi. Umwe muri bo yabwiye iki gitangazamakuru ko mu cyumweru […]
Kamwokya yujujwemo ibimodoka by’intambara mu gihe Bobi Wine bivugwa ko na we yiteguye kurahira (Amafoto)

Ibimodoka bya gisirikare byinshi byashyizwe mu gace ka Kamwokya ubusanzwe karimo Ibiro by’Ishyaka National Unity Platform (NUP) ya Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine. Amafoto akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga arerekana ibimodoka byinshi muri ako gace. Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Fred Enanga yari yatangaje ko Bobi Wine nawe bamenye amakuru ko uyu mugabo […]
Perezida Ndayishimiye yageze muri Uganda (Amafoto)

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yamaze kugera i Kampala muri Uganda aho yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Yoweri Kaguta Museveni. Ni umuhango uteganyijwe kubera ku kibuga cy’ubwigenge cya Kololo ejo ku wa Gatatu. Perezida Ndayishimiye uri mu bakuru b’ibihugu birindwi bagomba kwitabira irahira rya Museveni, yageze ku kibuga cy’indege cya Entebbe atwawe n’indege ya Uganda […]
Rwanda-RDC: Ibibazo by’urudaca mu bucuruzi byahagurukije abayobozi mu bihugu byombi

Nyuma y’ukwinuba kugaragara hagati y’abacuruzi batandukanye, baba abanyarwanda, baba n’abanyekongo bakorera ubucuruzi bwambukiranya imipaka ku gice gihana imbibe n’Akarere ka Rusizi, aho bagendaga bagaragaza inzitizi zibabangamira mu mikorere, kuri uyu wa 10 Gicurasi abacuruzi b’abanyarwanda n’abanyekongo bagera kuri 70 bahuriye mu mujyi wa Rusizi barangajwe imbere na Guverineri w’intara y’Uburengerazuba mu Rwanda, Habitegeko François n’uwa […]