Kuki Gen. M. Itno Déby yihutiye kuvugana na Perezida Kagame?

e0p969_xmayyeq6.jpg

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku wa 5 Gicurasi 2021 yakiriye umuhungu wa nyakwigendera Marshal Idris Déby Itno witwa Abdelkerim Deby Itno, akaba murumuna wa Perezida Gen. Mahamat Déby Itno wasimbuye umubyeyi we ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu wa Tchad. Kubonana na Perezida Kagame mu buryo bw’intumwa kwabayeho nyuma y’iminsi mike Perezida Deby yishwe […]

Gen. N’Kashama watangiye kuyobora Ituri, yihanangirije bikomeye imitwe yitwaje intwaro

Lieutenant-General Luboya N’Kashama Johnny watangiye kuyobora intara ya Ituri mu bihe bidasanzwe, yihanangirije mu buryo bukomeye imitwe yitwaje intwaro ikorerayo, ayimenyesha ko atazashingurayo ikirenge itaracika burundu. Uyu musirikare yabitangaje kuri uyu wa 10 Gicurasi 2021 ubwo yageraga mu mujyi wa Bunia avuye i Kinshasa, kugira ngo atangire izi nshingano yahawe n’Umukuru w’Igihugu, Perezida Félix Tshisekedi. […]

Ndayishimiye arangaje imbere abakuru b’ibihugu bazitabira irahira rya Museveni

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, arangaje imbere abakuru b’ibihugu bategerejwe i Kampala muri Uganda aho bagomba kwitabira umuhango w’irahira rya Perezida Yoweri Museveni. Ku wa Gatatu tariki ya 12 Gicurasi ni bwo Museveni azarahirira kuyobora Uganda muri manda ya gatandatu y’imyaka ine, mu muhango uzabera ku kibuga cya Kololo. Perezida w’u Burundi ni umwe mu […]

Babua wavuze ko atagikina kubera ko yanze gukoresha amarozi, yicujije, asaba imbabazi

Rutahizamu wa Kiyovu Sports, Babua Samson Omoviare, yicujije anasaba imbabazi abakunzi n’abayobozi b’iyi kipe kubera ko yabwiye itangazamakuru ko atagikina azira ko yanze gukoresha amarozi. Babua yabitangarije imbere ya camera y’iyi kipe nk’uko bigaragara kuri videwo yashyizwe ku rubuga rwa YouTube rwayo kuri uyu wa 10 Gicurasi 2021 nyuma y’imyitozo ibanziriza umukino wa shampiyona wo […]

Ubwato bwa Amerika bwarashe ku bwa Iran muri Hormuz

Ubwato bwa Amerika bukora akazi ko kurinda bwarashe amasasu yo kuburira ku mato ya Iran yariho yegera amato ya gisirikare ya Amerika mu muhora wa Hormuz, nk’uko bivugwa na Pentagon. Minisiteri y’ingabo za Amerika, Pentagon, ivuga ko amato 13 anyaruka cyane y’ingabo zirwanira mu mazi za leta ya Iran kuwa mbere yasatiriye amato ya Amerika […]