Umugabo yarobye ifi ifite inyinya n’amenyo nk’ay’abantu
Ifi y’imbonekarimwe ifite amenyo nk’ay’abantu arimo n’inyinya ahagana hasi bayirobye muri Leta zunze ubumwe za Amerika. Ifoto y’iyi fi yashyizwe kuri Facebook muri iki cyumweru na Jennette’Pier, ikigo abantu bajya kurobamo muri leta ya North Carolina. Yatangajwe nk’iyo mu bwoko bwa ‘sheepshead’, amafi azwiho kugira imirongo myinshi y’ibijigo mu kanwa biyafasha guhekenya umuhigo (ibiribwa). Iyi […]
Perezida Touadéra yagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru ba RDF (Amafoto)

Perezida Faustin-Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine hano mu Rwanda, kuri uyu wa Gatanu yagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru b’Igisirikare cy’u Rwanda (RDF). Ni ibiganiro byabereye ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda ku Kimihurura. Ni ibiganiro ku ruhande rwa RDF byitabiriwe n’abasirikare bakuru batandukanye, barimo Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Albert […]
Hari impungenge za ba mudahusha_Umusesenguzi Hanlon ku rugamba rwa RDF/FADM n’intagondwa

Umusesenguzi Joseph Hanlon uri gukurikirana urugamba ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Mozambique (FADM) zihanganyemo n’intagondwa zegamiye ku idini ya Isilamu mu duce dutandukanye tw’intara ya Cabo Delgado, avuga ko hari impungenge z’ibitero bya ba mudahusha. Hanlon avuga ko ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique ziyemeje kugarura umutekano wa Cabo Delgado cyane cyane mu gace ka Palma […]
Jacob Zuma yajyanwe mu bitaro avuye muri gereza afungiyemo
Jacob Zuma wahoze ari perezida wa Afurika y’Epfo wafunzwe mu kwezi gushize azira gusuzugura urukiko, kuri uyu wa Gatanu yajyanwe mu Bitaro mu gihe habura igihe kitageze ku cyumweru ngo asubire mu rukiko ku yindi dosiye. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, Urwego rushinzwe abagororwa muri Afurika y’Epfo “ruremeza ko uwahoze ari Perezida Jacob Zuma uyu munsi, […]
Uganda irohereza abandi Banyarwanda 23
Guverinoma ya Uganda kuri uyu wa 6 Kanama 2021 iroherereza u Rwanda abandi Banyarwanda 23 bari bafungiweyo, ibacishije ku mupaka wa Kagitumba uhuza ibihugu byombi. New Times dukesha aya makuru aba Banyarwanda barimo abagabo 19, abagore 3 n’umwana umwe, ubu bakiri mu maboko y’ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka ku ruhande rwa Uganda, mbere y’uko boherezwa mu […]
APR FC yamaganye amakuru avuga ko yimye Seif Release Letter
Ikipe ya APR FC kuri uyu wa Gatanu, yanyomoje amakuru avuga ko yimye Niyonzima Olivier ‘Seif’ ibaruwa imurekura (Release Letter) nyuma yo kumwirukana. Seif yasezerewe na APR FC ku wa Gatatu w’iki cyumweru, ashinjwa kurangwa n’imyitwarire mibi. Nyuma y’uko uyu musore ukina hagati mu kibuga yari amaze kwurukanwa n’iriya kipe y’Ingabo z’igihugu, hari amakuru yavuzwe […]
Kigali: Umugore yabonye umugabo we asinziriye akamukata igitsina
Umugore yatawe muri yombi n’ urwego rw’ igihugu rw’ ubugenzacyaha (RIB) akekwaho guhengera umugabo we asinziriye, akamukata igitsina cye amuziza kumuca inyuma. Nk’ uko BTN TV dukesha aya makuru kibivuga, aya mahano yabereye mu Kagari ka Musezero mu Murenge wa Gisozi wo mu Karere ka Gasabo , biba mu ijoro ryo ku wa 31 rishyira […]
Polisi ya Uganda yazamuye mu ntera Chemutai wegukanye umudari wa zahabu muri Olempike

Polisi ya Uganda yahaye ipeti ryisumbuye Peruth Chemutai uherutse kwegukana umudari wa zahabu mu kwiruka, mu mikino ya Olempike 2020 iri kubera mu Buyapani. Chemutai uhagarariye Uganda mu mukino wo kwiruka yabaye uwa mbere mu kwiruka metero 3000, mu cyiciro cy’abagore tariki ya 4 Kanama 2021, akaba ari we munya Uganda wa mbere wegukanye uyu […]
Ruhango: Babeshywe ko umuntu wabo yapfiriye muri gereza, bategura umuhango wo kumushyingura
Umuryango utuye mu Mudugudu wa Kasemahundo, Akagari ka Bunyogombe, Umurenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango waguye mu kantu nyuma yo kumenya ko umuntu wawo wateguriraga umuhango wo kumushyingura akiri muzima, kandi wari wakiriye amakuru y’uko yamaze gupfa. Mu kiganiro abagize uyu muryango bagiranye na TV1 dukesha iyi nkuru, bavuze ko hari umugenzi wabwiye abaturanyi […]
Perezida Mushya wa Iran yarahiye aha n’ubutumwa bukomeye Abanyaburayi
Perezida mushya w’igihugu cya Iran, Ebrahim Raïssi kuri uyu wa Kane, itariki 05 Kanama 2021 yarahiriye inshingano ze mu muhango wabereye mu nteko ishinga amategeko y’iki gihugu. Ebrahim Raïssi akaba yavugiye ijambo imbere y’abashyitsi barimo abaperezida ba Irak, Afghanistan ndetse n’umudipolomate w’umunyaburayi, Enrique Mora wicajwe imbere y’abahagarariye imitwe ifatwa nk’iy’iterabwoba. Mu ijambo rye rya mbere […]