Ibihugu 10 byibasiwe na Coronavirus kurusha ibindi ku Isi

Kuva icyorezo cya Covid-19 cyagaragara mu Isi mu mpera za 2019, kimaze guhitana abantu basaga miliyoni 4,5 mu gihe abamaze kucyandura basaga miliyoni 219 ku Isi yose. Dore ibihugu 10 bya mbere byibasiwe kurusha ibindi Leta Zunze Ubumwe za Amerika Umubare w’abanduye: 42,900,906 Abanduye kuri miliyoni: 128,691 Abapfuye bose: 691,880 Abapfuye muri miliyoni: 2,075 Abakirwaye: […]

Itsinda rishya muri Gospel, Holy Mercy ryashyize hanze indirimbo ‘Gumana nanjye’

whatsapp_image_2021-09-20_at_11.00.30_am.jpg

Holy Mercy ni itsinda ry’abana b’abaririmbyi biyemeje kuririmba mu njyana zihimbaza Imana, rigwize n’abana bane bavukana batatu muri bo bavukanye ubumuga bw’uruhu. Mu kiganiro Bwiza yagiranye n’aba bana badutangarije ko bishimye cyane, ikindi biteguye gukora uko bashoboye kose ubutumwa buri muri bo bukagera kure. Baherukaga gushyira hanze indi ndirimbo mu mwaka ushize, kuri ubu bamaze […]

Huye: Abanyeshuri barenga 20 ba UR baraye mu bitaro nyuma yo kurya amafunguro bikekwa ko yanduye

Abanyeshuri 27 ba Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye baraye mu bitaro bya CHUB n’ibya Kabutare, aho bagaragaza ibimenyetso byo kuribwa munda bakeka ko byatewe n’amafunguro bariye yaba yari yanduye. Umuyobozi uhagarariye abanyeshuri muri iri shami, Mugabo Ronald yagize ati: “Ayo makuru yaraye angezeho, abagize ikibazo turi kubafasha kujya kwa muganga, twanditse n’amatangazo kugira ngo […]

U Burusiya: Umuntu witwaje imbunda yishe abanyeshuri muri Kaminuza

perm.jpg

Abayobozi b’u Burusiya baravuga ko kuri uyu wa Mbere umugabo witwaje imbunda yarashe akica abantu 8 abandi 6 bagakomereka muri Kaminuza iherereye mu Mujyi wa Perm. Uyu muntu warashe yahise atabwa muri yombi. Ibiro ntaramakuru bya leta, TASS, byavuze ko hari bamwe mu banyeshuri basimbutse mu igorofa banyuze mu madirishya ubwo bumvaga umurashi arimo kurasa. […]

Umusaza w’imyaka 90 akurikiranweho gufata ku ngufu abuzukuru be

Igipolisi cya Dedza mu gihugu cya Malawi cyataye muri yombi umusaza w’imyaka 90 ushinjwa gusambanya abuzukuru be babiri b’imyaka 10 na 11. Umuvugizi wungirije w’igipolisi muri Dedza, Sgt. Cassim Manda, avuga ko uyu musaza witwa Lester Dunken yasambanyije ku ngufu abuzukuru be babiri inshuro nyinshi muri aka karere. Bivugwa ko ku itariki ya 18 Nzeri […]

Mwakotanye intsinzi kandi muyigeraho_Gen Bayingana ashimira abakinnyi ba APR FC

Umuyobozi wungirije wa APR FC, Brig Gen Firmin Bayingana, yashimiye abakinnyi ba APR FC nyuma yo kugera mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions league, ababwira ko babonye intsinzi nyuma yo kuyikotanira. APR FC ejo ku Cyumweru ni bwo yageze mu ijonjora rya kabiri muri CAF Champions league, nyuma yo gutsinda Mogadishu City Club yo […]

Afurika y’Epfo yamaganye icyemezo cy’u Bwongereza bwayigumishije ku rutonde rutukura

Urwego rwa Afurika y’Epfo rushinzwe ubukerarugendo, SATSA, rwamaganye icyemezo cya Guverinoma y’u Bwongereza cyo kugumisha iki gihugu ku rutonde rutukura ruriho ibihugu byugarijwe cyane n’icyorezo cya Covid-19. Ni nyuma y’aho tariki ya 17 Nzeri 2021, Guverinoma y’u Bwongereza itangarije ko ejo tariki ya 22 irakura kuri uru rutonde ibihugu umunani, Afurika y’Epfo ntigaragaremo. Abaturuka mu […]

Pasiteri Bugingo yavuze uko amagi yamutandukanyije n’umugore we bari bamaranye imyaka 19

Umuyobozi w’Itorero ryitwa House of Prayer Ministries International, Pasiteri, Aloysius Bugingo avuga ko uburyo umugore we, Teddy Naluswa Bugingo, yari atazi kumwitaho ngo amutekere amagi cyane umureti, biri mu byatumye batandukana kandi bari bamaranye imyaka 19 babana. Ugutandakana kwa Pasiteri Bugingo na Mama Pasiteri Teddy Naluswa Bugingo n’ubwo ku kiri mu nkiko, Bugingo we avuga […]

Burundi: Igitero cya grenade mu murwa mukuru cyahitanye abantu babiri

Byibuze abantu babiri bahitanwe n’igitero cya grenade mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru mu murwa mukuru wa politiki w’u Burundi, Gitega, mu gihe abandi benshi bivugwa ko bakomeretse. Amakuru aturuka mu Burundi aravuga ko iki gitero cya grenade kibasiye akabari gakunze kuba karimo abayoboke b’ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD. Ni akabari gaherereye ku muhanda Gitega-Ngozi-Muyinga, […]

Museveni yahonze Chameleone Range Rover nshya yitandukanya na NUP ya Bobi Wine

Umuhanzi Jose Chameleone wigeze kwiyamamariza kuba Meya wa Kampala agatsindwa, yatangaje ku mugaragaro ko ari umuyoboke wa nyawe w’ishyaka NRM riri ku butegetsi muri Uganda, nyuma yo kwakira imodoka nshya yo mu bwoko bwa Range Rover yahawe n’iri shyaka ngo yitandukanye n’ishyaka NUP rya Bobi Wine. Uyu muhanzi w’icyamamare muri Uganda no mu karere yatangaje […]