Rusizi: Ibitaro bya Mibilizi byashyiriyeho abivuza bataha uburyo bwo kubavura iminsi yose n’amasaha yose y’icyumweru

Mu gihe mu bitaro byinshi mu gihugu usanga mu mpera z’icyumweru (weekend) cyangwa nyuma ya saa kumi n’imwe z’umugoroba mu minsi isanzwe havurwa indembe gusa,abivuza bataha cyangwa bimwe bivugwa ko batarembye cyane bajyayo mu mpera z’icyumweru bakabwirwa ko bazagaruka ku wa mbere, abagiyeyo kwivuza mu minsi isanzwe ugasanga abaganga basiganwa n’amasaha saa kumi n’imwe z’umugoroba […]

Abatuye Addis Ababa basabwe kujya gukumira TPLF itarabageramo

Ubuyobozi bw’umurwa mukuru wa Ethiopia, Addis Ababa, bwahamagariye abawutuye kujya gukumirira ahandi umutwe witwaje intwaro wa TPLF, utarabageramo. Ni nyuma y’aho uyu mutwe uharanira ubwigenge bw’akarere ka Tigray utangarije ko wamaze gufata uduce kwa Dessie, Burka na Kombolcha, turi byibuze mu bilometero bigera kuri 380 ugana muri Addis Ababa. Ubuyobozi bw’uyu murwa bwasabye abaturage kumurika […]

AS Kigali yandagaje Kiyovu Sports, ifata umwanya wa mbere muri shampiyona

Ikipe ya AS Kigali yanyagiye Kiyovu Sports ibitego 4-0, ihita ifata umwanya wa mbere by’agateganyo ku rutonde rwa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda. Aya makipe yombi yari yahuriye mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona uzwi nka derby y’abanyamujyi wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo. Iminota 18 y’umukino yari ihagije ngo AS Kigali […]

Centrafrique: Ingabo zirinda Perezida Touadéra zarashe iza Loni

Abapolisi 10 ba Misiri bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA), barashweho n’umutwe w’Ingabo zishinzwe kurinda umukuru wa kiriya gihugu babiri barakomereka cyane. Byabereye i Bangui mu murwa mukuru ejo ku wa Mbere tariki ya 01 Ugushyingo. MINUCA ibinyujije ku rubuga rwayo yavuze ko aba bapolisi barashweho n’Ingabo zishinzwe […]

Umuzungukazi yatunguye benshi ajya mu ishyaka EFF rizwiho kwanga abazungu

14331093_screenshot20211004133457_jpeg67d254a4f6eface56dba58fb72543f3e.jpg

Umwangavu w’Umuzungukazi witwa Jess Griesel aherutse gutungura abatari bacye agaragara yambaye ingofero itukura y’ishyaka riharanira ubwisanzure mu bukungu muri Afurika y’Epfo (EFF), ishyaka rigamije guhindura imiterere ya politiki y’igihugu. Ni umukobwa w’umunyeshuri w’imyaka 19, umuzungukazi uvuga ururimi rwa afrikaans rukoreshwa n’abazungu bo muri Afurika y’Epfo, uherutse gutorerwa kujya mu nama ihagarariye abanyeshuri (SRC) muri Kaminuza […]

Umugabo wari iwe mu rugo yagwiriwe n’amazirantoki yajugunywe n’indege yuzura ubusitani

Umugabo w’i Berkshire mu burengerazuba bw’Umujyi wa London mu Bongereza, aherutse guhangayikishwa cyane n’umwanda wo mu musarani warekuwe n’indege, ukagwa iwe mu busitani ukahuzura, na we ukamugwaho. Uyu mugabo utavuzw amazina yari arimo kuruhukira mu busitani bw’iwe ubwo “yahuraga n’akaga mu buryo bubabaje” imyanda y’abantu ikamugwaho ivuye mu ndege. Ibi byabaye hagati mu kwezi kwa […]

Na Padiri Nahimana arahamagarira abantu gufata intwaro, bakarwanya Leta y’u Rwanda

Padiri Nahimana Thomas uvuga ko ari Perezida wa Guverinoma iri mu buhungiro, yatangiye guhamagarira abantu gufata intwaro bakarwanya Leta y’u Rwanda. Aya magambo yayavugiye mu nama yamuhuje n’abagize iyi guverinoma yatambutse kuri shene ye ya YouTube ku Cyumweru tariki ya 31 Ukwakira 2021. Padiri Nahimana yabwiye “Abanyarwanda” ko bakwiye gushira ubwoba, bagaharanira uburenganzira bwabo mu […]