Bidasubirwaho Antonio Conte agarutse gutoza muri Shampiyona y’Abongereza

Ikipe ya Tottenham Hotspur yo mu gihugu cy’u Bwongereza, yemeje Umutaliyani Antonio Conte nk’umutoza wayo mushya. Conte wari udafite akazi nyuma yo gutandukana na Inter de Milan, yasinye amasezerano yo gutoza Tottenham kugeza mu mpeshyi ya 2023 ariko ashobora kongerwa nk’uko iyi kipe yabyemeje ku rubuga rwayo. Tottenham yemeje Antonio Conte nk’umutoza wayo mushya nyuma […]

Uganda: Abakinnyi 5 ba Eritrea batorotse, Polisi irabahiga bukware

Inzego zishinzwe umutekano muri Uganda zatangiye guhiga bukware abakinnyi b’abakobwa batanu bahagarariye Eritrea mu irushanwa ry’akarere ka CECAFA ry’umupira w’amaguru w’abatarengeje imyaka 20 batorotse. Aba bakinnyi bari bacumbitse muri hoteli iri mu Karere ka Jinja batorotse mu rukerera rwo kuri uyu wa 2 Ugushyingo 2021, basize bagenzi babo bagera kuri 13. Iyi mpuzamashyirahamwe, CECAFA, yemeje […]

Rubavu: Ushinjwa kwica umugore we amutemaguye yasabiwe igihano

Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye bwa Rubavu mu cyumweru gishize bwasabiye igihano cy’igifungo cya burundu umugabo ukurikiranyweho kwica umugore we amutemaguye. Icyaha ashinjwa cyakozwe ku italiki ya 23 Nzeri 2021, ahagana saa cyenda z’ijoro, mu Murenge wa Busasamana, Akarere ka Rubavu, ubwo umugabo yatemaguye umugore we amutemesheje umuhoro aramwica. Nyuma yo kubona ko amaze kumwica, yahise […]

Asanga Zimbabwe ikwiye kwigira ku Rwanda mu gukemura ingaruka za “Gukurahundi”

Umwe mu banyamategeko bakomeye mu gihugu cya Zimbabwe, Ephraim Ndlovu, asanga igihugu cye gikwiye kwigira ku Rwanda mu gukemura ibibazo byatewe n’ubwicanyi bwakorewe abaturage b’Aba-Ndebele bwiswe “Gukurahundi”. Nubwo Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yabaye nyuma y’ubwicanyi bwa Gukurahundi, ingaruka zayo zashakiwe igisubizo hakoreshejwe urukiko mpuzamahanga ndetse n’inkiko gacaca. Ndlovu uvuka ahitwa Silobela, igice nacyo cyakozweho […]

Glasgow: Minisitiri ufite ubumuga yakumiriwe mu nama ya Cop26

Minisitiri wo muri Israel ushinzwe ingufu n’amazi, Karine Elharrar yangiwe kugera mu cyumba cyari kigiye kuberamo inama ya Cop26 yiga ku guhangana n’ihindagurika ry’ikirere, bitewe n’uko yari ku kagare k’abafite ubumuga. The Guardian dukesha iyi nkuru ivuga ko ubwo Minisitiri Karine yageraga ku marembo, abateguye iyi nama bamukumiriye, amara amasaha abiri hanze ategereje ko yemererwa […]

Rutahizamu wa Zimbabwe yahuriye n’uruva gusenya ku mugore we

Uwahoze ari rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Zimbabwe, Tendai Ndoro, yasigaye imbokoboko nyuma yo kwirukanwa mu rugo rwe n’umugore we akamwohereza mu bakozi bashinzwe gukora isuku mu rugo. Ndoro wakiniye amakipe atandukanye muri Afurika y’Epfo arimo Chicken Inn na Orlando Pirates, yari amaze imyaka ine yarashakanye na Thando Maseko ukomoka muri kiriya gihugu. Ibinyamakuru byo muri […]

Ethiopia: Minisitiri w’Intebe avuga ko hari abanyamahanga bari gufasha TPLF

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, kuri uyu wa Mbere yatangaje ko abarwanyi b’abanyamahanga barimo abazungu n’abirabura bafashije umutwe wa TPLF mu mirwano iherutse kubera mu mijyi ya Dessie na Kombolcha uyu mutwe uvuga ko iri mu maboko yawo. Ibi Abiy Ahmed yabitangarije mu nama yagiranye n’abagize guverinoma, mu gihe hari amakuru avuga ko abarwanyi […]

Abasirikare ba Uganda ‘bafunze’ Umunyarwandakazi n’umwana we w’imyaka ine

thyy.png

Abasirikare ba Uganda baravugwaho gufunga Umunyarwandakazi, Solange Mukashyaka n’umwana we w’umukobwa w’imyaka ine, Angela Kayitesi, ubwo bari mu nzira berekeza mu Rwanda, bajya iwabo. Ikinyamakuru kitavugwaho rumwe, Virungapost, kivuga ko abasirikare ba UPDF bafunze aba bantu babiri kandi bari bafite impapuro z’inzira zemewe. Kivuga ko kuwa 27 Ukwakira 2021 ari bwo aba bari kumwe n’abandi […]

Bababajwe n’amafaranga Areruya na Ingabire bahembwe mu irushanwa ryo Gukunda Igihugu

josep.jpg

Tariki ya 30 Ukwakira 2021 habaye irushanwa ry’umukino w’amagare ryiswe iryo Gukunda Igihugu, umukinnyi Areruya Joseph aryegukana mu cyiciro cy’abagabo, Ingabire Diane aryegukana mu cyiciro cy’abagore. Areruya nyuma yo kwegukana iri rushanwa rihuje abafatanyabikorwa barimo Minisiteri ya Siporo, Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) n’ibigo byigenga birimo icy’imari, yahembwe amafaranga y’u Rwanda 80,000, Ingabire we […]

Uko urukundo rwabaye imbarutso y’intambara hagati ya Uganda na Tanzaniya

513ae6e6-e41b-4312-8b9c-7cd17c42badd.jpg

Intambara hagati ya Uganda na Tanzania yabaye intandaro yo kuva ku butegetsi kwa Idi Amin yamenyekanye nk’”Intambara yo mu 1979”, ubundi yatangiye mu Ukwakira 1978, nyuma y’umunsi umwe Uganda yizihije isabukuru y’imyaka 16 yari imaze ibonye ukwishyira ukizana. Uko urukundo rwabaye intandaro Mu ijoro ryo ku itariki ya 10 Ukwakira 1978, Uganda yateye Tanzaniya. Mu […]