Imishyikirano y’Abanyekongo ibera i Nairobi izatwara amadolari miliyoni 350

Umunyamabanga Mukuru w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC), Dr Peter Mutuku Mathuki, yatangaje ko imishyikirano y’Abanyekongo ibera i Nairobi izatwara amadolari ya Amerika miliyoni 350. Dr Mathuki yabimenyesheje akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano ku mugoroba wa tariki ya 9 Ukuboza 2022, ubwo yakagezagaho raporo y’iyi mishyikirano igamije gushakira amahoro uburasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo […]
Izindi mpunzi z’abanye-Congo ziba mu Rwanda zaramukiye mu myigaragambyo
Impunzi z’abanye-Congo zo mu nkambi ya Mahama mu karere ka Kirehe, zaramukiye mu myigaragambyo zamagana ubwicanyi bukomeje gukorerwa Abatutsi b’abanye-Congo. Ni ubwicanyi Ingabo za Congo (FARDC) zifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro ya FDLR, Mai-Mai na Nyatura bashinjwa gukorera Abatutsi bo muri za Teritwari za Rutshuru na Masisi zo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Abatutsi bo muri […]
Amerika igiye kureshyesha Afurika miliyari 55$ mu rwego rwo gukumira Abashinwa n’Abarusiya
Kuri uyu wa Mbere ushize, White House yavuze mbere y’inama ihuza Amerika na Afurika ko iteganya gutanga miliyari 55 z’amadolari mu rwego rwo gufasha Afurika mu bukungu, ubuzima mu myaka itatu iri imbere . Umunsi umwe mbere y’uko Perezida Joe Biden yakira kuri uyu wa Kabiri abakuru b’ibihugu 50 bo muri Afurika mu gihe Washington […]
Abarwanyi ba ADF binjiye muri Uganda, bica abaturage

Abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa ADF binjiye muri Uganda bavuye mu birindiro byabo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Umunyamakuru Canary Mugume wibanda ku nkuru zicukumbuye yatangaje ko abarwanyi ba ADF bambutse umugezi wa Semuliki utandukanya RDC na Uganda mu ijoro, binjira mu gace ka Bweramule mu karere ka Ntoroko. Aya makuru yemejwe […]
Abana b’impanga icyenda basubiye muri Mali nyuma y’igihe bavukiye muri Maroc
Abana icyenda bavukiye icya rimwe bakabaho – bonyine ku isi kugeza ubu – basubiye iwabo muri Mali bameze neza nyuma y’umwaka n’igice bavutse muri Maroc bakahaguma barimo kubitaho. Izi mpanga zidasanzwe zavukiye mw’ivuriro ryigenga muri Gicurasi(5) 2021 i Casablanca muri Maroc ari naryo ryakomeje kubakurikirana. Baciye umuhigo wa Guinness World Record w’abana b’impanga benshi bavukiye […]
Papa Francis yandikiye abakuru b’ibihugu abasaba guha imbabazi imfungwa muri iki gihe
Mu gihe Noheri yegereje, Papa Francis yandikiye abakuru b’ibihugu ibaruwa ibasaba kubabarira imfungwa “babona ko zikwiriye kugirirwa akamaro n’icyemezo nk’iki kugirango iki gihe cyaranzwe n’akarengane n’amakimbirane, gifungurire amarembo ubuntu buva kuri Nyagasani “. Ubusabe nk’ubu bwigeze gutangwa mu 2000 na Papa Yohani Paulo II, no mu 2002. Papa Francis kandi yari yarasabiye imbabazi nk’izi imfungwa […]
Ingabo z’u Buhinde n’iz’u Bushinwa zongeye gukozanyaho
U Buhinde buravuga ko ingabo zabwo zakozanyijeho n’ingabo z’u Bushinwa mu gace katavugwaho rumwe ko ku mupaka, akaba ari yo mirwano ya mbere nk’iyi ibaye mu gihe cy’umwaka urenga. Ibihugu byari bimaze minsi bigerageza gukemura amakimbirane kuva aho imirwano ikomeye hagati yabyo ihitanye nibura abasirikare 24 muri 2020. Ariko kuri uyu wa Mbere, itariki 12 […]
Imyaka 19 irashize ingabo kabuhariwe z’Abanyamerika zivumbuye Saddam Hussein mu mwobo

Mu bikorwa bitazibagirana ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zakoze, harimo ‘Operation Red Dawn’ yarangiye zivumbuye mu mwobo Saddam Hussein wabaye Perezida wa Iraq kuva mu mwaka w’1979 kugeza mu 2003. Operasiyo yabereye mu mujyi wa ad-Dawr muri Iraq, mu majyepfo y’umujyi wa Tikrit yavukiyemo, tariki ya 13 Ukuboza 2003, ikozwe n’itsinda kabuhariwe, […]
USA yafatiye ibihano umuhungu wa Perezida Emmerson Mnangagwa
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zafatiye ibihano Emmerson Mnangagwa Jr, umuhungu wa Perezida Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe zishinja kugira uruhare mu byaha bya ruswa. Ni ibihano uyu muhungu wa Mnangagwa yafatiwe n’Ibiro bishinzwe kugenzura imitungo mpuzamahanga muri Minisiteri y’Imari ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mbere y’umunsi umwe ngo i Washington DC hateranire […]
Huye: Beatrice Munyenyezi yongeye kwikoma umucamanza amushinja kubogama
Beatrice Munyenyezi ukurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside yakrewe Abatutsi, yongeye kwiyama umucamanza ukuriye inteko iburanisha amushinja gufata ibyemezo bibogamye nyuma y’aho umucamanza wo mu rukiko rwisumbuye rwa Huye afashe icyemezo ko abatangabuhamya bamushinja bagomba gutangira ubuhamya mu muhezo . Abo ni na bo bamushinjirije mu ruhame muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Abo batangabuhamya urukiko […]