RDC yokeje igitutu kuri UN ngo ifatire u Rwanda ibihano byihuse
Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yasabye akanama k’Umuryango w’Abibumbye (UN) gashinzwe umutekano gufatira u Rwanda ibihano byihuse, kuko ngo rwohereje ingabo zarwo muri iki gihugu, zijya kwifatanya n’umutwe witwaje intwaro wa M23 gukora ibyaha byitandukanye. Iyi guverinoma ibinyujije muri Minisiteri ishinzwe itumanaho n’itangazamakuru, kuri uyu wa 16 Ukuboza 2022 yashyize hanze inyandiko […]
Maj. ‘Gavana’ wayoboraga RUD-Urunana na bagenzi be 9 bivuganwe na M23
Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko Major Nshimiyimana Cassien uzwi nka Gavana wayoboraga umutwe wa RUD-Urunana, yivuganwe n’umutwe wa M23. Maj. Nshimiyimana ‘Gavana’ yari umuyobozi wa RUD-Urunana kuva muri 2019, nyuma y’iyicwa rya General Musabyimana Juvenal wahoze akuriye uriya mutwe wiyomoye kuri FDLR. Uyu ‘Gavana’ azwiho kuba ari we […]
Moise Katumbi yitandukanyije na Tshisekedi, atangaza ko aziyamamariza kuyobora RDC
Umuherwe akanaba umunyapolitiki Moïse Katumbi, yatangaje ko aziyamamariza kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu mwaka utaha wa 2023. Katumbi unasanzwe ari Perezida w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Tout Puissant Mazembe, yatangaje ko aziyamamaza kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Ukuboza 2022. Hari mu kiganiro uyu mugabo wahoze ari Guverineri w’Intara […]
Afurika y’Epfo: Jacob Zuma yareze Perezida Ramphosa mu bushinjacyaha bwigenga
Uwahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma, yashinje Perezida Cyril Ramaphosa uriho ubu mu bushinjacyaha bwigenga, igikorwa Ramaphosa yamaganye avuga ko ari “ugukoresha nabi inzira zemewe n’amategeko” . Ibi bibaye mu gihe Kongere y’ishyaka ANC itangira inama y’amatora kuri uyu wa Gatanu kugira ngo hemezwe niba Ramaphosa azaharigararira mu matora ya perezida ataha yo […]
Umukinnyi ngenderwaho w’ikipe y’igihugu ya Espagne yayisezeyemo
Sergio Busquets wari Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Espagne ‘La Furia Roja’, yamaze kuyisezeramo nyuma y’imyaka 13 ari umukinnyi wayo. Busquets w’imyaka 34 y’amavuko, yari umukinnyi wa Espagne kuva muri 2009. Uyu mukinnyi usanzwe akina hagati mu kibuga muri FC Barcelone y’iwabo, ni umwe mu bakinnyi Espagne yagenderagaho kuva muri 2010 ubwo yayifashaga kwegukana Igikombe cy’Isi […]
Leta ya RDC yasabye Zimbabwe kuyoherereza General Numbi
Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo irasaba iya Zimbabwe kuyoherereza General John Numbi wabaye Komiseri Mukuru wa Polisi kuva mu 2010 kugeza mu 2020. Ubu busabe bugaragara mu ibaruwa Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Christophe Lutundula, yandikiye Ambasade ya Zimbabwe muri RDC kuri uyu wa 15 Ukuboza 2022. Minisitiri Lutundula yasabye iyi Ambasade ko Leta ya […]
Koreya ya Ruguru iravuga ko yagerageje neza intwaro nshya ifite ingufu zidasanzwe
Kuri uyu wa Gatanu, Koreya ya Ruguru yatangaje ko “yagerageje neza” “intwaro nshya” ifite ingufu nyinshi kandi ko ari yo ya mbere y’ubu bwoko iki gihugu gikoze . Ibi bije nyuma y’ukwezi kurenga Koreya ya Ruguru irashe misile n’ibisasu byinshi mu rwego rwo gusubiza imyitozo ya gisirikare ihuriweho hagati ya Amerika na Koreya y’Epfo mu […]
Malawi: Umunyarwanda afunzwe akekwaho gutera gerenade igakomeretsa abarimo Abarundi
Abantu batanu harimo Abarundi babiri, nibo bakomerekeye mu gitero cy’igisasu cya gerenade cyabereye mu nkambi y’impunzi ya Dzaleka muri Malawi, nk’uko bitangazwa n’igipolisi cy’icyo gihugu, kivuga ko cyahise gita muri yombi Umunyarwanda ukekwaho kugikora. Iki gitero cyabaye ku wa Gatatu saa moya z’ijoro ku isoko rinini ryo muri iyo nkambi, uwatawe muri yombi akaba yabigize […]
M23 irashinja ingabo za RDC kuyigabaho igitero
Umutwe witwaje intwaro wa M23 urashinja ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kugaba igitero ku birindiro byawo biherereye mu gace ka Bwiza kari muri teritwari ya Masisi. Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, ni we wemeje aya makuru, aho yagize ati: “Twamaganye kurenga ku guhagarika imirwano kw’ihuriro ry’ingabo za Leta zagabye igitero ku birindiro […]
FDLR iteganya gutera u Rwanda igakora impinduka_Perezida Kagame
Perezida Paul Kagame yatangaje ko umutwe wa FDLR ugizwe ahanini n’abarwanyi basize bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ugifite gahunda yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Umukuru w’Igihugu yabitangarije mu kiganiro cyateguwe n’Ikinyamakuru Semafor cyabereye i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku wa Gatatu tariki 14 Ukuboza 2022. I Washington Perezida […]