Abadepite batumije abaminisititi bane

Abaminisitiri 4 n’Umunyamabanga wa Leta bagiye kwitaba inteko rusange y’umutwe w’Abadepite, kugira ngo batange ibisobanuro ku bibazo bitandukanye basanze mu baturage mu ngendo abadepite baheruka kugira hirya no hino mu gihugu. Bamwe mu baturage bashima ko hari byinshi bimaze gukorwa mu kuzamura iterambere n’imibereho myiza byabo, ariko bakagaragaza ibigikeneye kunozwa. Abadepite bavuga ko mu ngendo […]

Zambia igiye kugurisha indege ya perezida yaguzwe miliyoni 194.9 $ na guverinoma yabanje

Umuyobozi muri Leta ya Zambia yavuze ko bagiye kugurisha indege ya perezida yaguzwe mu buryo butavugwaho rumwe miliyoni 194.9 z’amadolari na guverinoma yabanjirije iyi kubera amafaranga menshi yo kuyibungabunga . Minisitiri w’ingabo, Ambrose Lufuma, yabwiye Inteko Ishinga Amategeko ati: “Kubungabunga no gukoresha indege byatwaye ikigega cya Leta amafaranga arenga miliyoni 6.3 z’amadolari mu myaka itatu […]

Umunyeshuri yahuye n’akaga nyuma yo guhamagara umukobwa w’Umugaba Mukuru w’ingabo

Umunyeshuri w’imyaka 21 y’amavuko wiga muri kaminuza ya Kyambogo muri Uganda, Lorna Naula, yahuye n’akaga nyuma yo guhamagara ku murongo wa telefone umukobwa w’Umugaba Mukuru w’ingabo, General Wilson Mbadi. Nk’uko ikinyamakuru Daily Monitor kibisobanura, Naula yahamagaye umukobwa wa Gen. Mbadi (bariganye) kugira ngo amuhuze n’uyu musirikare mukuru, maze amusabe gufunguza by’agateganyo musaza we uri muri […]

U Bufaransa bwakuye muri Centrafrica ingabo zabwo za nyuma zari zihasigaye

Minisiteri y’ingabo y’u Bufaransa yatangaje ko u Bufaransa bwakuye ingabo zabwo za nyuma muri Repubulika ya Centrafrica (CAR) . Minisiteri yavuze ko abasirikari 130 b’Abafaransa bari basigaye muri Centrafrica, mu rwego rw’ubutumwa bw’ibikoresho, MISLOG, bavuye mu gihugu, kandi ko ubwo butumwa butagifite “ishingiro ry’ibikorwa.” Itangazo ryasohowe riragira riti: “Inkambi ya M’Poko yashyikirijwe mu buryo bukwiye […]

Perezida Ramaphosa yasubije Zuma wamushinje kumwirengagiza mu rubanza rwe

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yasubije Jacob Zuma yasimbuye ku butegetsi, uherutse kumushinja kutamufasha mu rubanza rwe. Zuma ukurikiranweho icyaha cya ruswa no kunyereza umutungo aherutse kuvuga ko Perezida Ramaphosa yanze kumufasha ku kibazo cy’abashinjacyaha babiri, William Downer na Andrew Breitenbach, ashinja kwitwara nabi mu kazi. Ni nyuma y’aho uyu munyapolitiki asabye Umukuru w’Igihugu […]

RDF yafunguriye imiryango abifuza kuyinjiramo ku rwego rwa ba Ofisiye: Dore ibisabwa

20221216_094121.jpg

Igisirikare cy’u (RDF) kuva kuri uyu wa Gatanu tariki ya 16 Ukuboza 2022; cyatangiye kwandika abifuza kucyinjiramo nk’abasirikare bo ku rwego rwa ba Ofisiye. RDF yahaye rugari abifuza kuyinjiramo binyuze mu itangazo ryasohowe n’Ishami ryayo rishinzwe abakozi n’ubutegetsi (JI Department). Ibisabwa ku bifuza kwinjira muri RDF nka ba Ofisiye

M23 yaba yatangiye gukura abarwanyi ba yo muri Rutshuru ibajyana i Bunagana na Tshanzu

Umutwe wa M23 waba watangiye, nk’uko bamwe mu baturage babitangaza, gusubiza inyuma bamwe mu barwanyi bayo badakewe cyane cyangwa abarwaye bari mu Bitaro bya Rutshuru bayanwa za Bunagana na Tshanzu ariko aya makuru ntaremezwa na FARDC . Iyi nkuru dukeha Mediacongo.net iravuga ko abakomeretse cyane bazoherezwa mu Rwanda no muri Uganda kugira ngo babiteho neza […]

USA: Hasohowe inyandiko ibihumbi n’ibihumbi zivuga ku iyicwa rya Perezida JF Kennedy

White House yategetse ko harekurwa inyandiko ibihumbi n’ibihumbi ku iyicwa ry’uwahoze ari Perezida wa Leta unze Ubumwe za Amerika, John F Kennedy, ku nshuro ya mbere . Mu gushyira kuri internet amadosiye agera ku 13.173, White House yavuze ko inyandiko zirenga 97% ziri muri iki cyegeranyo ubu ziri ku mugaragaro. Nta mpinduka nini ziteganijwe mu […]

ICC yashimangiye igihano Dominic Ongwen wahoze ari umwe mu bayobozi ba LRA yari yajuririye

Kuri uyu wa Kane, itariki 15 Ukuboza, Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashimangiye igihano cy’igifungo cyari cyahawe Dominic Ongwen umwe mu bayobozi b’inyeshymba za LRA z’Abagande kubera gufata ku ngufu, kwica no gushimuta abana . Dominic Ongwen yahamijwe ibyaha 61 mu myaka ibiri ishize birimo ubwicanyi, gufata ku ngufu, gushyingira ku gahato no kwinjiza abana mu nyeshyamba […]

P. Kagame ku kuba yava ku butegetsi no gutera ikirenge mu cy’abarimo Lee Kuan Yew

Perezida Paul Kagame yongeye kubazwa niba yaba atekereza kuba yava ku butegetsi, asubiza ko ibyo nta kibazo na gito abibonamo. Umukuru w’Igihugu yabitangaje mu kiganiro cyateguwe n’Ikinyamakuru Semafor cyabereye i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku wa Gatatu tariki 14 Ukuboza 2022. I Washington Perezida Kagame yahitabiriye inama y’iminsi itatu ihuza Amerika […]