Perezida Zelensky yagejejwe i Washington DC n’indege ya USA

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yageze i Washington DC kuri uyu wa 21 Ukuboza 2022 atwawe n’indege ya Leta zunze ubumwe za Amerika (USA). Zelensky yageze muri USA mu masaha y’umugoroba, aho asobanura ko yagiye gushimira iki gihugu uburyo gikomeje gufasha icye mu kurwanya ingabo z’u Burusiya zimaze amezi hafi 10 zibashojeho intambara. Uyu Mukuru […]
Ingagi ziba mu gice kigenzurwa na M23 ziratabarizwa
Ubuyobozi bwa Pariki ya Virunga buratabariza ingagi ziba mu gice cya Mikeno muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kigenzurwa n’umutwe witwaje intwaro wa M23. Umuvugizi w’iyi pariki, Bienvenu Bwende, yatangarije ibiro ntaramakuru by’Abafaransa (AFP) ko babuze uko bajya gukurikirana ubuzima bw’izi ngagi, kubera ko batizeye ko aho ziri hari umutekano. Yagize ati: “Byagorana kuba […]
Nyanza: Uwari Lt. Col. muri FDLR avuga ko yakubiswe inkoni 200 ubu akaba akiyirimo ideni ry’izindi 100
Abahoze ari abasirikare bakuru 6 mu mutwe wa FDLR urwanya leta y’u Rwanda ukorera mu burasirazuba bwa Congo barangije kwisobanura ku byaha baregwa mu rugereko rwihariye rw’urukiko rukuru rukorera i Nyanza, maze Emmanuel Habimana uza mu rukiko acumbagira na we wari Lt Col muri FDLR, avuga ko arimo ideni ry’inkoni 100. Habimana yavuze ko na […]
Hari imiryango yasabye EU guhagarika inkunga yageneye RDF
Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu y’Iburayi yasabye umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU/UE) guhagarika inkunga uha igisirikare cy’u Rwanda, igishinja gufasha umutwe wa M23. Mu ibaruwa ifunguwe, iyo miryango yasabye EU kwamagana “kumugaragaro kandi ikomeje” ubufatanye bwose n’imitwe yitwaje intwaro muri DR Congo, “by’umwihariko ubufasha u Rwanda ruha M23”. U Rwanda ntacyo ruratangaza ku byasabwe n’iyi miryango. […]
Huye: Umugabo yavuze icyatumye atema umugore we bari birirwanye mu kabari
Umugabo wo mu Murenge wa Mbazi mu Karere ka Huye ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu mutwe, yavuze ko yamutemye kubera umujinya yatewe no kuba yaramubajije icyatumye ataha mu gicuku nyamara bari biriwe basangira akaza kumusiga mu kabari. Uyu mugabo w’imyaka 32 y’amavuko, akurikiranyweho gushaka kwica umugore babanaga w’imyaka 27, aho dosiye ye […]