Uganda: Bane bakurikiranweho gusambanya umwana w’imyaka 13 bikamuviramo urupfu
Polisi yo mu karere ka Kabare mu burengerazuba bwa Uganda iri gukora iperereza ku rupfu rw’umwana w’imyaka 13 wasambanyijwe n’amabandi kuri uyu wa 25 Ukuboza 2022, bikamuviramo urupfu. Glorious Akampurira Owembabazi yapfiriye mu bitaro yoherejwemo bya Kabare ahagana saa mbili. Amakuru avuga ko yasambanyirijwe mu gace k’ubucuruzi ka Nyasharara mu mudugudu wa Kyarugondo. Umuyobozi wo […]
Dr Kimararungu wari uherutse gutangaza itariki y’ubukwe yishwe

Abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa Mai Mai Bilozebishambuke bishe umuganga w’Umunyamulenge, Dr Kimararungu Merci, wari uherutse kumenyesha inshuti ze n’umuryango itariki y’ubukwe bwe. Umuryango Mahoro Peace Association uharanira uburenganzira bw’Abanyamulenge, kuri uyu wa 25 Ukuboza 2022 watangaje ko Dr Kimararungu yiciwe mu gitero Mai Mai yagabye ku bitaro bya Bijombo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. […]
Bugesera: Umuryango wari umaze imyaka 15 warabuze urubyaro wibarutse abana 4 icyarimwe
Umubyeyi witwa Marie Chantal Uwiragiye wo mu karere ka Bugesera, yibarutse abana bane icyarimwe, nyuma y’imyaka 15 we n’umugabo we barabuze urubyaro. Kuri uyu wa Mbere ni bwo uyu mubyeyi yibarukiye aba bana mu bitaro byitiriwe umwami Faisal. RBA yatangaje ko abana ba Uwiragiye wabyaye abazwe bari hagati y’ikilo kimwe ndetse n’amagarama 700. Mu myaka […]
Ingabo za Kenya zibarizwa muri EACRF ‘zashyizeho’ abayobozi muri Kibumba

Ingabo za Kenya zibarizwa mu mutwe w’ingabo z’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba ziri mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, ziravugwaho gushyiraho abayobozi muri gurupoma ya Kibumba. Izi ngabo ziri mu mutwe uzwi nka EACRF zatangaje ko kuri uyu wa 25 Ukuboza 2022 zayoboye igikorwa cyo gucyura impunzi z’Abanyekongo zari zarahunze Kibumba ubwo […]
Uwasifuye umukino wa Argentine n’u Bufaransa yasubije abavuze ko yakabaye yaranze igitego cya Messi
Umunya-Pologne Szymon Marciniak yasubije abavuze ko yakabaye yaranze igitego cya gatatu Argentine yatsinze u Bufaransa ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi. Uyu mukino wasize Argentine ari yo yegukanye Igikombe cy’Isi, nyuma yo gutsinda u Bufaransa bari banganyije ibitego 3-3 kuri Penaliti 4-2. Nyuma y’umukino abafana b’ikipe y’u Bufaransa bagaragaje ko igitego cya gatatu Lionel Messi […]
Taiwan iravuga ko u Bushinwa bwinjije mu kirere cyayo indege z’intambara zisaga 70
Kuri uyu wa Mbere, Taiwan yatangaje ko u Bushinwa bwinjije indege za gisirikare 71 mu kirere cyayo cy’ubwirinzi mu masaha 24 ashize . U Bushinwa bwatangaje ko “imyitozo yabwo” n “” irondo,” birimo indege n’indege zitagira abapilote, ku Cyumweru biri mu rwego rwo guhangana n’ubushotoranyi n’ubufatanye hagati ya Amerika na Taiwan. Umuvugizi w’igisirikare cy’u Bushinwa […]
RDC: M23 iravuga ko yenda gufata Sake nyuma yo gusubiza inyuma FARDC muri Masisi
Umutwe wa M23 uravuga ko kuri uyu wa Mbere, itariki 26 Ukuboza uhanganye na FARDC n’ihuriro ry’imitwe bifatanyije ya FDRL-MAIMAI-CODECO-NYATURA-ACPLS-PARRECO) muri Masisi . Ku rukuta rwe rwa Twitter, Gen. Sultan Makenga yatangaje ko bahanganye na FARDC n’iyi mitwe iyifasha muri Masisi. Yavuze ko bari gusubiza inyuma abo bahangaye babavana muri Masisi berekeza muri Sake. Le […]
Fayulu, Mukwege na Matata Ponyo barifuza ko RDC yaca burundu umubano n’u Rwanda
Abanyapolitiki Martin Fayulu na Matata Ponyo cyo kimwe na muganga Dr Denis Mukwege, bahaye Leta ya Congo Kinshasa icyifuzo cyo guca burundu umubano n’u Rwanda; nk’imwe mu nzira yo gukemura uruhuri rw’ibibazo byugarije RDC. Ni ibikubiye mu tangazo rihuriweho aba bagabo uko ari batatu basohoye kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Ukuboza 2022. Muri […]
Ese koko imibonano mpuzabitsina ishobora guhagarika umutima?
Tariki ya 26 Nzeri 2020, mu gace ka Kamenge gaherereye mu murenge wa Nyakabanda, akarere ka Nyarugenge, humvikanye inkuru y’umugabo “wapfiriye mu maguru y’indaya” bari bararanye. Umugore bari bararanye yabwiye inzego z’ubuyobozi, iz’umutekano n’ubugenzacyaha ko bombi bakoze igikorwa ari muzima, ariko mu masaa kumi n’ebyiri y’igitondo cy’uwo munsi, atungurwa no kubona umukiriya we yapfuye. Mu […]
Yiyita Zolo Wasite Midende, yihebeye umubare karindwi: Bimwe mu byo wamenya kuri Col. Ruhinda uyobora ba kabuhariwe ba FDLR

Amakuru BWIZA yakusanyije avuga ko Col. Ruvugayimikore Protogène ayobora umutwe udasanzwe w’abarwanyi ba FDLR-FOCA uzwi nka Maccabé, wahoze witwa Commando de recherche et d’action en profondeur, CRAP, akunda byimazeyo umubare karindwi. FDLR ni umutwe watangijwe na benshi mu bashinjwa ko bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Ni umutwe washyizwe ku rutonde […]