Kivu y’Amajyaruguru: Ingabo za EAC zamaze gukwira mu bice byose zasabwaga kujyamo

Ingabo za Sudani y'Epfo zaherekejwe n'iza Kenya ubwo zajyaga muri iki kigo

Ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba ziremeza ko zamaze gukwira mu bice byose zasabwaga kujyamo muri teritwari ya Rutshuru na Masisi, intara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya demukarasi ya Congo. Ibiro by’umutwe w’izi ngabo uzwi nka EACRF kuri uyu wa 6 Mata 2022 byatangaje ko iyi ntego igezweho nyuma y’aho ingabo za Sudani y’Epfo zigeze […]

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda ntibumva impamvu yo kohereza ingabo muri RDC

Muri Uganda, icyemezo cya guverinoma cyo kohereza ingabo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ntikivugwaho rumwe aho ku wa Kabiri, ishyaka nyamukuru ritavuga rumwe n’ubutegetsi, FDC ryasabye perezida gusobanurira Abagande inyungu zo kohereza ingabo . Abasirikare ibihumbi ba Uganda bari koherezwa mu burasirazuba bwa Congo mu rwego rw’ingabo z’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba, zishinzwe kugenzura isubira […]

Urukiko rwasabye abaganga gusuzuma Karasira uvuga ko arwaye nka Barafinda

Urukiko rukuru, urugereko rwihariye rwa Nyanza rwategetse ko itsinda ry’abaganga batatu bo mu bitaro bya CARAES/Ndera ryasuzuma uko ubuzima bwo mu mutwe bwa Karasira Aimable buhagaze. Ni nyuma y’aho ubwo yari muri uru rukiko tariki ya 3 Mata 2023 yavuze ko afite uburwayi bwo mu mutwe, bigashimangirwa n’abanyamategeko be babiri basabye ko avurwa nk’uko Barafinda […]

Chelsea yongeye guha Frank Lampard akazi

Ikipe ya Chelsea FC yatangaje Frank Lampard nk’umutoza wayo w’agateganyo, nyuma yo kwirukana Graham Potter wahoze ari umutoza wayo mukuru. Chelsea ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Internet yavuze ko uriya munyabigwi wayo agomba kuyitoza kugeza umwaka w’imikino wa 2022/23 urangiye. Frank Lampard azatoza Chelsea umukino we wa mbere ku wa Gatandatu w’iki cyumweru ubwo izaba […]

Burundi: Umuyobozi wari wirukanye umukobwa muri komini yavugurujwe

Iki cyemezo cyirukanaga Kirungo cyateshejwe agaciro

Guverineri w’intara ya Muyinga, Jean Claude Barutwanayo yatesheje agaciro icyemezo cy’umuyobozi wa komini Butihinda, Ndikumasabo Gilbert, wari wirukanye umukobwa witwa Mukeshimana Aniella uzwi nka Kirungo, amushinja gutwara abagabo b’abandi. Kuri uyu wa 6 Mata 2023, Ndikumasabo yashyize hanze itangazo rivuga ko abagore bo mu mudugudu wa Kamaramagambo bamugejejeho ikirego, bavuga ko Kirungo asenya ingo zabo. […]

Ibya Messi muri FC Barcelona byashyushye: Uko kuri ubu byifashe

Amakuru aturuka mu bihugu bya Espagne n’u Bufaransa arasubiza Lionel Messi uri mu nzira zo gusoza amasezerano ye muri Paris Saint-Germain muri FC Barcelona yahoze akinira. Mu mpeshyi y’uyu mwaka ni bwo Messi azasoza amasezerano y’imyaka ibiri afitanye na Paris Saint-Germain. Amakuru avuga ko Iyi kipe y’i Paris yifuza kumwongerera amasezerano, n’ubwo amahirwe y’uko uyu […]

Mozambique: Ingabo z’u Rwanda zarashe drones 2 z’ikigo gikorana na TotalEnergies y’Abafaransa

Ingabo z’u Rwanda muri Mozambique ziherutse kurasa drones ebyiri za True North, imwe mu masosiyete menshi akusanya amakuru kandi atanga umutekano kuri TotalEnergies. True North ngo yari yagurukije izi drones itabimenyesheje ingabo z’u Rwanda zazirashe. Ikibazo cyavuyemo cyasabye leta ya Mozambique kukinjiramo . U Rwanda nirwo rufite ingabo n’abapolisi benshi muri Cabo Delgado bagera ku […]

Leta ya RDC ifite urwikekwe ku ngabo za Uganda na Sudani y’Epfo

Ubutegetsi bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo bukomeje kugaragaza urwikekwe ku ngabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, EAC, by’umwihariko iza Uganda n’iza Sudani y’Epfo zinjiye vuba mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Urwikekwe rumaze iminsi ndetse byashimangiwe na Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi tariki ya 9 Gashyantare 2023 ubwo yahuriraga na komanda w’ingabo […]

Burundi: Umukobwa yirukanwe muri komini ashinjwa gutwara abagabo b’abandi

Umuyobozi wa komini Butihinda mu ntara ya Muyinga, Ndikumasabo Gilbert, yirukanye muri komini umukobwa witwa Mukeshimana Aniella uzwi na none nka Kirungo, amushinja gutwara abagabo b’abandi. Nk’uko bigaragara mu itangazo Ndikumasabo yashyizeho umukono kuri uyu wa 6 Mata 2023, abagore bamaze iminsi bamugezago ikibazo cy’uko Kirungo ukomoka mu ntara ya Karusi abasenyera ingo. Uyu muyobozi […]

Imyaka 29 irashize: Habyarimana yishwe nyuma y’amezi make abitegujwe

Ku mugoroba wa tariki ya 6 Mata 1994, indege ya Dassault Falcon 50 yarimo Juvénal Habyarimana wari Perezida w’u Rwanda kuva mu mwaka w’1973 yarashwe itaragera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, ahita ahasiga ubuzima. Ni urupfu rwari rusa n’urutari rutunguranye kuri bamwe kuko umunyamakuru Ngeze Hassan yari amaze amezi hafi ane atangarije mu kinyamakuru […]