Burundi: Abarwanyi ba FLN batumye agace kegereye ku mupaka gashyirirwaho ingamba
Ubuyobozi bwa komini Mabayi mu ntara ya Cibitoke mu Burundi buravugwaho gufatira santere y’ubucuruzi ya Kivogero nyuma y’aho abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa FLN urwanya Leta y’u Rwanda bagaragayemo bagiye gushaka ibibatunga. Amakuru dukesha SOS Media Burundi avuga ko abarwanyi ba FLN iyo bashaka ibibatunga, basohoka mu ishyamba rya Kibira (rihana imbibi na Nyungwe) bafitemo […]
CAF yafatiye ibihano abasifuzi bayoboye umukino wa Bénin n’u Rwanda
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku mugabane wa Afurika (CAF), yafatiye ibihano umunya-Botswana Joshua Bondo na bagenzi be batatu, nyuma y’amakosa bakoreye mu mukino wahuje Bénin n’u Rwanda bayoboye. Abasifuzi Joshua Bondo, Mogomotsi Morakile, Kitso Sibanda na Tshepo Mokani Gobagoba ni bo basifuzi bane bayoboye umukino wo mu tsinda L Les Guépards ya Bénin yaguyemo miswi n’Amavubi […]
Kecapu wo muri Bamenya yibarutse imfura 3
Mukayizere Jalia wamenyekanye muri filime y’uruhererekane ya Bamenya nka Kecapu, kuri uyu wa Gatanu we n’umugabo we bibarutse abana batatu. Abana uyu mugore yibarutse barimo abahungu babiri n’umukobwa umwe, bakaba bavukiye mu bitaro byo kwa Nyirinkwaya (La Croix du Sud). Kecapu yibarutse imfura nyuma y’uko muri Nyakanga umwaka ushize yari yakoze ubukwe n’umugabo we, Mutabazi […]
RDC irateganya gufungura dosiye y’ubutabera ya Laurent Nkunda na Makenga
Guverinoma ya Repubulika ya demukarasi ya Congo irateganya gufungura dosiye y’ubutabera ya General Laurent Nkunda wabaye Umugaba Mukuru w’umutwe witwaje intwaro wa CNDP, Gen. Sultani Makenga uyobora abarwanyi ba M23 n’abandi bafite aho bahurira na bo. Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa 13 Mata 2023, Minisitiri w’itumanaho n’itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa guverinoma ya RDC, Patrick […]
Rutshuru: Muri Tongo haravugwa imirwano ikomeye hagati ya M23 n’imitwe ifatanyije na FARDC

Mu giturage cya Mulimbi, muri Gurupoma ya Tongo, ho muri Teritwari ya Rutshuru haravugwa imirwano ikomeye hagati y’inyeshyamba za M23 n’imitwe y’inyeshyamba ifatanya n’igisirikare cya FARDC yiswe “Wazalendo” . Ni imirwano amakuru aturuka muri icyo gice avuga ko atangiye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, itariki 14 Mata 2023, nyuma y’aho Guverinoma ya Congo […]
Umunyamategeko Murangwa arashinja RIB gukora isaka rinyuranyije n’amategeko
Umunyamategeko wo mu Mujyi wa Kigali, Edward Murangwa, yasabye Urukiko rw’Ikirenga gusuzuma ishingiro ry’itegeko nshinga ku bubasha bw’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) bwo gukora isaka mu rwego rw’iperereza mu ngo z’abantu no mu bindi bibanza nta cyemezo cy’urukiko . Ingingo ya 10 y’itegeko rishyiraho RIB iha abashinzwe iperereza ububasha bwo gusaka umuntu cyangwa inzu nta cyemezo […]
Nyamasheke: Abarokokeye muri paruwasi gatolika ya Hanika ntibarabona imibiri irenga 6.000 y’ababo bishwe

Abarokokeye kuri paruwasi gatolika ya Hanika,mu murenge wa Macuba, mu karere ka Nyamasheke, bavuga ko bagishengurwa n’agahinda ko kutamenya irengero ry’imibiri irenga 6.000 y’ababo bahiciwe n’abiciwe mu nkengero zayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ngo ishyingurwe mu cyubahiro, kuko mu barenga 15.000 bari bahahungiye, hafi ya bose bakahicirwa, imibiri 8437 gusa ari yo babonye. Babigarutseho kuri […]
Sandra Teta wari warahukanye yasubiye kwa Weasel wemeje ko bitegura ubukwe
Umuhanzi Douglas Seguya Mayanja uzwi mu muziki wa Uganda nka Weasel, yatangaje ko ateganya gukora ubukwe na Sandra Teta nyuma y’uko uyu munyarwandakazi afashe icyemezo cyo kumugarukira. Ku itariki ya 06 Mata ni bwo bivugwa ko Sandra Teta wari umaze igihe aba hano mu Rwanda yasubiye i Kampala, yakirwa ku kibuga cy’indege cya Entebbe na […]
Urukiko rwategetse ko Tuyisenge uzwi kuri Twitter nka NTAMA W’IMANA arekurwa
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Mata rwategetse ko Tuyisenge Evariste wamenyekanye ku rubuga rwa Twitter nka NTAMA W’IMANA2 arekurwa. Ku wa Kabiri tariki ya 21 Werurwe 2023 ni bwo uyu musore yari yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwamukekagaho gutangaza ubutumwa bushishikariza abantu gukora icyaha cyo gusambanya abana. […]
Raila Odinga agiye gusubukura imyigaragambyo yise iyo kurwana na Goliyati
Umunyapolitiki wo muri Kenya, Raila Odinga, yatangaje ko nyuma y’umunsi mukuru wa Ramadan, azatangaza igihe imyigaragambyo y’ihuriro Azimio la Umoja izasubukurirwa kandi ngo izarangira Goliyati atsinzwe. Tariki ya 2 Mata 2023 ni bwo Odinga yahagaritse iyi myigaragambyo yabaga kabiri mu cyumweru, nyuma yo kubisabwa na Perezida William Ruto wamusezeranyije ko abagize inteko ishinga amategeko bo […]