Burera: Barishyuza rwiyemezamirimo Frw miliyoni 4
Abaturage bo mu karere ka Burera by’umwihariko abo mu murenge wa Kinyababa, barasaba inzego zo hejuru kubishyuriza rwiyemezamirimo Murengezi Jean de Dieu bavuga ko yabambuye agera kuri miliyoni enye z’amafaranga y’u Rwanda (4,000,000 Frw) kandi ko biyambaje ubuyobozi bw’akarere bukabarangarana none imyaka ikaba imaze kuba hafi itatu amaso yabo yaraheze mu kirere. Umunyamakuru wa BWIZA […]
Amafoto: Abana b’irerero rya PSG bageze i Kigali, batura Perezida Kagame intsinzi

Kuri uyu wa 7 Kamena 2023 ni bwo ikipe y’abana batarengeje imyaka 11 n’iy’abatarengeje 13 y’amavuko barererwa mu irerero rya Paris Saint Germain (PSG) riri mu Karere ka Huye bageze i Kanombe mu masaa munani n’igice bavuye mu mu Bufaransa mu irushanwa ryahuzaga amarerero yose y’iyi kipe ku Isi rizwi nka PSG Academies World Cup […]
Me Gisagara yanenze urukiko rwanzuye kutaburanisha Kabuga
Impuguke mu mategeko mpuzamahanga, Me Richard Gisagara, yanenze urukiko rwanzuye kutaburanisha Félicien Kabuga ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu kiganiro yagiranye n’urwego rw’igihugu rw’itangazamakuru, Me Gisagara yavuze ko kuba Kabuga atazongera kwitabira urubanza bisobanuye ko ubutabera budatanzwe. Ati: “Birababaje kubona birengagije igihe byatwaye kugirango afatwe, bakirengagiza amafaranga yakoreshejwe kugira ngo bamufate, […]
Dore uko wakwitwara mu gihe ufite ubushake bw’imibonano uwo mwashakanye atabishaka

Kimwe mu bisenya ingo ni ukuba umwe ashaka ishimishamubiri undi atabikozwa. Aha rero igishobora gukemura iki kibazo ni ibiganiro hagati yanyu. Ufite ubushake bwinshi agasobanurira mugenzi we icyo agamije. Byaba bidashoboka mukabyihorera kuko kiriya ni igikorwa kizana umunezero iyo mwahuje urugwiro. Umwe unyotewe iyo ashatse guhatiriza birangira umubano wanyu ujemo agatotsi kuko biri mu bisenya […]
Lutundula yasabye ingabo za EAC gufasha RDC

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Christophe Lutundula, yasabye ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) zigenzura bimwe mu bice byo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru gufasha igihugu cye gusubirana ubusugire. Lutundula mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru tariki ya 5 Kamena 2023, yatangaje ko yumva amakuru y’uko umutwe witwaje intwaro wa M23 wavuye muri […]
Rurageretse hagati ya nyiri Red Blue JD n’umunyamakuru
Umunyamakuru Abayo Yvette Sandrine umenyerewe mu byegeranyo binyura ku muyoboro wa YouTube ye, ndetse akaba yanakoreye ibitangazamakuru bitandukanye, aravuga ko kompanyi ya Red Blue JD avuga ko ihagarariwe na Dushimimana Jackson yamwambuye hakiyongeraho kumwibasira hashingiwe ku kuba ari igitsina gore (sexual harrassment). Abayo abinyujije ku muyoboro we wa YouTube, yagaragaje uburyo ngo yambuwe n’iyi kompanyi […]
Perezida Kagame yaba aherutse kwakira intumwa ya Joseph Kabila
Ikinyamakuru Africa Intelligence ku wa Kabiri w’iki cyumweru cyanditse ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aheruka kohereza intumwa ku bakuru b’ibihugu by’uturere Congo iherereyemo; barimo na Paul Kagame w’u Rwanda. Iki gitangazamakuru kivuga ko mu byumweru bishize ari bwo Kabila yohereje intumwa ze muri za Perezidansi z’ibihugu bitandukanye. […]
Perezida Ruto yishongoye kuri Uhuru Kenyatta
Perezida wa Kenya, William Ruto yishongoye kuri Uhuru Kenyatta wahoze amukuriye mu kazi ko kuyobora iki gihugu, asubiramo uko yatsinze umunyapolitiki Raila Odinga utavuga rumwe n’ubutegetsi. Ibi Ruto yabivugiye mu muhango wo gusengera igihugu kuri uyu wa 7 Gicurasi 2023, avuga ukuntu bitangaje kuba yari Visi Perezida ariko kandi agahinduka utavuga rumwe n’ishyaka rya Uhuru […]
Joseph Kabila abona Tshisekedi nk”umunyagitugu ukwiriye guhashywa’
Amakuru aturuka muri Congo Kinshasa aravuga ko ishyamba ritakiri ryeru hagati ya Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida w’iki gihugu na Félix Tshisekedi wamusimbuye ku butegetsi, ku buryo umwe asigaye afata undi nk’ ‘umunyagitugu ukwiriye guhashywa’. Ni Kabila kuri ubu umaze imyaka ine yaracecetse, kuva muri 2019 ubwo yahererekanyaga ubutegetsi yari amazeho imyaka 18 na […]
Abasirikare ba Uganda barokotse igitero bamaze iminsi batunzwe n’inkari
Hari abasirikare ba Uganda bamaze iminsi itandatu banywa inkari zabo kugira ngo bashobore kubaho aho bari bihishe ingabo za Al Shabab muri Somalia. Inkuru dukesha ikinyamakuru The Daily Monitor, ivuga ko aba basirikare bagera kuri bane batorotse igitero bari bagabweho n’umutwe w’iterabwoba wa Al Shabab ku itariki 26 Gicurasi 2023, aho ngo bamaze iminsi itandatu […]