Ruhango: Abanyamakuru bagabiye umuturage inka

Muhizi uhagarariye abanyamakuru bakorera mu ntara y'Amajyepfo

Kuri uyu wa 18 Nyakanga 2023, abanyamakuru bakorera mu ntara y’Amajyepfo bagabiye uwarokotse jenoside yakorewe abatutsi inka ndetse banatanga ubufasha burimo ibiribwa. Mu kagari ka rwoga umurenge wa Ruhango ni ho hatuye umuturage witwa Sendakize Joseph, akaba ari we wagabiwe inka. Yavuze ko byamushimishije kandi bigiye kumuhindurira imibereho. Ati: ”Nkurikije uburyo nahingaga sineze kubera kubura […]

Umunyamakuru wanenze abayobozi ba Karongi afungiwe mu nzererezi

Umunyamakuru Ngoboka Sylvain ukorera mu ntara y’Uburengarazuba amaze iminsi ine afungiwe mu kigo gifungirwamo by’agateganyo inzererezi cya Tongati Transit Center nyuma y’aho anenze abagize komite nyobozi y’akarere ka Karongi. Umuyobozi w’ikinyamakuru Rwanda News 24 gikorera muri iyi ntara avuga ko tariki ya 9 Nyakanga 2023 yagiranye ikiganiro n’uyu munyamakuru, Ngoboka anenga imyigire y’abayoboye Karongi, kandi […]

APR FC yabonye abatoza bashya

Ikipe ya APR FC yamaze kubona abatoza bakomoka mu gihugu cy’u Bufaransa bayobowe na Thierry Froger. Uyu mutoza w’imyaka 60 y’amavuko yatoje amakipe atandukanye arimo TP Mazembe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na USM Alger yo muri Algerie. Froger kandi yatoje Arta Solar7 yo muri Djibouti. Uyu mutoza wari uhanganiye gutoza APR FC […]

Ingabo za Koreya ya Ruguru zataye muri yombi umusirikare w’Umunyamerika

Ingabo za Koreya ya Ruguru zataye muri yombi umusirikare ukomoka muri Leta zunze ubumwe za Amerika ubwo yarengaga urubibi avuye muri Koreya y’Epfo. Inkuru y’itabwa muri yombi ry’uyu Munyamerika yatangajwe n’urwego rw’Umuryango w’Abibumbye rugenzura igice kitagira nyiracyo kiri hagati ya Koreya ya Ruguru n’iy’Epfo, mu itangazo rwageneye abanyamakuru kuri uyu wa 18 Nyakanga 2023. Uru […]

Imikino ya Francophonie: Abayitabiriye binubiye uko ibikorwa remezo bihagaze i Kinshasa

Ibihugu byitabiriye imikino ya La Francophonie muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo byatangiye kwinubira ahantu byakiriwe ndetse n’imyiteguro yakozwe n’iki gihugu kugirango izagende neza, nyuma y’aho ibihugu bimwe byanze kuyitabira ibindi bikagabanya umubare w’abagombaga kubihagararira . Umwe mu bayoboye abakinnyi baturutse muri Burkina Faso, Coach Seydou Yacknaba, yabwiye itangazamakuru ko bakiriwe neza ariko bageze aho […]

Umunya-Pakistan yishe umugandekazi nyuma yo gupimisha DNA agasanga umwana si uwe

Igipolisi cya Uganda gifashe umunya-Pakstan bivugwa ko yishe umugore we akamuhisha ibisigazwa bye mu kigega bashyiramo amazi.Nk’uko abapolisi babitangaza, Waeed Taheed, utuye mu Karere ka Mpigi, yatangaje ibura ry’umugore we Monica Nabukenya w’imyaka 25, ku ya 16 Nyakanga 2023 avuga ko atazi aho yaburiye. Ni nyuma y’uko Taheed ngo yakekaga Nabukenya ubuhemu bwamuteye gufata umwana […]

Ndayishimiye yandagaje abacamanza baburanishije umunyeshuri ukekwaho gukopera ibizamini

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yandagaje abacamanza mu rukiko rukuru rwa Kirundo baherutse kuburanisha umunyeshuri wo mu mashuri yisumbuye, Christelle Ndayishimiye, ukekwaho gukopera ibizamini. Uyu munyeshuri yatawe muri yombi, aburanishwa icyaha cyo “kumena amabanga y’akazi”, urukiko rukuru rumukatira igifungo cy’agateganyo, ajyanwa muri gereza ya Ngozi, ariko nyuma aza gufungurwa nyuma y’aho ikibazo cye giteje impaka […]

FPR yamaganye iyimikwa ry’Umutware w’Abakono ryabereye i Musanze

Itangazo rya FPR ryamagana iyimikwa ry'Umwami w'Abakono

FPR Inkotanyi yamaganye umuhango w’iyimikwa ry’uwiswe ‘Umwami w’Abakono’ Kazoza Rushago Justin ryabereye mu murenge wa Kinigi w’akarere ka Musanze tariki ya 9 Nyakanga 2023. Uyu muhango bivugwa ko witabiriwe n’abantu batandukanye barimo n’abayobozi mu nzego z’ibanze, abanyamadini, ndetse kandi ngo harimo n’abanyamuryango b’iri shyaka. FPR yagize iti: “N’ubwo hari intambwe yatewe, hari ibikwiriye gukosorwa kuko […]

Kabila yasubije Museveni ko ari we wateje umutekano muke mu karere

Joseph Kabila wayoboye Repubulika ya demukarasi ya Congo kuva mu mwaka w’2001 kugeza mu 2019 yasubije Perezida Yoweri Museveni wa Uganda ko ari we wateje akarere ibihugu byombi biherereyemo ibibazo. Kabila yabitangarije Reuters asubiza Museveni uherutse gutangaza ko ubutegetsi bwe ari bwo bwatumye umutwe wa ADF wongera kwisuganya kandi wari warashegeshwe n’ingabo za Uganda mu […]