Kenya: Umusenateri ushinjwa kunyereza miliyari 1 Ksh ya buruse yagejejwe mu rukiko

Senateri Jackson Mandago wo muri Kenya, hamwe na bagenzi be bashinjwa kunyereza amafaranga y’ikigega cy’inguzanyo y’abanyeshuri bagombaga kwiga muri Finland na Canada abarirwa muri miliyari 1,1 y’Amashilingi ya Kenya, bitabye urukiko kuri uyu wa Kane, itariki ya 17 Kanama 2023. Mandago yatawe muri yombi ku wa Gatatu, itariki ya 16 Kanama 2023, n’abashinzwe ubugenzacyaha bo […]

FARDC yikomye Amerika kubera u Rwanda

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyikomye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kizishinja gufasha u Rwanda “gutiza umurindi Propagande zarwo”. FARDC yatangaje ibi nyuma y’amasaha make Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken, aganiriye kuri Telefoni na Perezida Paul Kagame. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika yatangaje ko Perezida […]

Hari abandi bafunzwe, mu ‘bashinjuraga’ ukurikiranweho uruhare mu rupfu rw’ababyeyi ba Uwacu Julienne

Gereza ya Gisenyi ifungiwemo abagabo batatu n’umugore umwe bakurikiranweho icyaha cy’inyandiko mpimbano kigaragaza ko Nsabimana Ildephonse ukekwaho uruhare mu rupfu rw’ababyeyi ba Uwacu Julienne ushinzwe ubudaheranwa muri Minisiteri y’ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, ari umwere. Nsabimana uzwi nka Ntabarifasha yatawe muri yombi mu ntangiriro z’uyu mwaka ubwo yari avuye muri Repubulika ya demukarasi ya Congo. Icyo […]

Gen. Tshiwewe yasuye abasirikare bashya hafi 20,000 hamurikwa impuzankano nshya ya FARDC

f3r10tzawaaj1ki.jpg

Umugaba Mukuru w’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) Maj. Gen. Tshiwewe Songesha, kuri uyu wa Gatatu yasuye urubyiruko rukabakaba 20,000 ruherutse kwinjizwa mu gisirikare ruri mu myitozo i Kamina, ndetse Umuvugizi wa FARDC amurikira itangazamakuru impuzankano nshya za gisirikare. Urwo rubyiruko Gen. Tshiwewe yasuye rugera byibuze ku 12,000 ruri kwitoreza mu kigo cya […]

Abatifite bashobora guhomba zimwe muri Serivisi X yabahaga

X, urubuga nkoranyambaga ruzwi ku izina rya Twitter, nyuma yo gukurikiza amasezerano yayo mu gukora TweetDeck ariko itishyurwa,kuri ubu iyi serivisi yatangiye kwishyurwa. Abakoresha iyi X yahoze yitwa twitter, barimo umujyanama w’imbuga nkoranyambaga, Matt Navarra, bavuze ko babonye urupapuro rwo kugurisha X Premium (abiyandikishije ku cyahoze ari Twitter Blue) , ubu ikaba yitwa XPro. Ikinyamakuru […]

Umukinnyi w’Amavubi ya Handball yatorokeye muri Croatie

Nshimyumuremyi David wari umwe mu bagize ikipe y’Igihugu ya Handball yari yaritabiriye Igikombe cy’Isi mu batarengeje imyaka 19 y’amavuko, yatorokeye i Belgrade muri Croatie. Amakuru avuga ko uyu musore yatorotse nyuma y’uko ririya rushanwa ryari rimaze kurangira. Umwe mu bayobozi b’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Handball mu Rwanda yatangaje ko Nshimyumuremyi yatorotse ubwo biteguraga kuva muri Croatie […]

Ambasaderi mushya wa Amerika muri Niger ategerejwe i Niamey

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Gatatu , itariki 16 Kanama, yatangaje ko Ambasaderi mushya wa Amerika muri Niger, Kathleen FitzGibbon, azagera i Niamey nyuma y’ihirika ry’ubutegetsi ryabaye mu kwezi gushize, mu gihe ECOWAS ikomeje kwiga ku kohereza ingabo gusubizaho ubutegetsi bwa Bazoum. Umwe mu bayobozi muri Amerika yavuze […]

Muyaya yijunditse Nangaa watangaje ko FDLR iri mu barinda Tshisekedi

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yijunditse Corneille Nangaa, nyuma yo gutangaza ko umutwe wa FDLR usigaye uri mu barindira umutekano abayobozi bakuru ba kiriya gihugu barimo na Perezida Félix Antoine Tshisekedi. Corneille Nangaa wahoze ari Perezida wa Komisiyo y’amatora muri Congo (CENI), mu ntangiriro z’uyu mwaka yatangaje ko aziyamamariza kuyobora RDC mu matora […]