Turi muri gereza tuzira Twahirwa: Umugororwa
Bicamumakuba Juvénal ufungiwe muri gereza mu Rwanda aravuga ko ari kuzira Twahirwa Séraphin ushinjwa kuyobora ibikorwa by’Interahamwe i Karambo mbere no mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu rubanza rwa Twahirwa na Basabose rwakomeje kuri uyu wa 24 Ukwakira 2023 mu rukiko rwa rubanda rwa Brussels, Bicamumakuba w’imyaka 40 y’amavuko yavugiye ku ikoranabuhanga […]
FARDC yitabaje Sukhoi-25 ngo ziyifashe M23
Amakuru aturuka muri Kivu y’Amajyaruguru aravuga ko Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyitabaje indege z’intambara za Sukhoi-25 mu kugaba ibitero kuri M23. Ni nyuma y’imirwano ikomeye ikomeje gusakiranya impande zombi mu bice bigize Teritwari za Rutshuru, Masisi na Nyiragongo. Imirwano ikomeye by’umwihariko yabereye i Kibumba ho muri Teritwari ya Nyiragongo. Ni imirwano […]
Ibyihebe byishe abasivili barenga 20 mu burasirazuba bwa DR Congo
Abasivili barenga 20 baguye mu gitero cyagabwe n’ibyihebe bya ADF bigendera ku mahame akarishye ya kiyisilamo mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Iki gitero cyagabwe mu ijoro ryo ku wa mbere mu nkengero z’agace ka Oicha, umujyi wa Beni, intara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ingabo ziharanira Demokarasi (ISF) zishamikiye kuri IS (ADF) zirashinjwa kwica […]
Gaza: Abandi bantu 700 biciwe mu bitero bya Israel mu masaha 24
Kuri uyu wa Kabiri, minisiteri y’ubuzima muri Gaza yatangaje ko Abanyapalestina barenga 700 baguye mu bitero by’indege bya Israel, umubare munini w’abantu bapfuye mu masaha 24 kuva Israel yatangira ibitero by’indege byo gusenya abarwanyi ba Hamas bagabye igitero ku butaka bwa Israel ku itariki ya 7 Ukwakira. Israel yavuze ko yahitanye abarwanyi benshi ba Hamas […]
Général Cirimwami yategetse ko abarasaniye ku marembo ya Goma bafungwa
Guverineri w’agateganyo w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru ku rwego rwa gisirikare akaba ari na we ushinzwe ibikorwa bya gisirikare byaho, Général Peter Cirimwami Nkuba, arateganya gufatira ibihano abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro barwaniye mu marembo ya Goma. Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2023, hafi ya Goma humvikanye amasasu y’imbunda ziremereye n’intoya, bisobanurwa ko ari abarwanyi b’imitwe igize […]
Donald Trump yigereranije na Nelson Mandela wa Afurika y’Epfo
Kuri uyu wa mbere, Donald Trump wahoze ari perezida wa Amerika, yigereranije na Nelson Mandela wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo wafunzwe kubera impamvu za Politiki akaba asanga bose bari mu mujyo umwe. Yiyitiriye Mandela nyuma yo kuvuga ko ubushinjacyaha bwa leta ya Amerika avuga ko bwamwibasiye bushaka guhagarika ubucuruzi bwe kubera impamvu za politiki, […]
Koffi Olomide yanenze TP Mazembe yanze kwambara ‘Visit Rwanda’
Antoine Christophe Agbepa Mumba uzwi mu muziki wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nka Koffi Olomide, yanenze ikipe ya TP Mazembe y’iwabo nyuma yo kwanga kwambara imyambaro yanditseho ‘Visit Rwanda’ mu mikino ya Africa Football League. Ku Cyumweru tariki ya 22 Ukwakira ni bwo TP Mazembe yakinnye na Espérance Sportive de Tunis yo muri Tunisie, […]
Beni: Amakamyo ya PAM yari atwaye imfashanyo zigenewe impunzi yatwitswe
Amakamyo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa (PAM) yikoreye imfashanyo y’ibyo kurya bigenewe abavanwe mu byabo n’imirwano, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri yatwitswe n’insoresore zariye karungu muri Oicha, Kivu y’Amajyaruguru. Izi nsoresore ngo zari zarakajwe n’uko polisi yazibujije kujyana ubwazo mu buruhukiro imirambo y’abantu bari baraye biciwe muri icyo gice n’inyeshyamba za ADF. […]
Kigali: Inyubako ya Ecobank yafashwe n’inkongi y’umuriro
Inyubako ikorerwamo n’icyicaro gikuru cya banki ya ‘Ecobank’ ishami ry’u Rwanda mu mujyi wa Kigali yibasiwe n’inkongi y’umuriro mu masaha ya mbere ya saa sita zo kuri uyu wa 24 Ukwakira 2023. Amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga yerekana iyi nyubako kuri etaje yo hejuru hapfupfunyuka imyotsi myinshi ndetse hanze y’inyubako hagaragara abantu benshi bashungereye. Ubwo […]
Imanza zisaga 25,000 zimaze imyaka itatu zitararangizwa mu Rwanda
Kuba hari imanza nyinshi zitarasozwa usanga abaturage bavuga ko zibashyira mu gihombo gikabije bitewe n’uko hari ibyabo batinda kubonaho uburenganzira. Muri rusange muri iyi myaka itatu ishize, hari imanza zisaga ibihumbi 52 zasabiwe kurangizwa ariko murizo izisaga 27,000 ni zo zarangijwe mu gihe izindi zisaga 25,000 zitararangizwa. Mu zarangijwe izigera ku 4,525 zarangijwe n’abahesha b’inkiko […]