Burundi: Abandi bacamanza bane bo muri Gitega batawe muri yombi

Abacamanza bane bo mu rukiko rukuru rwa Gitega (umurwa mukuru wa politiki w’u Burundi) batawe muri yombi kuwa Mbere nyuma bajyanwa muri gereza nkuru y’intara. Bose bakurikiranyweho ruswa. Aba ni Damien Manirakiza, perezida w’urukiko rukuru rwa Gitega, ndetse n’abandi bacamanza batatu bo mu rukiko rumwe, aribo; Tharcisse Ndikumasabo, Abel Sindayirwanira na Claude Nshimirimana. Icyemezo cyo […]

Brussels: Umugororwa yabwiye urukiko ko Interahamwe zasaga n’izasimbuye ubutegetsi

Mudahari Pierre Célestin ufungiwe mu igororero rya Rubavu yabwiye urukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi ko Interahamwe zasaga n’izasimbuye ubutegetsi bwite bwa Leta mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Uyu mugororwa wakatiwe igifungo cya burundu kubera uruhare yahamijwe muri jenoside yifashishijwe nk’umutangabuhamya kuri uyu wa 25 Ukwakira 2023, mu rubanza rwa Twahirwa […]

FARDC, M23 barashinjanya kwica umusirikare wa EAC no gukomeretsa benshi

Igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC, n’umutwe witwaje intwaro wa M23 barashinjanya kwica umusirikare wari mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba muri gurupoma ya Kibumba, teritwari ya Nyiragongo. Mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa 24 Ukwakira 2023 ni bwo humvikanye amakuru y’uko igisasu kiremereye cyaguye mu kigo cy’ingabo za Kenya ziri […]

Ambasaderi wa Israel muri Loni yahamagariye Antonio Guterres kwegura

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 24 Ukwakira, Ambasaderi wa Israel mu Muryango w’Abibumbye, Gilad Erdan, yahamagariye Umunyamabanga Mukuru w’umuryango, Antonio Guterres, kwegura. Gilad Erdan yashinje Guterres “kwerekana ko yumva” impamvu y’”iterabwoba n’ubwicanyi” ku bitero bya Hamas byo ku itariki ya 7 Ukwakira byibasiye Israel. Mu magambo yatangarije Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano kuri uyu wa […]

Minisitiri Lutundula yatakagije Wazalendo

Kuri uyu wa Mbere ushize, itariki ya 23 Ukwakira, Minisitiri w’intebe wungirije, akaba na minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Congo; Christophe Lutundula, yabajijwe ikibazo kuri “Wazalendo”, itsinda ry’inyeshyamba zishyize hamwe mu kurwanya M23; avuga ko batabuza abanyagihugu kurengera igihugu cyabo. Imbere y’inzobere mu itangazamakuru, umuyobozi wa diplomasi ya Kongo yibukije ko kurengera ubusugire bw’igihugu iyo bubangamiwe […]

Abanyarwanda 50,8% ntibashobora kwigondera inzu ziciriritse: MININFRA

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yatangaje ko umubare w’Abanyarwanda bafite ubushobozi bwo kwigondera inzu ziciriritse ukiri muto cyane, ku buryo abarenga 50% nta bushobozi babifitiye. Byatangajwe na Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, ubwo ku wa Kabiri yari yitabye abadepite bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda mu rwego rwo gutanga ibisobanuro ku bibazo byagaragaye muri gahunda yo kubaka […]

Nyabihu: Ihenda ry’imbuto z’ibirayi ryatumye bamwe mu babihingaga babihagarika

Mu gihe ubu imbuto z’ibirayi zahoze zigura hagati y’amafaranga 300 na 400 ubu zigeze ku mafaranga 1200, abahoze babihinga bo mu Murenge wa Rurembo mu Karere ka Nyabihu, aba bahinzi bavuga ko byatumye babireka kubera kudapfa kwigondera imbuto. Kuba imbuto y’ibirayi yarahenze, hari ababihinganga bahisemo kubireka ndetse n’abashakaga kubihinga bakererwa ihinga, mugihe muri aya mezi […]

Hari imiryango mpuzamahanga ishaka gufasha Manirakiza mu rubanza

Umunyamakuru Manirakiza Theogene wa Ukwezi Media Group yabwiye urukiko ko hari imiryango mpuzamahanga ishaka kumwoherereza abanyamategeko kugira ngo bamwunganire mu rubanza rwe. Tariki ya 11 Ukwakira 2023 ni bwo Ubugenzacyaha bwatangaje ko bwataye muri yombi uyu munyamakuru, nyuma yo kumufatira mu cyuho yakira ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 500 kugira ngo adatangaza inkuru. Mu rukiko […]

M23 yerekanye intwaro zirimo izigezweho na za drones yambuye FARDC

M23 ku wa Kabiri tariki ya 24 Ukwakira yerekanye intwaro zirimo n’izigezweho iheruka kwambura Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni intwaro uyu mutwe wafatiye mu mirwano ikomeje kuwusakiranya n’ihuriro ry’ingabo za Guverinoma ya RDC kuva ku itariki ya 1 Ukwakira 2023. Mu ntwaro uyu mutwe werekanye harimo izigezweho zisanzwe zikoreshwa n’umutwe w’abasirikare barinda […]