APR FC na Rayon Sports zatsikiye

Ikipe ya APR FC na Rayon Sports zabuze amanota y’umunsi wa 11 wa shampiyona, nyuma yo gutsikira imbere ya AS Kigali na Etincelles FC. APR FC yari yakiriye AS Kigali kuri Kigali Pele Stadium, mu mukino w’umunsi wa 11 wa shampiyona. Umunota wa gatandatu w’umukino wari uhagije ngo umunya-Nigeria Victor Mbaoma afungurire amazamu iyi kipe […]

Umugabo ufite ubwanwa budasanzwe yatitije imbuga nkoranyambaga

Abakurikira urubuga twa Tiktok batangajwe n’umugabo ufite ubwanwa budasanzwe aho yakiriye ubutumwa butagira ingano bushimagiza gahunda yafashe yo kubutereka. uyu mugabo yavuze ko ubwanwa yateretse ari ubwa nyabwo kandi ko atari ubuhimbano, nk’uko umwe mu bamukurikira yabivuze. Yasubizaga abamubajije ibibibazo byinshi agaragaza ko ko ari ubwe yateretse. Uyu mugabo utatangaje amamuko ye , muri videwo […]

Perezida Nyusi yateguje FADM kuzirwanaho RDF nigenda

Perezida Filipe Nyusi wa Mozambique yateguje Ingabo z’Igihugu ko zigomba gutekereza uko zigomba kwirwanaho, ubwo Ingabo z’u Rwanda (RDF) zizaba zashoje ubutumwa zimazemo igihe muri Cabo Delgado. Perezida Nyusi yazihaye ubu butumwa muri iki cyumweru, ubwo yitabiraga inama mpuzamahanga y’igisirikare cya Mozambique iheruka kubera mu mujyi wa Maputo. Kuva muri Nyakanga 2021 u Rwanda rwohereje […]

Derek Chauvin wishe George Floyd yaterewe icyuma muri gereza

Derek Chauvin wahoze ari umupolisi muri Minneapolis mbere yo guhamywa icyaha cyo kwica umwirabura George Floyd, yaterewe icyuma muri gereza ya Arizona afungiwemo. Ibiro Ntaramakuru The Associated Press byatangaje ko Chauvin w’imyaka 47 y’amavuko yakomerekejwe cyane n’indi mfungwa bari bafunganwe. Amakuru y’uko uyu mugabo yatewe icyuma yanemejwe n’ikinyamakuru The New York Times. Chauvin yahawe ibifungo […]

M23 na FARDC mu mirwano i Kilorirwe

M23 n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramukiye mu yindi mirwano kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Ugushyingo 2023. Imirwano hagati y’impande zombi yaramukiye i Kilorirwe ho muri Teritwari ya Masisi. Umuvugizi w’Ishami rya Politiki rya M23, Lawrence Kanyuka, yanditse kuri Twitter ye ko Ingabo za Congo zaramutse zirasa amabombe ku birindiro by’uriya […]

Umupolisi yishwe n’uwo bicyekwa ko yari umugore we aratoroka

Umurambo w’umupolisi witwa Eliya Lekishon wabarizwaga mu kigo cya cya Kilelengwani muri Kenya, wasanzwe mu kidendezi cy’amaraso mu nzu maze umugore ucyekwaho kumwica aburirwa irengero. Amakuru avuga ko uyu mupolisi yabanje kurwana kutumvikana n’umugore bitavugwaho rumwe niba ari yari uwe , maze nyuma aza kumwica ariruka nk’uko bitangazwa n’abaturanyi babo. Ku rundi ruhande ngo biracyekwa […]

Bidasubirwaho ingabo za EAC ziri muri RDC ntizizongezwa indi manda

Ingabo z’Ibihugu byibumbiye mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba ntizizongerwa indi manda yo kubungabunga amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ibi byagarutsweho mu nama y’abakuru b’ibigu bigize uyu muryango yateraniye I Arusha muri Tanzanzania kuri uyu wa Gatanu taliki 24 Ugushyingo 2023. Mu ba bakuru b’ibihugu bitabiriye iyo nama harimo perezida Samia Suluhu wa Tanzania, […]

Bwa mbere Gen. Tiani yagiriye uruzinduko mu mahanga kuva akoze Coup d’à‰tat

Perezida w’inzibacyuho wa Niger, Général Abdourahamane Tiani, ku wa Kane yahuye na mugenzi we Capitaine Ibrahim Traoré wa Burkina Faso ubwo yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri icyo gihugu. Ni rwo ruzinduko rw’akazi rwa mbere Gen. Tiani yari agiriye mu mahanga kuva ahiritse ubutegetsi bw’uwari Perezida, Mohamed Bazoum. Uruzinduko rwa Bazoum muri Burkina Faso rwari mu […]

Munyemana yemeje ko ubucuti bwe na Kambanda bwatumaga abicanyi bamwubaha

Urubanza rw’Umunyarwanda Dr Munyemana Sosthène uburana ibyaha bya jenoside rwakomeje mu rukiko rwa rubanda rwa Paris kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2023, humvwa ubuhamya. Umutangabuhamya wabanje muri iri buranisha, yabutangiye muri ambasade y’u Bufaransa mu Rwanda, akaba ari umwe mu batanzwe n’umuryango uharanira inyungu z’abarokotse jenoside witwa SURVIE, kandi ni umwe mu biciwe ababo mu […]