NEC yemeje abakandida ntakuka mu matora ya Perezida
Komisiyo y’Igihugu y’amatora (NEC) kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Kamena 2024, yemeje abakandida ntakuka batatu bemerewe kwiyamamaza mu matora ya Perezida wa Repubulika ateganyijwe mu kwezi gutaha kwa Nyakanga. Abo NEC yemeje ni Paul Kagame w’umuryango FPR-Inkotanyi, Dr Frank Habineza w’Ishyaka Riharanira Demukarasi no kurengera Ibidukikije mu Rwanda na Mpayimana Philippe wiyamamaza nk’umukandida […]
Niger yafunze imiyoboro ya peteroli ijya muri Benin
Kuva ku ya 6 Kamena, ubutegetsi bwa gisirikare muri Niamey bwafunze umuyoboro utwara peteroli uva mu majyaruguru ya Niger ukagera ku cyambu cya Sèmè-Kpodji cyo muri Bénin, nk’uko televiziyo y’igihugu ya Niger yabitangaje kuwa 3 Kamena. Minisitiri w’ibikomoka kuri peteroli muri Niger Mahaman Moustapha Barké, yazengurutse akarere ka Agadem ,kugira ngo agenzure ko imiyoboro ya […]
APR FC yatakaje undi myugariro
Myugariro Buregeya Prince wakinaga mu ikipe ya APR FC yatangaje ko yatandukanye nayo nyuma y’imyaka 7 yari ayimazemo ashimira ubuyobozi bwayo n’abafana bayo. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Kamena 2024 nibwo uyu musore yabitangaje abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze. Yanditse ati: “Nshimiye ubuyobozi bwa APR FC,bwemeye ubusabe bwanjye mu bwumvikane bwo gutandukana. Nshobora […]
Malawi: Ishyaka rya visi perezida ryasabye iperereza ku mpanuka y’indege yamuhitanye
Ishyaka rya Saulos Chilima wari visi prezida wa Malawi risaba ko hakorwa iperereza ku mpanuka y’indege yamuhitanye ari kumwe n’abandi bantu umunani bari kumwe, yabaye kuwa mbere mu mashyamba y’inzitane ya Chikangawa . Iryo shyaka rye rya United Transformation Movement (UTM), ryifatanije n’irya Prezida Lazarus Chakwera rya Malawi Congress Party (MCP) mu matora yo mu […]
Perezida Kagame yakiriye indahiro za ba Minisitiri bashya, anasesa umutwe w’abadepite
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Kamena 2024 yakiriye indahiro z’abaminisitiri bashya baheruka kwinjira muri Guverinoma ndetse n’abandi bayobozi baheruka guhabwa imyanya itandukanye mu nzego nkuru z’igihugu, anasesa umutwe w’abadepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda nyuma yo gusoza manda yawo. Indahiro Umukuru w’Igihugu yakiriye zirimo iya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse […]
G7 yemeje inguzanyo ya miliyari 50 z’amadolari agenewe Ukraine
Ihuriro ry’ibihugu 7 bikize cyane ku Isi (G7) ryemeye gukoresha umutungo w’u Burusiya wafatiriwe kugira ngo hakusanywe miliyari 50 z’amadolari ya Amerika yo gufasha Ukraine mu kurwanya ingabo z’u Burusiya zayiteye . Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yavuze ko ari ikindi kintu cyibutsa u Burusiya “ko tutazatezuka”, ariko Moscou yavuze ko […]
U Rwanda rwakiriye abandi bimukira basaga 100 bari bafungiwe muri Libya
Kuri uyu wa Kane, itariki ya 13 Kamena, urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka mu Rwanda, rwakiriye impunzi 113 zaturutse muri Libya . Aba bakiriwe barimo abakomoka muri Sudani y’Epfo, Eritrea, Sudani, Côte d’Ivoire, Ethiopia, na Somaliya, ni itsinda rya 18 ry’abimukira birukanywe mu gihugu cya Afurika y’Amajyaruguru hakoreshejwe uburyo bwihutirwa bwumvikanweho na Guverinoma y’u Rwanda na […]
Musanze: Abapolisi 34 basoje amasomo mu ishuri rya polisi barahabwa impamyabumenyi

Byose byateguwe mu muhango wo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri b’abapolisi 34 barangije intake ya 12 y’amasomo y’abayobozi bakuru n’abakozi, (Senior Command and Staff Course) mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’Igihugu i Musanze kuri uyu wa Gatanu, itariki 14 Kamena. Aba bapolisi basoje amasomo barimo ab’u Rwanda, n’abaturutse muri Botswana, Kenya, Ubwami bwa Lesotho, Malawi, Namibia, […]
Burundi: Gélase Ndabirabe yakanze abadepite ashinja bamwe guhisha amadevize mu ngo
Kuwa Kane, Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi yasesenguye kandi yemeza umushinga w’itegeko rishyiraho ingengo y’imari rusange y’umwaka w’ingengo y’imari wa 2024-2025. Bamwe mu badepite bamaganye kuva ku wa Gatatu ubwo perezida w’urukiko rw’ibaruramari yajyaga gusobanura isesengura ry’ibiro bye, ku bibazo ubu bihangayikishije igihugu gito cya Afurika y’iburasirazuba, cyane cyane ibura rya lisansi, aho umwe muri […]
RDC: Kivu ya Ruguru isumbirijwe na ADF imibare y’abicwa iri gutumbagira
Inyeshyamba za ADF, zikomeje gukora ubugome ndengakamere muri Kivu ya Ruguru, aho muri uku kwezi habarwa abagera kuri 150 izi nyeshyamba zimaze kwica. Muri iyi minsi ADF yibasiye teritwari ya Lubero ya Kivu ya Ruguru, mu gihe yari imaze iminsi izengereje abaturiye hafi n’imipaka ya Uganda. Paluku Sébastien ukuriye sosiyete sivile ya Kambau mu gace […]