Burundi: Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko arashinja bamwe mu badepite kugurisha Peterori mu Rwanda
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Gélase Daniel Ndabirabe, arashinja bamwe mu badepite n’inshuti zabo z’abacuruzi kugurisha Peterori mu Rwanda bayikuye mu Burundi. Ndabirabe avuga ko kuba aba bacuruzi bajyana Peterori mu Rwanda aribyo byatumye u Burundi buyibura. SOSmediaBurundi, ivuga ko yongeyeho ko ibyakozwe n’aba badepite n’abacuruzi bari bagamije ko ngo Abarundi bayibura bagatangira kwigaragambya. Uyu Gélase […]
Maroc yatangiye gukoresha ubwenge bw’ubuhimbano (AI) mu nkiko
Ku wa Kabiri, Maroc yavuze ko yatangiye gukoresha ubwenge bw’ubuhimbano buzwi mu Cyongereza nka Artificial Intelligence (AI) mu nkiko zo muri iki gihugu cyo muri Afurika y’Amajyaruguru. Minisitiri w’ubutabera Abdellatif Ouahbi yagize ati: “AI yazanye impinduka zikomeye ku Isi hose.” Yongeyeho ati: “Twaguze porogaramu ya AI tuyishyikiriza Perezida w’Inama Nkuru y’Ubucamanza kugira ngo isaranganywe mu […]
Rusizi: Ambasaderi w’Ububiligi mu Rwanda yashimye umushinga w’ibagiro ry’ingurube rigezweho riri kubakwa

Ambasaderi w’Ububiligi mu Rwanda, Bert Versmessen yashimye umushinga w’ibagiro rigezweho ritunganya ibikomoka ku ngurube, riri kubakwa i Rusizi. Ibi yabigarutseho mu ruzinduko rw’akazi yagiriye muri aka karere, kuri uyu wa kane tariki 13 Kamena 2024. Umunyemari Mugambira Jean Bosco, usanzwe ari umucuruzi akaba n’Umuyobozi mukuru wa Kampani (Kime Ltd) urimo kubaka ibagiro ry’ingurube rigezweho muri […]
Haratutumba umwuka w’intambara hagati ya Israel na Hezbollah
Nyuma y’iminsi ibiri Isirayeli igabye ibitero by’indege kuri Hezbollah ikica benshi mu barwanyi bayo, kuri uyu wa 13 Kamena, Hezbollah yabyutse irasa ibisasu byinshi ku butaka kwa Isirayeli. Benshi bahangayikishijwe nuko ibi byafata intera ikomeye ishobora kuvamo imirwano yeruye. Ku munsi wa kabiri wikurikiranya, Hezbollah yohereje ibisasu bikaze kugira ngo byunganire Hamas muri Gaza mu […]
Haratangazwa urutonde ntakuka rw’abemerewe kuzahatana mu matora ya perezida n’abadepite
Kuri uyu wa Gatanu biteganyijwe ko ari bwo Komisiyo y’igihugu y’amatora iratangaza urutonde ntakuka rw’abazahatana mu matora y’umukuru w’igihugu n’ay’abadepite. Hatangize igihinduka ku rutonde rw’agateganyo rukagaruka ari rwo rutonde ndakuka, abakandida bakongera kugaragara mu kibuga cya politiki nibo n’ubusanzwe bahatanaga mu matora aheruka ya 2017. Ni amatora Perezida Kagame yegukanye ku bwiganze buri hejuru 98 […]
Abantu miliyoni 117 bavanwe mu byabo ku Isi mu 2023 – HCR
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi, HCR, riravuga abantu bakuwe mu byabo biyongereye ku rugero rutarabaho mu mwaka ushize, ahanini byatewe n’amakimbirane, gutotezwa, guhonyora uburenganzira bwa muntu, ihungabana ry’ikirere n’ibindi bintu bibangamira umuntu. Muri raporo yayo, HCR ivuga ko abantu miliyoni 117 bavanwe mu byabo ku Isi mu mpera za 2023. Mu gihe abandi miliyoni […]
Amatora: Wari uziko Perezida wa Repubulika akomeza kuyobora kugeza uwatowe arahiye?
Mu Rwanda igihugu ntigishobora kubaho kidafite ukiyobora ku mpamvu z’uko hari amatora. Ntabwo umwanya wa Perezida ushobora kugira icyuho kubera ko Perezida ari kwiyamamaza cyangwa atari kwiyamamaza ngo hategerezwe undi. Perezida wa Repubulika uri ku butegetsi akomeza imirimo ye kugeza igihe Perezida wa Repubulika watowe atangiriye imirimo mishya, yaba ari uwari usanzweho agakomeza, yaba ari […]
CAF yemereye Sitade Amahoro kuba mpuzamahanga
Nyuma y’uko hari kwitegura itahwa ryayo, Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF, yamenyesheje Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda, FERWAFA, ko Stade Amahoro yujuje ibisabwa byose ngo yakire Amarushanwa Mpuzamahanga. Kuri uyu wa 13 Kamena 2024 nibwo Ubunyamabanga bwa CAF bwandikiye FERWAFA ibaruwa ihesha iyi sitade kuba mpuzamahanga. CAF ivuga ko nk’uko yabimenyesheje mu matangazo yabanje, […]
MONUSCO iri gutoza FARDC uburyo bwo kohereza ingabo ahantu bigoye kugera
Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zo muri Guatemala na Bangladesh muri MONUSCO zatangiye imyitozo kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Kamena i Bunia (Ituri) ku basirikare 400 b’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC). Aya mahugurwa y’ibyumweru bitatu akubiyemo tekinike yo kurwanahifashishijwe kajugujugu. Igamije gushimangira ubushobozi bw’imikorere y’ingabo za Congo mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro […]
Nyamasheke: Hafashwe bane batwikiraga amakara muri Pariki ya Nyungwe
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Nyamasheke yafashe abagabo bane bari bamaze igihe batema ibiti muri pariki ya Nyungwe, bimwe bakabitwikamo amakara ibindi bakabibazamo imbaho zo kugurisha. Bafatiwe mu mudugudu wa Kagarama, akagari ka Gasovu mu murenge wa Karambi mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki ya 12 Kamena, bafatanwa […]