Huye: Kagame yihanganishije imiryango y’abaguye mu mpanuka yajyaga aho yiyamamariza
Umukandida w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame, yihanganishije inshuti n’imiryango y’abantu bapfiriye mu modoka y’imodoka bari barimo bajya mu gikorwa cyo kumwamamaza mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane. Abantu bane bapfuye abandi batatu barakomereka nyuma y’impanuka y’imodoka ya Bus yo mu bwoko bwa Yutong ya Sositeye itwara abagenzi ya Horizon yabereye, kuri uyu wa Kane, […]
Umukinnyi wa APR wakubise umutoza we yahawe inyoroshyo

Umukinnyi w’ikipe y’igihugu na APR VC, Gisubizo Merci wari wahagaritswe mu bikorwa bya volleyball byose umwaka wose nyuma y’imyitwarire mibi yagize mu irushanwa rya Zove V riherutse ku bera mu Rwanda, yagabanyirijwe ibihano. Ku wa 24 Ugushyingo 2024 nibwo uyu mukinnyi yandikiwe ibaruwa na federasiyo y’umukino wa volleyball mu Rwanda amenyeshwa ko yamaze gufatirwa ibihano […]
Kanyabayonga: M23 iravuga ko ibirindiro byayo bitandukanye byaterewe icyarimwe
Imirwano ikaze cyane hagati y’inyeshyamba za M23 n’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, gifatanyijwe n’imitwe yitwaje intwaro itandukanye bafatanya, yongeye kubura i Kanyabayonga mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, itariki 27 Kamena 2024, aho M23 ivuga ko ibirindiro byayo byatewe. Ni imirwano bivugwa ko iri kubera hagati ya Teritwari za Lubero na […]
Goma: Suminwa yashimangiye umugambi wa Tshisekedi wo gutera u Rwanda
Minisitiri w’intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Tuluka Suminwa, yatangaje ko abateye igihugu cye bazabakurikirana kugera iwabo; ibyashimangiye umugambi wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wo gutera u Rwanda. Suminwa yabitangaje ku wa Gatatu tariki ya 26 Kamena, ubwo yari i Goma mu ruzinduko rwe rwa mbere yagiriraga mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Iyi ntara […]
Minisiteri ya Siporo ntikozwa ibyo guhindura izina ‘Amavubi’

Nyuma y’uko bamwe mu bakunzi b’umupira babisabye ndetse n’umukandida ku mwanya wa Perezida, Mpayimana Philipe abishyize mu byo yakora mu gihe yaba atowe, Minisiteri ya Siporo yo ntikozwa ibyo guhindura izina ry’ikipe y’Igihugu. Minisiteri ya siporo ivuga ko kugeza ubu nta gahunda ihari yo guhindura izina ry’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, rikaba ’Intare’, nyuma y’uko bamwe mu […]
Korea ya Ruguru yagerageje uburyo bwo gusenya ibipimo bitandukanye irashe igisasu kimwe
Kuri uyu wa Kane, Ibiro Ntaramakuru bya Leta, KCNA, byatangaje ko Koreya ya Ruguru yakoze igerageza rya misile mu rwego rwo gushaka guteza imbere ubushobozi bwayo bwo gusenya ibipimo bitandukanye irashe igisasu kimwe. Koreya ya Ruguru itangaje ibi nyuma y’umunsi umwe Ingabo za Koreya y’Epfo zitangaje ko icyasaga nka hypersonic missile irashwe n’Amajyaruguru igaturikira mu […]
Abigaragambya bahaye Ruto amasaha 48 yo kuba yamaze kwegura
Abanya-Kenya bari mu myigaragambyo basabye Perezida William Ruto kwegura, nyuma y’amasaha make yemeye gucubya imvururu zimaze icyumweru mu gihugu. Abigaragambya kuri ubu baravuga ko batagifata Ruto nka Perezida wabo. Itangazo ryasohowe n’ababahagarariye rivuga ko “Twebwe abaturage ba Repubulika ya Kenya, dutangaje ko tutagifata William Ruto nka Perezida wa Kenya. Turamuhamagarira guhita yegura hanyuma ibiro bye […]
Kenya: Umuyobozi w’urwego rw’igihugu rushinzwe iperereza yasabwe kwegura
Visi Perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua, yanenze ku mugaragaro ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza n’umuyobozi wacyo avuga ko yananiwe kumenyesha Perezida ku gihe ibijyanye n’imyigaragambyo ikaze yategurwaga yaje kugwamo abantu ku wa Kabiri. Gachagua yavuze ko umuyobozi wa NIS, Noordin Haji yananiwe kumenyesha Perezida ubukana bw’iyi myigaragambyo ku gihe ngo hakumirwe ubwicanyi butigeze bubaho ndetse no […]
Rutsiro: Baracyamara amasaha ane mu nzira bajya kwivuza kandi baregerejwe ivuriro
Ivuriro rito (Poste de Sante) rya Remera rimaze umwaka ridakora, none bituma bamwe mu batuye mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, bakora urugendo rurerure bajya kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Kinunu, mu gihe bari bishimye cyane ubwo ryubakwaga. Mukantabana Rachel utuye mu Mudugudu wa Kaganza, Akagari ka Remera mu Murenge wa Boneza, umunyamakuru […]
Bolivia: Polisi yataye muri yombi Jenerali wagerageje gukora Coup d’état
Polisi yo muri Bolivia yataye muri yombi Jenerali wagerageje gihirika ubutegetsi bw’iki gihugu, nyuma y’amasaha make Perezidansi yacyo yazengurutswe n’abasirikare. Gen. Juan José Zúñiga watawe muri yombi yari yabanje gutangaza ko ashaka “kugarura demukarasi mu gihugu”, ndetse ko n’ubwo asanzwe yubaha Perezida Luis Arce, Guverinoma ye igomba kuvaho. Ni Perezida Arce waherukaga kumwirukana mu nshingano […]