Abimuwe mu mitungo yabo baberewemo arenga miliyari 15.8 Frw y’ingurane – Umuvunyi

Umuvunyi Mukuru Madeleine Nirere yavuze ko nubwo hari intambwe imaze guterwa mu kwishyura indishyi ku bantu bimuwe mu mitungo yabo, ibibazo bigihari. Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 22 Ukwakira, Nirere yavuze ko abantu bimuwe mu mitungo yabo baberewemo amafaranga arenga miliyari 15.8 y’amafaranga y’ingurane, ubwo yamurikaga raporo y’ibiro bye mu mwaka w’ingengo y’imari 2023/2024 […]

Zabyaye amahari hagati ya M23 n’ Angola nk’umuhuza

Hari ukutavuga rumwe hagati y’inyeshyamba za M23 zirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umuhuza ari we gihugu cya Angola washyizweho n’ umuryango w’Ubumwe bw’ Afurika. Kuba M23 yarafashe agace ka Kalembe (kabarizwa muri teritwsri ya Masisi ariko hafi ya Walikale) ni byo byarakaje umuhuza ari we Angola. Uyu yavuze ko izi nyeshyamba zitagombaga […]

DRC: Félix Tshisekedi ategerejwe i Kisangani

Perezida wa DRC kuri uyu wa Gatatu,tariki ya 23 Ukwakira 2024,ategerejwe mu mujyi wa Kisangani. Kuri gahunda, bamwe mu ba minisitiri ba Guverinoma hamwe n’abadepite bagera ku icumi n’abasenateri, banyamuryango b’Ihuriro Rihuriwe ry’Igihugu, bamaze kuva ku wa Mbere bagera i Kisangani. Uru ruzinduko ni urwa mbere mu murwa mukuru wa Tshopo kuva Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo […]

Trump yatanze ikirego gishinja Ishyaka ry’abakozi mu Bwongereza kwivanga mu matora

Itsinda ryamamaza Donald Trump ryatanze ikirego muri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (FEC) kirega Ishyaka ry’Abakozi mu Bwongereza, kwivanga mu matora yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu rwego rwo gufasha kwiyamamaza kwa Harris na Walz. Iki kirego kivuga ibitangazamakuru byerekeranye n’imikoranire hagati y’Ishyaka ry’Abakozi mu Bwongereza n’abashinzwe kwamamaza Harris ndetse n’igikorwa kigaragara cy’ubwitange, ikirego kivuga […]

Perezida Paul Kagame ari i Apia

Perezida Paul Kagame yaraye ageze i Apia mu murwa mukuru wa Samoa, aho yitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu n’aba za Guverinoma z’ibihugu bihuriye mu muryango w’ibikoresha ururimi rw’Icyongereza, Commonwealth. Umukuru w’Igihugu akigera muri Samoa yakiriwe na Minisitiri w’Intebe w’Iki gihugu akanaba Minisitiri ushinzwe gasutamo n’amahooro, Tuala Tevaga Iosefo Ponifasio. Samoa yakiriye inama ya 27 Commonwealth, ni […]

Afurika yakanguriwe kongera amafaranga yinjiza ava mu misoro

Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari ku Isi, IMF, kirakangurira ibihugu byo muri Afurika yo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara kongera amafaranga byinjiza avuye mu misoro kugira ngo bibashe guteza imbere ubukungu bwabyo. Iyi ni imwe mu nama Umuyobozi wa IMF, ishami rya Afurika atanga ku bihugu byo muri aka karere, mu gihe bikomeje kugorwa no kubona inguzanyo zo […]

Burundi: Ubuzima muri Kaminuza ya Lac Tanganyika bwahagaze

Ubuzima muri Kaminuza ya Lac Tanganyika iherereye mu majyaruguru y’Umujyi wa Bujumbura bwamaze guhagarara, kubera ibura ry’amazi. Amakuru aturuka muri iki gihugu aremeza ko abanyeshuri barenga 4,000 b’iriya Kaminuza bamaze guhagarika amasomo, kugeza igihe amazi azongera kubonekera. Umuyobozi wa Kaminuza ya Lac Tanganyika, Pr Évariste Ngayimpenda, yasobanuye ko “iminsi ine irashije nta gitonyanga cy’amazi tubona […]